• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Nov 2017 IKORANABUHANGA

Imyuvire yo gukoresha ikoranabuhanga no guhanga udushya yahinduye ubuzima, ubukungu n’imibereho y’abaturage n’iterambere ry’u Rwanda ririhuta.

Nyuma yo kwimakaza ikoranabuhanga mu nzego zose, u Rwanda rwatangiye kuba intangarugero mu ruhando mpuzamahanga ku bijyanye n’imitangire ya serivisi inoze mu nzego za Leta ndetse n’iz’abikorera.

Kuva ku muturage wo hasi, buri wese agerwaho n’ibyiza by’ikoranabuhanga binyuze ahanini mu itumanaho, mu gushaka ibyangombwa bitandukanye mu nzego za Leta, kohererezanya no kwakira amafaranga n’ibindi.

Umunyarwandakazi ntiyasigaye inyuma kuko afite aho ava, aho ageze naho yerekeza mu gufatanya na musaza we kwiyubakira igihugu cyamubyaye, byose kubera imiyoborere myiza n’ubushake bwa politiki ya Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda ku isonga mu gutuma umugore adaheranwa n’amateka yari yaramubayeho akarande mu kumukandamiza none ubu arakataje no mu ikoranabuhanga.

Mu kiganiro na Rushyashya, Ingabire Marie Immaculée, Umuyobozi wa Transparency International Rwanda (TIR), umuryango urwanya ruswa,  nk’umwe mu bagize uruhare rwo guharanira ko  Umunyarwandakazi adaheranwa n’amateka mabi yari yaramubayeho akarande yagize  icyo avuga ku ntambwe umugore w’u Rwanda agezeho afatanya na musaza we kwiyubakira igihugu.  

Yishimira ko habayeho ubushake bwa politiki bukomeye bw’uko Abanyarwanda bose bagomba  gufatanya ngo biyubakire  igihugu kuko cyari cyarasenyutse  nyuma y’uko kibayemo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi w’umuryango Transaparency International Rwanda Ingabire Marie Immaculee

Kuba ibi bihe byaratumye umugore agaragaza ubushobozi ngo ntibyakuyeho ko ubushobozi yagaragaje hagumyemo gukomeza yitinya kuko   atari yarabitojwe.

Uretse ibi, ngo   n’uburyo umugore yari yarahawe bw’uko yagira icyo amara bwari buke cyane.

Ingabire ati “ Ntabwo byari umuco wo kwigisha abakobwa mu Rwanda, ariko n’amashuri yari make, kubera ko  nta muco wabayeho wo kwigisha abantu bose, byiyongeraho kuba  amashuri yari make .”

Nyuma y’ibi nkuko Ingabire akomeza abishimangira ngo nibwo hatangiye urugamba  rwo gushaka uko abagore bakwiga amasomo yose harimo ubumenyi n’ikoranabuhanga kandi ubu umusaruro watangiye kugaragara.

Ahantu umugore ageze mu Rwanda harashimishije

Ingabire yemeza ko uyu munsi ahantu umugore ageze mu Rwanda hashimishije nubwo ibyo gukora bigihari,  agira ati “ Umugore amaze gutera intambwe igaragara mu iterambere ry’ikoranabuhanga.”

Aha, atanga urugero rugira ruti “ Iyo urebye uko abakobwa bakoresha ikoranabuhanga mu ishuri kuri ubu bimeze neza ugereranyije naho bava. Iyo ugeze mu duce tw’icyaro naho uhasanga abagore bakoresha mobile money cyangwa tigo cash, batunze telefoni ngendanwa, ndetse bakabikoresha mu bikorwa byabo by’ubucuruzi, benshi muri bagore bitabira kugira email cyangwa gukoresha imbuga nkoranyambaga n’ibindi.”

Gusa, nubwo bimeze bitya, Ingabire asanga  nubwo Umunyarwandakazi afite aho ageze mu iterambere ariko agifite urugendo rukomeye, ko  hakwiye kongerwamo ingufu kuko nk’uko abishimangira ngo abagore bakoresha ikoranabuhanga baracyari bake ugereranyije n’uburyo abahungu baryitabira.

Yagize ati “ Ibyo gukora biracyahari. Niyo mpamvu ubona hatangijwe iyi gahunda ya He For She kuko  umugore aracyakeneye n’ubundi guhabwa umwanya uhagije no kugira ngo ibyo yagezeho tubyubake bikomere bitazaseyuka”. Akomeza yungamo ati “ Icyo nifuriza abagore n’abakobwa bo mu Rwanda ni uko system  turimo yemera ko afite agaciro yashyizeho ingamba zo kugira ngo inamufashe kuzamuka no gutera imbere muri byose. Turashimira ubuyobozi bwiza   kuko byose bishingira ku buyobozi.”

Ingabire yifuriza Umunyarwandakazi  kumenya aho yavuye, akirinda kwibagirwa,  akirinda kwirara, akamenya ko agomba guharanira kuba umugore utazasubira inyuma.

Nyuma yo gukora akazi ko mu rugo amaze kwiteza imbere abikesha gucuruza Tigo Cash

Undi mugore waganiriye  n’ ikinyamakuru Rushyashya  avuga ko ikoranabuhanga ryaziye igihe rikaba rimaze kumugeza kuri byinshi.

Mutuyimana Theopisita ni umukobwa ukoresha ikoranabuhanga mu kohereza no kwakira amafaranga ya ‘Tigo Cash’, ubwo twamusuraga aho akorera i Remera yatubwiye ko akazi ke ka buri munsi mu ikorabuhanga  kamaze kumugeza  kuri byinshi.

Yagize ati “ Ubusanzwe nakoraga akazi ko mu rugo ariko nahembwaga amafaranga make cyane  simbashe kubona ibyo nkenera, nyuma nibwo mu 2016 naje  gucuruza Tigo Cash ariko mu mwaka umwe maze mbikora maze kugera kuri byinshi.”

Mutuyimana kandi avuga ko gucuruza ‘Tigo Cash’ ari ubucuruzi nk’ubundi abantu badakwiye kubisuzugura kuko ari akazi gatunze abantu benshi kandi gatanga amafaranga nk’indi mirimo yose.

Akomeza agira ati “  Ubu niyishyurira inzu n’ibindi byose nkenera mu buzima byose ndabikora kandi nkanafasha umuryango wanjye mu buzima bwa buri munsi, ikindi kandi nkanagira ayo nizigamira kuri konti.  Ubwo rero urumva ko mbayeho nk’abandi bakozi.”

Yakomeje avuga ko abantu bagomba gutinyuka cyane cyane abakobwa bagenzi be abashishikariza guhaguruka bagora ibyo bashoboye byose kuko ngo  iyo wihaye intego kandi ugatinyuka ntacyo utageraho.

Ikoranabuhanga umusingi w’iterambere ry’isi ya none

Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho Jean Philbert Nsengimana avuga  ko igihugu cyashyize  imbaraga mu gutuma ikoranabuhanga  riba ishingiro ry’ ubukungu cyane ko ubu ikoranabuhanga  nta kintu na kimwe ridashobora gukoreshwamo haba mu burezi, haba mu bucuruzi, haba mu buzima n’ibindi bityo, ikoranabuhanga rifungura amarembo ntibabone isoko hafi  gusa,  ahubwo  rikanaboneka  mu buryo bwagutse kandi bugera ku rwego rw’isi.

Uwumukiza Françoise, Umuyobozi wa Komite y’Inama y’Igihugu y’Abagore

Ku bw’ibi, Hon. Uwumukiza Françoise, Perezidante w’Inama y’igihugu y’abagore  agaragaza ko kuri ubu umugore  mu Rwanda  afite agaciro, ibyagiye bimubangamira birimo kumubuza uburenganzira bwe mu birebana no kwiga, kuzungura, byagiye bikurwaho ndetse ngo amategeko yose yagaragazaga ubusumbane hagati y’ umugabo n’ umugore kugeza ubu yose yamaze kuvugururwa bityo, ngo nta mpamvu n’imwe yazitira umugore gukataza mu birebana n’iterambere mu ikoranabuhanga.

Icyegeranyo cy’umuryango mpuzazamahanga w’ubukungu ku isi World Economic forum cy’umwaka ushize cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere ku isi mu guteza imbere ikoranabuhanga ruba  urwa 32 ku isi n’urwa mbere muri Afurika mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage hifashishijwe ikoranabuhanga.

Norbert Nyuzahayo

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Iran yagabye kuri Amerika ibitero 2700 by’ikoranabuhanga ishaka kwinjirira amatora ya Perezida

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya  Rayon Sports

Amafoto – Nyuma yo kumara hafi amezi 4 adakina, Umurundi Aruna Mussa Madjaliwa yasubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Feb 2024
Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ubwanditsi 22 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abakozi ba ISO  bashimuta impunzi bazikangisha  kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abakozi ba ISO bashimuta impunzi bazikangisha kuzisubiza mu Rwanda bazishakamo amafaranga

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Feb 2021
Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda
Amakuru

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru