• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 18 May 2017 Mu Rwanda

Muri gahunda yo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa by’iterambere ry’abaturage n’ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu karere ka Kicukiro , kuwa kabiri tariki ya 16 Gicurasi Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka karere ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere, bakoreye ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana abaturage barenga 1900 bo mu mirenge 6 igize Kicukiro.

Imirenge yatangiwemo ubu bukangurambaga ni Gatenga, Nyarugunga, Gahanga, Kagarama, Gikondo naKigarama.

Ku rwego rw’akarere, bwatangiwe mu murenge wa Nyarugunga akagari ka Nonko, bitangwa n’umuyobozi w’aka karere Dr Nyirahabimana Jeanne, afatanyije n’umuyobozi wa Polisi muri aka karere Superintendent of Police (SP) Nkeramugaba sano.

Umuyobozi w’akarere yabwiye abaturage ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bisaba ubufatanye no guhuza ibikorwa, kandi buri muturage akabigiramo uruhare.

Yababwiye ko mu Rwanda ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigaragaza mu buryo bwinshi, ariko ubukunze kugaragara ari 4.

Yaravuze ati:”Mu Rwanda hakunze kugaragara ihohoterwa rikorewe ku gitsina ririmo gufata ku ngufu cyangwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, ihohoterwa rikomeretsa umubiri, irikomeretsa umutima n’irishingiye ku mutungo.”

Kuri buri cyiciro cy’ihohoterwa yagiye abasobanurira uko rikorwa n’ingaruka yaryo.

Yababwiye kandi anabasobanurira zimwe mu mpamvu zishobora gutera ihohoterwa rishingiye ku gitsina zirimo ubukene, ubujiji, umuco n’ibindi.

-6645.jpg

Kicukiro: Dr Nyirahabimana Jeanne

Asoza yasabye buri muturage kugira uruhare mu kurirwanya aho yavuze ati:”Kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ntibigomba guharirwa Polisi n’izindi nzego gusa, ahubwo bikwiriye kuba ibya buri wese kuko ibyo byaha bihungabanya ituze ry’abantu muri rusange.”

SP Nkeramugaba yababwiye ihohoterwa rishingiye ku gitsina Rishobora gukorwa n’ibitsina byombi, aha akaba yarabahaye urugero rw’umugabo cyangwa umugore ubuza uburenganzira ku mutungo uwo bashakanye, cyangwa kumuhoza ku nkeke.

Yanababwiye ko ingaruka zaryo zitagera k’uwarikorewe gusa, ko n’uwarikoze ndetse n’imiryango yabo zibageraho.

Yarababwiye ati:”Uwakoze ihohoterwa rishingiye ku gitsina arafungwa kandi agacibwa ihazabu, akaba atagikoreye umuryango we, naho uwarikorewe rimutera ihungabana , ndetse n’ibindi. Murumva ko impande zombi zigerwaho n’ingaruka mbi zaryo, ikaba ari yo mpamvu buri wese akwiriye kuryirinda kandi akarirwanya yivuye inyuma.”

SP Nkeramugaba yabasabye kandi kujya bihutira kugeza imiryango ibanye nabi kuri Polisi ibegereye cyangwa ku zindi nzego z’ubuyobozi bw’ibanze kugira ngo ibibazo byayo bishakirwe umuti.

Yasoje abaha nomero za telefone za Polisi batangiraho amakuru ajyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, arizo: 112, 3512, na 3029.

Polisi y’u Rwanda yashyizeho ingamba zo gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina zirimo ishyirwaho ry’ ishami rishinzwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana (Anti Gender -Based Violence and Child Protection Directorate), gushyira ibigo Isange One Stop Centres mu bitaro 45 by’uturere, biha ubufasha abahohotewe mu by’ ubuvuzi, ubutabera ndetse n’ ubujyanama kandi byose bakabihabwa ku buntu.

RNP

2017-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatavuga rumwe mu Burundi bazahurira Arusha muri iki cyumweru kandi icyizere kirahari

Abatavuga rumwe mu Burundi bazahurira Arusha muri iki cyumweru kandi icyizere kirahari

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ubwanditsi 15 Jan 2022
Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo
Mu Mahanga

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya
INKURU NYAMUKURU

Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru