• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ubwanditsi 09 Feb 2018 IKORANABUHANGA

Abantu 53 bafite aho bahurira n’ikoranabuhanga mu Rwanda basoje inama nyunguranabitekerezo bagaragaza bimwe mu bibazo byugarije umuryango Nyarwanda bishobora kuba byakemurwa n’ikoranabuhanga.

Iyi nama nyunguranabitekerezo yabereye muri KLab guhera ku wa 6 kugeza ku wa 8 Gashyantare 2018. Yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ikoranabuhanga (RISA) bigizwemo uruhare n’ikigo cy’Abongereza cyitwa Immarsat cyatangije ihuriro ryiswe IoT Community rirebera hamwe uko ibibazo byugarije abaturage byakemurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.

“IoT Workshop” yari iteguwe ku nshuro ya mbere mu Rwanda yitabiriwe n’abantu 53 bahurira mu matsinda icyenda bagaragaza ibibazo bitandukanye biri mu muryango hanyuma babishakira ibisubizo byashyirwa mu bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ikoranabuhanga (RISA), Muhizi Bagamba Innocent, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko imishinga yagaragajwe usanga itaranoga neza ahubwo ari ibitekerezo bishingiye bibazo abitabiriye iyi nama babonye, bizasuzumwa hanyuma izabonerwa uburyo ishyirwe mu bikorwa mu kurengera abaturage.

Yagize ati “Iyi nama nyungurana bitekerezo yari igamije kugira ngo abayitabiriye basobanukirwe icyo twita ’Internet of Things’, ni hehe ikoreshwa cyangwa se igeze ku ruhe rwego? Ni ibihe bibazo yakemura bya buri munsi abantu duhura na byo.”

Yongeyeho ati “Imishinga yagaragajwe usanga itaranoga neza, usanga ari nk’igitekerezo ariko gishingiye ku kibazo gisanzwe gihari mu muryangi cyangwa mu gihugu. Icyo tugiye gukora ni ukugira ngo noneho turebe ya mishinga tuyigeho dufatanyije na bariya babitekereje noneho turebe ni gute iriya mishinga yatekerejwe yashyirwa mu bikorwa ejo ikaba yakemura ibyo bibazo babonye.”

Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Ibikorwa bya Inmarsat by’umwihariko muri Afurika, Kurt von Molendorff, yavuze ko u Rwanda rugeze ahashimishije mu kwiyubaka bityo rukaba rukeneye no gukoresha ikoranabuhanga mu gushyigikira ibikorwa by’iterambere byagezweho no kubungabunga imibereho myiza y’abaturage hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Yagize ati “Uko abantu biyongera mu mijyi by’umwihariko iyo muri Afurika bishyira igitutu ku buryo bw’imyubakire n’ibikorwaremezo ugasanga bikomeye cyane kubaka ibintu byagutse mu kujyana n’ubwo bwiyongere bw’abaturage mu mijyi, njye nturuka muri Afurika y’Epfo ngira ngo murabizi ko muri iki gihe Cape Town yacu yashizemo amazi kandi ni ikibazo gikomeye cyugarije n’indi mijyi yagutse.”

Yongeyeho ati “Icyo twarebeye hamwe muri iyi nama nyungarabitekerezo n’abari mu ihuriro rya IoT ni ukwigisha guhuza ibikoresho, kubyukaba, gukora utwuma tw’ineka ku bibazo runaka byadufasha kumenya nk’urugero igihe ubushyuhe bukabije buzira hanyuma bigahuza na rya koranabuhanga twubatse mu guhangana na byo n’ibindi bibazo.”

Mu ukwakira umwaka ushize nibwo Inmarsat plc, yasinye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda aho igiye kubaka uburyo butandukanye bw’ikoranabuhanga mu Mujyi wa Kigali, bitewe n’umusaruro uzavamo bukazakwizwa mu gihugu hose no muri Afurika.

Yavuze ko u Rwanda rumaze kugaragaza ubushake n’umurava mu kubaka ibikorwaremezo bigezweho no gukoresha ikoranabuhanga mu kubishyigikira hirindwa ibibazo byakugariza abaturage ku buryo amahanga arwigiraho.

Umwe mu mishinga y’ingenzi yigiwe muri iyi nama nyungarabitekerezo ni uwo kubaka ikoranabuhanga ritahura ahagiye kuba impanuka y’inkongi mu miturirwa runaka rigatabaza inzego zibishinzwe mbere y’uko hagira ikibi kiba. Uyu n’indi itandukanye yigiwe muri iki gikorwa izasuzumwa ishyirwe mu bikorwa mu guhangana n’ibibazo byugarijwe abaturage.

Inmarsat plc itanga serivisi z’ikoranabuhanga ry’amajwi na internet kuva mu 1979, kuri za guverinoma n’ibigo byigenga.

Mu mishinga iteganywa ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda, harimo kubaka imirongo ya internet igenewe uduce runaka LoRaWAN (Low Power Wide Area Network).

Ni ukugira ngo harushweho kuboneka internet mu bice bitandukanye mu Mujyi wa Kigali mu mezi 12 ari imbere, izagenda yifashishwa n’ibikoresho bitandukanye biyikeneye mu buryo buzwi nka Internet of Things (IoT).

IoT ni ukuba ibikoresho bitandukanye bibasha kwakira no kohereza amakuru mu ikoranabuhanga, nko mu buryo buzaba bufasha mu bidukikije nk’ibyuma bizajya bishyirwa ku nyubako ngo bigenzure ubuziranenge bw’umwuka, imodoka izashyirwamo internet y’icyogajuru ikayigeza mu gace ubusanzwe igoye kugeramo.

Izaba ishobora no gutanga ikoranabuhanga rikenewe mu buhinzi buhinzi hagamijwe kongera umusaruro no kunoza imicungire y’amazi.

Harimo gufasha mu myigishirize, aho Inmarsat iteganya guhugura ba rwiyemezamirimo n’abanyeshuri kurushaho kumva uko “Internet of Things” (IoT) ikora, aho iteganya amahugurwa y’amezi atatu kuri ba rwiyemezamirimo n’abanyeshuri.

2018-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Urubuga ‘Irembo’ rwahawe igihembo cyo gutanga serivisi inoze mu 2018

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Paris: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ikoranabuhanga ya VivaTech

Paris: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ikoranabuhanga ya VivaTech

Ubwanditsi 17 May 2019
Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Angola: Dos Santos arashyize amanika amaboko yemera kurekura ubutegetsi nyuma y’imyaka 37 “INKURU IRAMBUYE”
POLITIKI

Angola: Dos Santos arashyize amanika amaboko yemera kurekura ubutegetsi nyuma y’imyaka 37 “INKURU IRAMBUYE”

Ubwanditsi 03 Dec 2016
RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo
ITOHOZA

RNC Yahinduye umuvuno wo gukoresha Abagore bayo

Ubwanditsi 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru