• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2018 IKORANABUHANGA

Mu 2016 ikigo kitwa Citizen Lab cyo muri Kaminuza ya Toronto muri Canada cyatangaje ko ‘software’ yitwa Pegasus yakozwe na NSO Group yo muri Israel ikoreshwa mu gufata amakuru yose ya Ahmed Mansoor uzwi cyane ku isi nk’ impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri United Arab Emirates(UAE), Citizen Lab yahise itangira ubushakashatsi ku ikoreshwa rya Pegasus mu gutwara amakuru ari muri Telephone y’umuntu atabizi, mu bihugu 45 babonye  igomba kuba‘ikoreshwamo’ ku isi n’u Rwanda rurimo.

Iyi Sofware ishobora gutwara ibiri kuri telephone yawe byose utabizi utanabishaka

Iyi Sofware ishobora gutwara ibiri kuri telephone yawe byose utabizi utanabishaka

NSO Group Companies izwi cyane mu bijyanye n’ubutasi mu ikoranabuhanga ikaba ariyo yakoze Pegasus.

Citizen Lab mu kwezi gushize yatangaje ibyo yabonye mu bushakashatsi bwayo hagati y’ukwa munani 2016 n’ukwa munani 2018.

Ikoresheje ubuhanga bugezweho muri ‘Internet scanning’ yasanze hari ibihugu 45 Pegasus igomba kuba ikoreshwayo.

Bavuga ko babonye ibikoresho (computers, telephones, iPads..) 1 091 bikoresha interineti (IP Adresses) bihura neza n’uburyo bakoresheje bugaragaza ibikoresho bifite software ya Pegasus muri byo. Pegasus ngo yabaga ikoreshwa n’ibigo (operators) bitandukanye.

Citizen Lab kandi yakoze ubushakashatsi ku isi mu byitwa Domain Name Servers (DNS) ngo irebe ibihugu iyi Pegasus iri gukoreshwamo, ubuhanga bwabo bugaragaza ko hari ibihugu 45 birimo ibigo bigomba kuba bikoresha Pegasus.

Mu gukurikirana ushakwa, ikigo (operator) gikoresha Pegasus kigomba gukora ibishoboka uwo muntu agakanda kuri linkbamuhaye, yayikandaho ntihagire icyo imuha kidasanzwe ahubwo bigaha cya kigo ubushobozi bwo kwinjiza (install) muri telephone ye Pegasus atabizi atanabitangiye uburenganzira.

Iyo bigezweho telephone irimo Pegasus itangira guha ububiko (Command&Control server) bw’ikigo kiyikoresha amakuru yose ya nyiri telephone nka Passwords, urutonde rwa contacts ze, gahunda ziri kuri kalindari ye, SMS yandika n’izo yakira, amajwi yo guhamagarana ndetse n’ubutumwa bwo ku mbuga z’ihererekanyabutumwa.

Abakoresha Pegasus baba banashobora kwatsa camera na microphone ya telephone bagafata ibiri hafi aho bakeneye.

Pegasus ikoresha links zisa cyane n’iz’ibigo bitanga serivisi kuri Internet, za banki, kaminuza, ibigo bya leta mu kugira ngo umuntu bashaka ayikandeho maze iyi software ijye muri telephone ye.

Citizen Lab yabonye ko Pegasus ikoreshwa n’ibigo 36 babonye mu bihugu 45 bya; Algeria, Bahrain, Bangladesh, Brazil, Canada, Cote d’Ivoire, Egypt, France, Greece, India, Iraq, Israel, Jordan, Kazakhstan, Kenya, Kuwait, Kyrgyzstan, Latvia, Lebanon, Libya, Mexico, Morocco, the Netherlands, Oman, Pakistan, Palestine, Poland, Qatar, Rwanda, Saudi Arabia, Singapore, South Africa, Switzerland, Tajikistan, Thailand, Togo, Tunisia, Turkey, the UAE, Uganda, the United Kingdom, the United States, Uzbekistan, Yemen, na Zambia.

Ubushakashatsi bwabo bwashingiye kuri DNS servers ibindi bice bya Internet nka Virtual Private Network (VPN) na Internet ikoresheje ibyogajuru nabwo ngo byashoboka ko uku kwiba amakuru y’abantu byakorwaho.

Abo babonye bayikoresha muri Africa:

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubushake bwa politiki ku isonga mu gutuma umugore afite aho ageze mu ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye, Rugarama
    October 4, 201810:45 am -

    Ahaaa Umva Tele4ne Nuko Umuntu Atayireka Naho Ubundi Nigisasu Twiziritseho,

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mujyanama Elisaphan Philos uherutse gutabwa muri yombi akekwaho ubufatanyacyaha mu kumena ibanga ry’akazi yagizwe umwere n’urukiko
Mu Mahanga

Mujyanama Elisaphan Philos uherutse gutabwa muri yombi akekwaho ubufatanyacyaha mu kumena ibanga ry’akazi yagizwe umwere n’urukiko

Ubwanditsi 02 Feb 2016
APR FC yagaruye Jamel Eddine Neffati ukomoka muri Tunisia, uyu aje gukorana na Ben Moussa wasigaranye ikipe nyuma yo kugenda kwa Adil Erradi
Amakuru

APR FC yagaruye Jamel Eddine Neffati ukomoka muri Tunisia, uyu aje gukorana na Ben Moussa wasigaranye ikipe nyuma yo kugenda kwa Adil Erradi

Ubwanditsi 06 Jan 2023
Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe
Mu Rwanda

Zari akomeje kwibasirwa bikomeye n’umuryango wa Ivan nyuma y’urupfu rwe

Ubwanditsi 08 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru