• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Amashyaka 8 yiyunze na FPR/Inkotanyi harimo PSD, PL n’andi mu rwego rw’ubufatanye aho amashyaka 9 ari mu murongo umwe wo gushyigikira umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame watanzwe na FPR/Inkotanyi.

Aho hari mu Murenge wa Bushoki Akarere ka Rulindo aho imbaga y’abaturage basaga nk’ibihumbi Magana abiri baje baturutse mu mirenge 17 igize ako karere ka Rulindo, mu rwego rwo gushyigikira no kwamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Hon Vincent Biruta Umuyobozi w’ishyaka rya PSD (Partie Socialiste Democratique) rimaze imyaka 25 rikorera Abanyarwanda, yavuze ko ishyaka rya RPF/Inkotanyi riyobowe na Paul Kagame nabo bamushyigikiye aho yagize ati ‘‘Paul Kagame umukandida wacu, kuvuga ko tugiye kumwamaza kwaba ari ugukabya, kuko mu gihe Abanyarwanda babisabye muri Referendum ari cyo gihe kwamamaza byarangiye’’.

Yakomeje nanone avuga ko PSD ribikoze mu gihe gikwiye, mu gihe Abanyarwanda basabye ko Itegeko Nshinga rigomba guhinduka bemeza Paul Kagame ko yakomeza kuyobora yagize ati ‘‘Ibikorwa birivugira harimo amajyambere, imiyoborere myiza na PSD ni byo nayo ishyigikiye ivuga’’.

Hon Vincent Biruta yagize ati ‘‘Ni imyaka 25 dufitanye ubushuti na FPR/Inkotanyi, tuvuga rumwe, nta akabuza ni Abanyarwanda ni RPF/Inkotanyi n’andi mashyaka bafatanyije, ubumwe n’ubwiyunge bazi ibyo bavuga, aka karere ka Rulindo karahumeka ubumwe n’ubwiyunge’’.

-7325.jpg

-7323.jpg

-7324.jpg

Bimwe mu bikorwa uwo muyobozi yashimiye umuryango FPR/Inkotanyi wagezeho harimo muri ako karere ka Rulindo haboneka amabuye y’agaciro nka casitelite, inganda z’icyayi, inganda zitunganya kawa, igihingwa cya stevilla, kaminuza ishami rya Rulindo, umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare aho abagenzi batazongera kujya babanza kunyura i Kigali bajya Gicumbi cyangwa Nyagatare.

Aho kandi amashanyarazi ageze kuri 26%, imihanda yaratunganyijwe ndetse n’ubuhinzi bworozi bukaba bwarateye imbere yagize ati ‘‘italiki murayizi n’umukandida muramuzi, turashaka ko imirenge yose yazamutora 100%’’.

Abaturage ni bo bafashe iya mbere batanga ubusabe mu Inteko Ishinga Amategeko basaba ko ingingo ya 101 ryahindurwa ryabuzaga umukandida kwiyamamaza ku incuro ya 3 biza kwemezwa ko ryahinduka bityo inzitizi zikurwaho.

Murebwayire Christine ushinzwe kwamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru yagize ati ‘‘Mwadutoje gukora,duhinga icyayi, inanasi, ibyo byose tubikesha Paul Kagame wabidutoje, dufite girinka tukorora neza’’.

Umukandida Paul Kagame watanzwe n’umuryango FPR/Inkotanyi yagize ati ‘‘He for She yasimbuwe na We for She bisobanura ngo ‘‘turi hamwe twese, dutez’imbere umudamu, n’abagore bumve ko n’umugabo agomba kwitabwaho’’.

Paul Kagame yagize ati ‘‘kuva kera ayo mashyaka 8 dufatanya kubaka igihugu, ni byo bigejeje umutekano n’ibindi dushima’’.

Yagize ati ‘‘Abanyarulindo mukomeze kwiteza imbere haba mu buhinzi n’ubworozi, ibikorwa remezo, tubyubakire hamwe tubirindire hamwe,twatojwe kubaka ntabwo ari ugusenya ahubwo turwanye abasenya’’.

Umukandida wa RPF/Inkotanyi Paul Kagame yagize ati ‘‘Banya Rulindo taliki 04/08/2017 ni igikorwa cyibutsa amateka yo kubaka’’.

Yagize ati ‘‘rubyiruko ni mwebwe dutezeho amaso kugira ngo muzakomeze inzira tumazemo iminsi ni inzira idashaka usigara inyuma aho buri wese asabwa umusanzu we, kumva tugakora byubaka igihugu cyacu ni byo duteze ku abanyarulindo, dufite ubushake bwo gukora twese 100% tugomba kubigeraho, 100% yo gutora bivamo 100% yo gukora’’.

Kubera ubwitabire bwari buri ku kigero cyo hejuru hafi nk’ibihumbi Magana abiri Nyakubahwa Paul Kagame yagize ati ‘‘Banyarulindo muranshimishije cyane, igisigaye dufatanye dukorere hamwe n’imbaraga, ntacyo twifuza tutazageraho, nanjye niteguye gufatanya namwe, icyizere hagati yacu namwe ni 100%’’.

Basanda Ns Oswald

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021
Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Ubwanditsi 11 May 2018
Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Ubwanditsi 11 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga
Amakuru

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022
Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”
Amakuru

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Ubwanditsi 08 Mar 2022
Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yegukanye BAL yakinwaga bwa mbere, Patriots BBC yo mu Rwanda yasoje ku mwanya wa kane.
Amakuru

Ikipe ya Zamalek yo mu Misiri yegukanye BAL yakinwaga bwa mbere, Patriots BBC yo mu Rwanda yasoje ku mwanya wa kane.

Ubwanditsi 31 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru