• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Amashyaka 8 yiyunze na FPR/Inkotanyi harimo PSD, PL n’andi mu rwego rw’ubufatanye aho amashyaka 9 ari mu murongo umwe wo gushyigikira umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame watanzwe na FPR/Inkotanyi.

Aho hari mu Murenge wa Bushoki Akarere ka Rulindo aho imbaga y’abaturage basaga nk’ibihumbi Magana abiri baje baturutse mu mirenge 17 igize ako karere ka Rulindo, mu rwego rwo gushyigikira no kwamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Hon Vincent Biruta Umuyobozi w’ishyaka rya PSD (Partie Socialiste Democratique) rimaze imyaka 25 rikorera Abanyarwanda, yavuze ko ishyaka rya RPF/Inkotanyi riyobowe na Paul Kagame nabo bamushyigikiye aho yagize ati ‘‘Paul Kagame umukandida wacu, kuvuga ko tugiye kumwamaza kwaba ari ugukabya, kuko mu gihe Abanyarwanda babisabye muri Referendum ari cyo gihe kwamamaza byarangiye’’.

Yakomeje nanone avuga ko PSD ribikoze mu gihe gikwiye, mu gihe Abanyarwanda basabye ko Itegeko Nshinga rigomba guhinduka bemeza Paul Kagame ko yakomeza kuyobora yagize ati ‘‘Ibikorwa birivugira harimo amajyambere, imiyoborere myiza na PSD ni byo nayo ishyigikiye ivuga’’.

Hon Vincent Biruta yagize ati ‘‘Ni imyaka 25 dufitanye ubushuti na FPR/Inkotanyi, tuvuga rumwe, nta akabuza ni Abanyarwanda ni RPF/Inkotanyi n’andi mashyaka bafatanyije, ubumwe n’ubwiyunge bazi ibyo bavuga, aka karere ka Rulindo karahumeka ubumwe n’ubwiyunge’’.

-7325.jpg

-7323.jpg

-7324.jpg

Bimwe mu bikorwa uwo muyobozi yashimiye umuryango FPR/Inkotanyi wagezeho harimo muri ako karere ka Rulindo haboneka amabuye y’agaciro nka casitelite, inganda z’icyayi, inganda zitunganya kawa, igihingwa cya stevilla, kaminuza ishami rya Rulindo, umuhanda Base-Rukomo-Nyagatare aho abagenzi batazongera kujya babanza kunyura i Kigali bajya Gicumbi cyangwa Nyagatare.

Aho kandi amashanyarazi ageze kuri 26%, imihanda yaratunganyijwe ndetse n’ubuhinzi bworozi bukaba bwarateye imbere yagize ati ‘‘italiki murayizi n’umukandida muramuzi, turashaka ko imirenge yose yazamutora 100%’’.

Abaturage ni bo bafashe iya mbere batanga ubusabe mu Inteko Ishinga Amategeko basaba ko ingingo ya 101 ryahindurwa ryabuzaga umukandida kwiyamamaza ku incuro ya 3 biza kwemezwa ko ryahinduka bityo inzitizi zikurwaho.

Murebwayire Christine ushinzwe kwamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru yagize ati ‘‘Mwadutoje gukora,duhinga icyayi, inanasi, ibyo byose tubikesha Paul Kagame wabidutoje, dufite girinka tukorora neza’’.

Umukandida Paul Kagame watanzwe n’umuryango FPR/Inkotanyi yagize ati ‘‘He for She yasimbuwe na We for She bisobanura ngo ‘‘turi hamwe twese, dutez’imbere umudamu, n’abagore bumve ko n’umugabo agomba kwitabwaho’’.

Paul Kagame yagize ati ‘‘kuva kera ayo mashyaka 8 dufatanya kubaka igihugu, ni byo bigejeje umutekano n’ibindi dushima’’.

Yagize ati ‘‘Abanyarulindo mukomeze kwiteza imbere haba mu buhinzi n’ubworozi, ibikorwa remezo, tubyubakire hamwe tubirindire hamwe,twatojwe kubaka ntabwo ari ugusenya ahubwo turwanye abasenya’’.

Umukandida wa RPF/Inkotanyi Paul Kagame yagize ati ‘‘Banya Rulindo taliki 04/08/2017 ni igikorwa cyibutsa amateka yo kubaka’’.

Yagize ati ‘‘rubyiruko ni mwebwe dutezeho amaso kugira ngo muzakomeze inzira tumazemo iminsi ni inzira idashaka usigara inyuma aho buri wese asabwa umusanzu we, kumva tugakora byubaka igihugu cyacu ni byo duteze ku abanyarulindo, dufite ubushake bwo gukora twese 100% tugomba kubigeraho, 100% yo gutora bivamo 100% yo gukora’’.

Kubera ubwitabire bwari buri ku kigero cyo hejuru hafi nk’ibihumbi Magana abiri Nyakubahwa Paul Kagame yagize ati ‘‘Banyarulindo muranshimishije cyane, igisigaye dufatanye dukorere hamwe n’imbaraga, ntacyo twifuza tutazageraho, nanjye niteguye gufatanya namwe, icyizere hagati yacu namwe ni 100%’’.

Basanda Ns Oswald

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bizimana Djihad ntabwo azitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina umukino wa gicuti na Centre Africa.

Bizimana Djihad ntabwo azitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina umukino wa gicuti na Centre Africa.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Nta kuntu amaraso atagiye kumeneka muri DRC

Nta kuntu amaraso atagiye kumeneka muri DRC

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu
Mu Mahanga

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame
POLITIKI

Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 May 2018
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro
Mu Mahanga

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru