• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019 IKORANABUHANGA

Sosiyete yo muri Nigeria yamaze kwegeranya ibyangombwa byose ku buryo mu byumweru bibiri izaba yatangije ikoranabuhanga rishya mu Rwanda, rizafasha abakoresha Gaz kujya bayigura bakoresheje mobile money, ibyo bikazakemura ikibazo cy’iyangirika ry’amashyamba riterwa n’abacana inkwi.

Iryo koranabuhanga ryatangajwe n’uwitwa Oluwatobi Oyinlola, uhagarariye sosiyete y’ikoranabubanga yitwa “SkyRockets”,aho ngo bakoresha akamashani kagaragaza ingano ya Gaz imaze gukoreshwa n’igiciro cyayo, ndetse kakerekana n’isigaye mu icupa.

Ikindi kandi,abakoresha Gaz bashobora kugura iyo bakoresha mu gihe runaka, bakoresheje mobile money, ibyo bise “Pay As You Cook”.

Oyinlola yagize ati “Turateganya kubitangiza vuba nko mu mpera z’uku kwezi ”.

“Mu ntangiriro Gaz y’amafaranga make tuzashobora gutanga ni iya 300Frw, ashobora kwishyurirwa kuri mobile money umuntu akaba yateka ku manywa na nijoro.Ibyo birahendutse rero ku muntu ushaka gutekesha Gaz, akava ku makara.

Muri make, iyo sosiyete izazana icupa rya Gaz ryuzuye ku buntu iritereke mu rugo rw’umukiriya, nyuma azajye akoreshaho Gaz ijyanye n’amafaranga yishyuye kuri mobile money. Ibyo bizamworohera kuruta uko yafata amafaranga 10,000Frw ngo yishyure Gaz y’ibiro 10 icyarimwe.

Oyinlola kandi akomeza asobanura iyi mikorere mishya agira ati, “Dufite akamashini gashyirwa ku mutwe w’icupa rya Gaz, kabara kakerekana ko Gaz ikoreshwa ijyanye n’amafaranga yishyuwe. Intego ni ugufasha abantu badashobora kubona amafaranga yo kugura icupa ryuzuye Gaz.

Iyo icupa rishizemo Gaz, iyo sosiyete ihita iritwara, ikarisimbuza iryuzuye Gaz. Oyinlola yasobanuye ko bazakorana n’abasanzwe bakwirakwiza Gaz mu Rwanda, gusa iryo koranabuhanga ryo ngo rizajya ritangwa na “SkyRockets”, ubwayo.

Yagize ati, “Twatangiye igerageza mu ngo 100 mu gace kamwe muri Kigali. Mu byumweru bike biri imbere, abantu bashaka iryo koranabuhanga bazajya bajya ahagurirwa Gaz habegereye, ubundi biyandikishe”.

‘SkyRockets’ ni imwe muri sosiyete icumi z’ikoranabuhanga zahembwe na Guverinoma y’u Rwanda muri 2018, zihemberwa kuba zishishikariza urubyiruko guhanga udushya twinshi.

Abanyarwanda nibura 65% baracyacana amakara nubwo ikoreshwa rya gaze rigenda ryiyongera, ariko hari abavuga ko igihenze cyane.

Amacupa ya Gaz azatangwa azaba arimo ibiro hagati ya 6 na 50 bya Gaz. Mu gihe umufuka w’amakara utarenza ibyumweru 2 ugura 12.000Frw,ikiro cya Gaz cyo kigura hagati y’amafranga 1000Frw -1400Frw bitewe n’aho umuntu ayiguriye.

Oyinlola yagize ati “Ku bantu basanganywe amacupa ya Gaz ariko badashobora kubona amafaranga yo kuyigura buri kwezi, ikoranabuhanga rya ‘Pay As You Cook’ rije ari igisubizo kuri bo”.

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Huawei igiye gukomeza gahunda yayo ya Seeds for the Future mu Rwanda hifashishwa ikoranabuhanga

Ubwanditsi 01 Dec 2020
Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018
Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Joseph
    January 17, 20199:16 am -

    Baduhe addresses zabo ahubwo tugure iyo gaz dukoreshe ikoranabuhanga nubundi guhutera amakara imbabura ikanga no gufatwa biraturambiye.

    KAGAME Paul uzatugeza kuri byinshi pe!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afungiwe kugerageza  guha  ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura
Mu Mahanga

Afungiwe kugerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo arekure ucyekwaho ubujura

Ubwanditsi 15 Sep 2016
Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi
Amakuru

Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Ubwanditsi 16 Nov 2022
Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire ajye yibuka ko yafunzwe n’ibimenyetso byavuye mu Buholandi, naho isano n’abajenosideri, akabaye icwende ntikoga ngo gashiremo umunuko

Ubwanditsi 01 Jun 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru