• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Ubwanditsi 01 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Jean de Dieu Rurangirwa, yasabye abakozi 118 barimo aba leta n’abikorera ku giti cyabo, basoje amahugurwa yo gukoresha mudasobwa mu buryo bugezweho ko ubumenyi bahawe bagomba kubugaragariza mu bikorwa, bukagirira akamaro igihugu.

Kuri uyu wa 31 Werurwe nibwo aba bakozi basoje amahugurwa y’iminsi 20 ku gukoresha mudasobwa mu buryo buhanitse, bahawe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga n’Itumanaho ku bufatanye n’Ikigo ICDL Africa (International Computer Driving Licence), gitanga ubumenyi bwo ku rwego mpuzamahanga mu by’ikoranabuhanga ’Digital Literacy’.

Yaberaga mu Kigo cy’Igihugu cy’amahugurwa mu by’imicungire y’abakozi n’umutungo (RMI) i Muhanga.

Abayitabiriye bahawe amasomo y’ibanze abumbiye muri ‘modules’ zirindwi zirimo no kurinda umutekano w’amakuru, bakora n’ibizamini byabahesheje impamyabumenyi bakaba bategerejweho guhugura abandi.

Minisitiri Rurangirwa yavuze ko bayahawe muri Gahunda ya Leta yo kongerera abakozi ubushobozi mu ikoranabuhanga, asaba ko badakwiye guheza ubwo bumenyi mu mpapuro.

Yagize ati “Kwiga no kubona impamyabumenyi ni ikintu kimwe ariko kubona umusaruro niho ruzingiye. Mumaze kwiga, hari abasigaye ku kazi aho mukorera batarabona amahirwe yo kwiga. Kugira ngo iyi gahunda ikomeze kandi itere imbere bizaterwa n’uko muzitwara. Si ukugira ngo tugire ubumenyi gusa, ni ukureba uko ikoranabuhanga ryabyazwa umusaruro mu buzima bwa buri munsi.”

Minisitiri Rurangirwa yakomeje avuga ko gukoresha ikoranabuhanga atari amahimo bitewe n’aho isi igeze, abwira abahuguwe ko bahawe inshingano zo kwigisha abandi bikagera kuri benshi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’amahugurwa mu by’imicungire y’abakozi n’umutungo, Gasamagera Wellars, yavuze ko gahunda yatekerejwe nyuma yo gusanga abakozi ba leta benshi badakoresha ikoranabuhanga uko bikwiye.

Yavuze ko abakozi bagera ku bihumbi 55 bajya kungana na ½ cy’abakozi ba Leta bose mu gihugu ari bo biteganyijwe ko bazahabwa aya mahugurwa.
Umwe mu bahuguwe, Ncamake Principe, yavuze ko ari umugisha bagize kugira ngo batoranywe kandi ko bahungukiye byinshi.

At “Twavumbuye ko iyi mudasobwa dukoresha, dufite ikigero gito twari dusanzwe tuyikoreshaho ugereranyije n’uko dukwiye kuyikoresha. Mu byo twaganiriye n’ibyo twahuguwe, twasanze hari ibyo tutazi kandi twibeshya ko tubizi. Turashima cyane umwanya twahawe.”

Umuyobozi wa ICDL Africa mu Rwanda, Umulisa Solange, yatangaje ko iki kigo kizakomeza gufatanya na leta gitanga ibikenewe byose ngo abanyarwanda babashe kubona ubumenyi bukenewe mu by’ikoranabuhanga.

Ati “ Igihugu cyacu gifite intumbero yo kugira ubukungu bushingiye ku bumenyi, ntibyashoboka abaturage badafite ubwo bumenyi. Uwo bireba wese agomba gukora ibishoboka kugira ngo tuzatsinde uru rugamba, tuzabashe kumera nk’ibindi bihugu byateye imbere bibikesha abaturage bafite ubumenyi mu ikoranabuhanga.”

Kugira ngo abakozi leta ifite muri gahunda guha bene aya mahugurwa nibura ikeneye agera kuri miliyari 17 z’amafaranga y’u Rwanda.

Biteganyijwe ko hari igihe kizagera buri mukozi ugiye kwinjizwa mu kazi agasabwa kugira impamyabumenyi ya ICDL ndetse ko uruhare rwa leta mu guhugura abakozi muri uru rwego ruzagenda rugabanuka buri wese agasabwa kwiyishyurira.

Kugira ngo umuntu yiyishyurire amasomo ya porogaramu ya ICDL bisaba hafi ibihumbi 400 by’amafaranga y’u Rwanda.

Ufite impamyabumenyi ya ICDL aho yajya hose ku isi ihabwa agaciro gakomeye agafatwa nk’uzi gukoresha mudasobwa.

2018-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Ubwanditsi 08 Aug 2025
Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Abasaba viza zo kujya muri Amerika bahawe umukoro

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Ubwanditsi 28 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Kagame yagiriye impuhwe Kizito, Ingabire na Bizimungu
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Kagame yagiriye impuhwe Kizito, Ingabire na Bizimungu

Ubwanditsi 17 Sep 2018
FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba
Mu Mahanga

FARDC yashyikirije igisirikare cya Uganda abana babiri bari barajyanwe na se mu nyeshyamba

Ubwanditsi 13 Feb 2019
I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara
ITOHOZA

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru