• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
Inkuru zigezweho
  • CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize   |   05 Dec 2019

  • Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba   |   05 Dec 2019

  • Amafoto y’Umunsi: Abakinnyi ba PSG baserukanye akanyamuneza mu mwambaro wamamaza Visit Rwanda   |   05 Dec 2019

  • RD-Congo : Col.Muhawenimana Theogene wa FLN, yaguye mu mirwano, yicanwe n’abarwanyi basaga 80, Gen.Wilson Irategeka ararusimbuka   |   04 Dec 2019

  • Nyuma ya Arsenal, u Rwanda rwatangiye gukorana na Paris Saint Germain muri gahunda ya Visit Rwanda   |   04 Dec 2019

  • Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare   |   04 Dec 2019

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Editorial 19 Nov 2018 IKORANABUHANGA

Ibigo by’ubucuruzi bikorera mu Rwanda, mu minsi iri imbere bishobora kugira amazina akomeye ku ruhando mpuzamahanga, byinjize n’amamiliyoni mu gihe byaba bikomeje gushyira imbaraga mu bucuruzi bwo kuri internet, n’imbuga zifite amazina ashingiye ku ndangarubuga y’u Rwanda, aherwa na .rw.

Ni ibintu byarushaho kuzamura isura nziza y’igihugu ndetse bikanateza imbere ubukungu.

Ni mu gihe ubucuruzi bukorerwa kuri internet bwazamutseho 35% bukinjiza miliyari ibihumbi $25 mu myaka itatu ishize, nk’uko Inama y’Umuryango w’Abibumbye ku Bucuruzi n’Iterambere (UNCTAD) ibigaragaza.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda (RICTA) Ghislain Nkeramugaba avuga ko kutabyaza umusaruro ikoranabuhanga bihombya abacuruzi bo mu gihugu ntibabashe guhura n’abakiliya, atari abo mu gihugu gusa ahubwo n’abanyamahanga. Ibyo bigahita biba igihombo ku bucuruzi bw’igihugu.

Ati “Ubucuruzi bwo kuri internet bufasha abacuruzi guhura n’abakiliya bitabasabye kujya ku maduka yabo. Bufasha umuntu ugurisha kubona abakiliya benshi barimo n’abanyamahanga. Binafasha mu kugabanya ikiguzi cyo gukodesha aho gukorera.”

Nkeramugaba yakomeje agira ati “Niba u Rwanda ruvana miliyari $100 mu bucuruzi busanzwe, ubucuruzi bwacu butangiye gukorera kuri internet, ibicuruzwa n’abaguzi byakwiyongera kandi batari abo mu gihugu gusa, ahubwo n’abo mu bindi bihugu. Ibi byanafasha mu guhanga imirimo mishya. Niba umuntu uranguza akeneye umukozi umwe cyangwa babiri, ubucuruzi bwe nibukura azakenera abarenzeho.”

RICTA ivuga ko uko ubucuruzi burushaho gukorerwa kur internet, izina ry’imbuga zikoreshwa zikaba izirebana n’u Rwanda (.rw), byafasha abantu benshi ku Isi kureba amakuru arebana n’igihugu bityo ibikorerwa mu Rwanda bikarushaho kubona amasoko.

Indangarubuga za .rw zatangiye gukoreshwa mu Ukwakira 1996, ariko kugeza muri Gashyantare uyu mwaka zari zimaze gukoreshwa ku mbuga zisaga 3700.

Nkeramugaba ati “Izamuka ryagenze gahoro ariko ubu turi kugerageza gukora ubukangurambaga mu kumvikanisha agaciro ibikorwa byagira biramutse bikoresheje .rw kuri internet.”

Ubwo .rw yatangiraga gukoreshwa mu 1996, yagenzurwaga n’ikigo cy’Ababiligi, ariko iyo mirimo iza kwegurirwa RICTA mu 2012.

Christian Muhirwa uyobora ikigo Broadband Systems Corporation gifasha imbuga za internet kubika amakuru y’ibyo zikorerwaho, avuga ko ibigo byinshi bigikora ubucuruzi gakondo, ugasanga ntibikoresha ikoranabuhanga bityo ntibyungukire ku isoko ryagutse ryo kuri internet.

RICTA yiyemeje ko nibura mu myaka itanu iri imbere, imbuga zigera ku 5000 zazaba zikoresha izina riherwa na .rw.

Nkeramugaba avuga ko kurushaho gukoresha indangarubuga y’u Rwanda bigabanya amafaranga agenda mu kureba ibintu biri kuri izo mbuga, biba byakorewe mu Rwanda, bikenewe n’abanyarwanda ariko bitabitse mu Rwanda.

Ati “Bityo rero uko tugize urubuga rukoresha izina ryo mu Rwanda, tuba tuzigamye amafaranga ku gihugu cyacu.”

2018-11-19
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Ibyo kwitega kuri telefoni nshya Apple iteganya gushyira ku isoko

Editorial 11 Sep 2018
Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Editorial 09 Jul 2018
Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Editorial 05 May 2018
Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Hagiye kuzajya hakoreshwa ikoranabuhanga mu gutunganya impu

Editorial 06 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

03 Dec 2019
Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

02 Dec 2019
Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

02 Dec 2019
FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

FLN  ya Sankara, yatakaje ibirindiro byinshi yari ifite muri Congo, Jenerali Gaseni wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare yishwe

01 Dec 2019
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

30 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

04 Dec 2019
Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

04 Dec 2019
Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

02 Dec 2019
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

02 Dec 2019
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

02 Dec 2019
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

29 Nov 2019
Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

21 Nov 2019

SONDAGE

Ninde uzatwara igikombe cy'Afrika (CAN/AfCON)?

View Results

Loading ... Loading ...

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Phones: +250 788350655
Emails: info@rushyashya.net , rushyashya@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru