• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro yasabye abaturage kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 18 May 2017 Mu Rwanda

Muri gahunda yo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa by’iterambere ry’abaturage n’ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu karere ka Kicukiro , kuwa kabiri tariki ya 16 Gicurasi Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka karere ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere, bakoreye ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana abaturage barenga 1900 bo mu mirenge 6 igize Kicukiro.

Imirenge yatangiwemo ubu bukangurambaga ni Gatenga, Nyarugunga, Gahanga, Kagarama, Gikondo naKigarama.

Ku rwego rw’akarere, bwatangiwe mu murenge wa Nyarugunga akagari ka Nonko, bitangwa n’umuyobozi w’aka karere Dr Nyirahabimana Jeanne, afatanyije n’umuyobozi wa Polisi muri aka karere Superintendent of Police (SP) Nkeramugaba sano.

Umuyobozi w’akarere yabwiye abaturage ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bisaba ubufatanye no guhuza ibikorwa, kandi buri muturage akabigiramo uruhare.

Yababwiye ko mu Rwanda ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryigaragaza mu buryo bwinshi, ariko ubukunze kugaragara ari 4.

Yaravuze ati:”Mu Rwanda hakunze kugaragara ihohoterwa rikorewe ku gitsina ririmo gufata ku ngufu cyangwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, ihohoterwa rikomeretsa umubiri, irikomeretsa umutima n’irishingiye ku mutungo.”

Kuri buri cyiciro cy’ihohoterwa yagiye abasobanurira uko rikorwa n’ingaruka yaryo.

Yababwiye kandi anabasobanurira zimwe mu mpamvu zishobora gutera ihohoterwa rishingiye ku gitsina zirimo ubukene, ubujiji, umuco n’ibindi.

-6645.jpg

Kicukiro: Dr Nyirahabimana Jeanne

Asoza yasabye buri muturage kugira uruhare mu kurirwanya aho yavuze ati:”Kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ntibigomba guharirwa Polisi n’izindi nzego gusa, ahubwo bikwiriye kuba ibya buri wese kuko ibyo byaha bihungabanya ituze ry’abantu muri rusange.”

SP Nkeramugaba yababwiye ihohoterwa rishingiye ku gitsina Rishobora gukorwa n’ibitsina byombi, aha akaba yarabahaye urugero rw’umugabo cyangwa umugore ubuza uburenganzira ku mutungo uwo bashakanye, cyangwa kumuhoza ku nkeke.

Yanababwiye ko ingaruka zaryo zitagera k’uwarikorewe gusa, ko n’uwarikoze ndetse n’imiryango yabo zibageraho.

Yarababwiye ati:”Uwakoze ihohoterwa rishingiye ku gitsina arafungwa kandi agacibwa ihazabu, akaba atagikoreye umuryango we, naho uwarikorewe rimutera ihungabana , ndetse n’ibindi. Murumva ko impande zombi zigerwaho n’ingaruka mbi zaryo, ikaba ari yo mpamvu buri wese akwiriye kuryirinda kandi akarirwanya yivuye inyuma.”

SP Nkeramugaba yabasabye kandi kujya bihutira kugeza imiryango ibanye nabi kuri Polisi ibegereye cyangwa ku zindi nzego z’ubuyobozi bw’ibanze kugira ngo ibibazo byayo bishakirwe umuti.

Yasoje abaha nomero za telefone za Polisi batangiraho amakuru ajyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, arizo: 112, 3512, na 3029.

Polisi y’u Rwanda yashyizeho ingamba zo gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina zirimo ishyirwaho ry’ ishami rishinzwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana (Anti Gender -Based Violence and Child Protection Directorate), gushyira ibigo Isange One Stop Centres mu bitaro 45 by’uturere, biha ubufasha abahohotewe mu by’ ubuvuzi, ubutabera ndetse n’ ubujyanama kandi byose bakabihabwa ku buntu.

RNP

2017-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Ubwanditsi 03 Oct 2021
Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Police yashubije umuhinde miliyoni 13 Frw yibwe n’umukozi we

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho  yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Ubwanditsi 09 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Sezibera yasabye abantu kwima amatwi ibihuha bibeshyera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Sezibera yasabye abantu kwima amatwi ibihuha bibeshyera u Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2019
Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda
Amakuru

Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Sep 2020
Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe
POLITIKI

Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Ubwanditsi 13 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru