• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko shampiyona y’u Rwanda mu gice cyo kwishyura ikinwa muri Mutarama, igikombe cy’Amahoro gikinwe muri Gashyantare

Ubwanditsi 27 Dec 2022 Amakuru, IMIKINO

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryatangaje ko shampiyona y’ikiciro cya mbere mu mikino yo kwishyura izakinwa guhera ku itariki ya 20 Mutarama aho kuba ku itariki ya 4 Gashyantare 2023, ibi bikaba bivuze ko amakipe amwe n’amwe azatangira imyitozo hakiri kare.

Ibi bibaye nyuma yaho hagati muri iyi minsiy’ikiruhuko hari hateganyijwemo imikino y’igikombe cy’Amahoro nayo yagombaga gukinwa muri uku kwezi kwa Mutarama 2023.

Ibi bigaragara mu ibaruwa FERWAFA yandikiye abayobozi b’Amakipe ko habayeho impinduka kuri shampiyona y’u Rwanda ku mukino yo kwishyura, iyo baruwa itangira igira iti “Dushingiye ku ngengabihe z’amarushanwa yose ategurwa na FERWAFA twabagejejeho mu bihe byashize ; Tunejejwe no kubandikira tugira ngo tubagezeho ingengabihe igaragaza igihe imikino yo kwishyura (phase retour) izatangirira ku itariki ya 20 Mutarama 2023″.

Uko amakipe azahura (fixtures list) tuzabibagezaho mu gihe cya vuba. Icyakora, ku makipe akina ‘’PRIMUS NATIONAL LEAGUE’’ hazahinduka gusa igihe cyo gutangira imikino yo kwishyura n’amatariki y’imikino kuko uko amakipe azahura byari byatangajwe mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2022/2023 utangira”.

FERWAFA kandi ikaba yaboneyeho umwanya wo gutangaza ingengabihe y’Igikombe cy’Amahoro cya 2023 :

• Amajonjora y’ibanze: 07-08/02/2023 & 14-15/02/2023
• Imikino ya 1/8: 21-22/Gashyantare/2023 & 28-29/Gashyantare/2023
• Imikino ya 1⁄4: 07-08/Werurwe/2023 & 14-15/Werurwe/2023
• Imikino ya 1⁄2 : 22-23/Mata/2023 & 29-30/Mata/2023
• Umikino wa nyuma 14 Gicurasi 2023

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru kandi batangaje ko igihe cya kabiri cyo kwandikisha abakinnyi (Second registration period) giteganyijwe mu buryo bukurikira nk’uko bigaragara muri FIFA TMS/DTMS:

• Kwandikisha abakinnyi babigize umwuga mu Bagabo ni ukuva tariki 01/01/2023 kugeza tariki 27/01/2023
• Kwandikisha abakinnyi babigize umwuga mu Bagore ni ukuva tariki 09/01/2023 kugeza tariki 27/01/2023
• Kwandikisha abakinnyi batabigize umwuga(Amateur) ni ukuva tariki 01/01/2023 kugeza tariki 27/01/2023

Kugeza ubu buri kipe yemerewe kwandikisha umubare ntarengwa w’abakinnyi 30 mu mwaka w’imikino nk’uko biteganywa n’ingingo ya 34 y’Amategeko agenga amarushanwa muri FERWAFA, bityo, muri icyo gihe cya kabiri cyo kwandikisha abakinnyi cyavuzwe haruguru buri kipe izandikisha abakinnyi bitewe n’imyanya isigaranye ku bakinnyi 30 buri kipe yemerewe.

2022-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Urukiko Rukuru rwa Gisirikari rwakatiye Maj. (Rtd) Habibu Mudathiru igifungo cy’imyaka 25

Urukiko Rukuru rwa Gisirikari rwakatiye Maj. (Rtd) Habibu Mudathiru igifungo cy’imyaka 25

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera

Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera

Ubwanditsi 09 Oct 2021
AMAFOTO:  Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

AMAFOTO: Amavubi U23 yitegura gukina na Mali yasuye Mukanemeye , umufana w’akadasohoka w’Amavubi ndetse na Mukura VS

Ubwanditsi 19 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa
HIRYA NO HINO

Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa

Ubwanditsi 18 Oct 2019
M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth
INKURU NYAMUKURU

M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga  Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu
IMIKINO

Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 06 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru