• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Imfura zisaga 100 za gahunda ya leta yo guhugura abakozi mu by’ikoranabuhanga zasoje amasomo

Ubwanditsi 01 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Jean de Dieu Rurangirwa, yasabye abakozi 118 barimo aba leta n’abikorera ku giti cyabo, basoje amahugurwa yo gukoresha mudasobwa mu buryo bugezweho ko ubumenyi bahawe bagomba kubugaragariza mu bikorwa, bukagirira akamaro igihugu.

Kuri uyu wa 31 Werurwe nibwo aba bakozi basoje amahugurwa y’iminsi 20 ku gukoresha mudasobwa mu buryo buhanitse, bahawe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga n’Itumanaho ku bufatanye n’Ikigo ICDL Africa (International Computer Driving Licence), gitanga ubumenyi bwo ku rwego mpuzamahanga mu by’ikoranabuhanga ’Digital Literacy’.

Yaberaga mu Kigo cy’Igihugu cy’amahugurwa mu by’imicungire y’abakozi n’umutungo (RMI) i Muhanga.

Abayitabiriye bahawe amasomo y’ibanze abumbiye muri ‘modules’ zirindwi zirimo no kurinda umutekano w’amakuru, bakora n’ibizamini byabahesheje impamyabumenyi bakaba bategerejweho guhugura abandi.

Minisitiri Rurangirwa yavuze ko bayahawe muri Gahunda ya Leta yo kongerera abakozi ubushobozi mu ikoranabuhanga, asaba ko badakwiye guheza ubwo bumenyi mu mpapuro.

Yagize ati “Kwiga no kubona impamyabumenyi ni ikintu kimwe ariko kubona umusaruro niho ruzingiye. Mumaze kwiga, hari abasigaye ku kazi aho mukorera batarabona amahirwe yo kwiga. Kugira ngo iyi gahunda ikomeze kandi itere imbere bizaterwa n’uko muzitwara. Si ukugira ngo tugire ubumenyi gusa, ni ukureba uko ikoranabuhanga ryabyazwa umusaruro mu buzima bwa buri munsi.”

Minisitiri Rurangirwa yakomeje avuga ko gukoresha ikoranabuhanga atari amahimo bitewe n’aho isi igeze, abwira abahuguwe ko bahawe inshingano zo kwigisha abandi bikagera kuri benshi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’amahugurwa mu by’imicungire y’abakozi n’umutungo, Gasamagera Wellars, yavuze ko gahunda yatekerejwe nyuma yo gusanga abakozi ba leta benshi badakoresha ikoranabuhanga uko bikwiye.

Yavuze ko abakozi bagera ku bihumbi 55 bajya kungana na ½ cy’abakozi ba Leta bose mu gihugu ari bo biteganyijwe ko bazahabwa aya mahugurwa.
Umwe mu bahuguwe, Ncamake Principe, yavuze ko ari umugisha bagize kugira ngo batoranywe kandi ko bahungukiye byinshi.

At “Twavumbuye ko iyi mudasobwa dukoresha, dufite ikigero gito twari dusanzwe tuyikoreshaho ugereranyije n’uko dukwiye kuyikoresha. Mu byo twaganiriye n’ibyo twahuguwe, twasanze hari ibyo tutazi kandi twibeshya ko tubizi. Turashima cyane umwanya twahawe.”

Umuyobozi wa ICDL Africa mu Rwanda, Umulisa Solange, yatangaje ko iki kigo kizakomeza gufatanya na leta gitanga ibikenewe byose ngo abanyarwanda babashe kubona ubumenyi bukenewe mu by’ikoranabuhanga.

Ati “ Igihugu cyacu gifite intumbero yo kugira ubukungu bushingiye ku bumenyi, ntibyashoboka abaturage badafite ubwo bumenyi. Uwo bireba wese agomba gukora ibishoboka kugira ngo tuzatsinde uru rugamba, tuzabashe kumera nk’ibindi bihugu byateye imbere bibikesha abaturage bafite ubumenyi mu ikoranabuhanga.”

Kugira ngo abakozi leta ifite muri gahunda guha bene aya mahugurwa nibura ikeneye agera kuri miliyari 17 z’amafaranga y’u Rwanda.

Biteganyijwe ko hari igihe kizagera buri mukozi ugiye kwinjizwa mu kazi agasabwa kugira impamyabumenyi ya ICDL ndetse ko uruhare rwa leta mu guhugura abakozi muri uru rwego ruzagenda rugabanuka buri wese agasabwa kwiyishyurira.

Kugira ngo umuntu yiyishyurire amasomo ya porogaramu ya ICDL bisaba hafi ibihumbi 400 by’amafaranga y’u Rwanda.

Ufite impamyabumenyi ya ICDL aho yajya hose ku isi ihabwa agaciro gakomeye agafatwa nk’uzi gukoresha mudasobwa.

2018-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

I&M Bank yegereje abagana Expo serivisi zituma batandukana no kugendana amafaranga

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 01 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu
Amakuru

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025
U Rwanda rwifatanyije na Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwayo
Mu Rwanda

U Rwanda rwifatanyije na Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwayo

Ubwanditsi 26 May 2017
Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru
POLITIKI

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Ubwanditsi 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru