• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Ubwanditsi 19 Nov 2018 IKORANABUHANGA

Ibigo by’ubucuruzi bikorera mu Rwanda, mu minsi iri imbere bishobora kugira amazina akomeye ku ruhando mpuzamahanga, byinjize n’amamiliyoni mu gihe byaba bikomeje gushyira imbaraga mu bucuruzi bwo kuri internet, n’imbuga zifite amazina ashingiye ku ndangarubuga y’u Rwanda, aherwa na .rw.

Ni ibintu byarushaho kuzamura isura nziza y’igihugu ndetse bikanateza imbere ubukungu.

Ni mu gihe ubucuruzi bukorerwa kuri internet bwazamutseho 35% bukinjiza miliyari ibihumbi $25 mu myaka itatu ishize, nk’uko Inama y’Umuryango w’Abibumbye ku Bucuruzi n’Iterambere (UNCTAD) ibigaragaza.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga mu Rwanda (RICTA) Ghislain Nkeramugaba avuga ko kutabyaza umusaruro ikoranabuhanga bihombya abacuruzi bo mu gihugu ntibabashe guhura n’abakiliya, atari abo mu gihugu gusa ahubwo n’abanyamahanga. Ibyo bigahita biba igihombo ku bucuruzi bw’igihugu.

Ati “Ubucuruzi bwo kuri internet bufasha abacuruzi guhura n’abakiliya bitabasabye kujya ku maduka yabo. Bufasha umuntu ugurisha kubona abakiliya benshi barimo n’abanyamahanga. Binafasha mu kugabanya ikiguzi cyo gukodesha aho gukorera.”

Nkeramugaba yakomeje agira ati “Niba u Rwanda ruvana miliyari $100 mu bucuruzi busanzwe, ubucuruzi bwacu butangiye gukorera kuri internet, ibicuruzwa n’abaguzi byakwiyongera kandi batari abo mu gihugu gusa, ahubwo n’abo mu bindi bihugu. Ibi byanafasha mu guhanga imirimo mishya. Niba umuntu uranguza akeneye umukozi umwe cyangwa babiri, ubucuruzi bwe nibukura azakenera abarenzeho.”

RICTA ivuga ko uko ubucuruzi burushaho gukorerwa kur internet, izina ry’imbuga zikoreshwa zikaba izirebana n’u Rwanda (.rw), byafasha abantu benshi ku Isi kureba amakuru arebana n’igihugu bityo ibikorerwa mu Rwanda bikarushaho kubona amasoko.

Indangarubuga za .rw zatangiye gukoreshwa mu Ukwakira 1996, ariko kugeza muri Gashyantare uyu mwaka zari zimaze gukoreshwa ku mbuga zisaga 3700.

Nkeramugaba ati “Izamuka ryagenze gahoro ariko ubu turi kugerageza gukora ubukangurambaga mu kumvikanisha agaciro ibikorwa byagira biramutse bikoresheje .rw kuri internet.”

Ubwo .rw yatangiraga gukoreshwa mu 1996, yagenzurwaga n’ikigo cy’Ababiligi, ariko iyo mirimo iza kwegurirwa RICTA mu 2012.

Christian Muhirwa uyobora ikigo Broadband Systems Corporation gifasha imbuga za internet kubika amakuru y’ibyo zikorerwaho, avuga ko ibigo byinshi bigikora ubucuruzi gakondo, ugasanga ntibikoresha ikoranabuhanga bityo ntibyungukire ku isoko ryagutse ryo kuri internet.

RICTA yiyemeje ko nibura mu myaka itanu iri imbere, imbuga zigera ku 5000 zazaba zikoresha izina riherwa na .rw.

Nkeramugaba avuga ko kurushaho gukoresha indangarubuga y’u Rwanda bigabanya amafaranga agenda mu kureba ibintu biri kuri izo mbuga, biba byakorewe mu Rwanda, bikenewe n’abanyarwanda ariko bitabitse mu Rwanda.

Ati “Bityo rero uko tugize urubuga rukoresha izina ryo mu Rwanda, tuba tuzigamye amafaranga ku gihugu cyacu.”

2018-11-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Zuckerberg yikuye imbere y’abasenateri bagaragaje kutamenya imikorere ya Facebook

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 01 Dec 2020
Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Ubwanditsi 28 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u  Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasubije ubuyobozi bw’u Bwongereza imodoka yibiwe muri icyo guhugu.

Ubwanditsi 09 Feb 2016
Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC
POLITIKI

Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe
INKURU NYAMUKURU

Umurambo wa Hubert Gashagaza wari umupolisi mukuru wasanzwe mu modoka, bikekwa ko yishwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru