• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ubwanditsi 09 Feb 2018 IKORANABUHANGA

Abantu 53 bafite aho bahurira n’ikoranabuhanga mu Rwanda basoje inama nyunguranabitekerezo bagaragaza bimwe mu bibazo byugarije umuryango Nyarwanda bishobora kuba byakemurwa n’ikoranabuhanga.

Iyi nama nyunguranabitekerezo yabereye muri KLab guhera ku wa 6 kugeza ku wa 8 Gashyantare 2018. Yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ikoranabuhanga (RISA) bigizwemo uruhare n’ikigo cy’Abongereza cyitwa Immarsat cyatangije ihuriro ryiswe IoT Community rirebera hamwe uko ibibazo byugarije abaturage byakemurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.

“IoT Workshop” yari iteguwe ku nshuro ya mbere mu Rwanda yitabiriwe n’abantu 53 bahurira mu matsinda icyenda bagaragaza ibibazo bitandukanye biri mu muryango hanyuma babishakira ibisubizo byashyirwa mu bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ikoranabuhanga (RISA), Muhizi Bagamba Innocent, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko imishinga yagaragajwe usanga itaranoga neza ahubwo ari ibitekerezo bishingiye bibazo abitabiriye iyi nama babonye, bizasuzumwa hanyuma izabonerwa uburyo ishyirwe mu bikorwa mu kurengera abaturage.

Yagize ati “Iyi nama nyungurana bitekerezo yari igamije kugira ngo abayitabiriye basobanukirwe icyo twita ’Internet of Things’, ni hehe ikoreshwa cyangwa se igeze ku ruhe rwego? Ni ibihe bibazo yakemura bya buri munsi abantu duhura na byo.”

Yongeyeho ati “Imishinga yagaragajwe usanga itaranoga neza, usanga ari nk’igitekerezo ariko gishingiye ku kibazo gisanzwe gihari mu muryangi cyangwa mu gihugu. Icyo tugiye gukora ni ukugira ngo noneho turebe ya mishinga tuyigeho dufatanyije na bariya babitekereje noneho turebe ni gute iriya mishinga yatekerejwe yashyirwa mu bikorwa ejo ikaba yakemura ibyo bibazo babonye.”

Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Ibikorwa bya Inmarsat by’umwihariko muri Afurika, Kurt von Molendorff, yavuze ko u Rwanda rugeze ahashimishije mu kwiyubaka bityo rukaba rukeneye no gukoresha ikoranabuhanga mu gushyigikira ibikorwa by’iterambere byagezweho no kubungabunga imibereho myiza y’abaturage hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Yagize ati “Uko abantu biyongera mu mijyi by’umwihariko iyo muri Afurika bishyira igitutu ku buryo bw’imyubakire n’ibikorwaremezo ugasanga bikomeye cyane kubaka ibintu byagutse mu kujyana n’ubwo bwiyongere bw’abaturage mu mijyi, njye nturuka muri Afurika y’Epfo ngira ngo murabizi ko muri iki gihe Cape Town yacu yashizemo amazi kandi ni ikibazo gikomeye cyugarije n’indi mijyi yagutse.”

Yongeyeho ati “Icyo twarebeye hamwe muri iyi nama nyungarabitekerezo n’abari mu ihuriro rya IoT ni ukwigisha guhuza ibikoresho, kubyukaba, gukora utwuma tw’ineka ku bibazo runaka byadufasha kumenya nk’urugero igihe ubushyuhe bukabije buzira hanyuma bigahuza na rya koranabuhanga twubatse mu guhangana na byo n’ibindi bibazo.”

Mu ukwakira umwaka ushize nibwo Inmarsat plc, yasinye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda aho igiye kubaka uburyo butandukanye bw’ikoranabuhanga mu Mujyi wa Kigali, bitewe n’umusaruro uzavamo bukazakwizwa mu gihugu hose no muri Afurika.

Yavuze ko u Rwanda rumaze kugaragaza ubushake n’umurava mu kubaka ibikorwaremezo bigezweho no gukoresha ikoranabuhanga mu kubishyigikira hirindwa ibibazo byakugariza abaturage ku buryo amahanga arwigiraho.

Umwe mu mishinga y’ingenzi yigiwe muri iyi nama nyungarabitekerezo ni uwo kubaka ikoranabuhanga ritahura ahagiye kuba impanuka y’inkongi mu miturirwa runaka rigatabaza inzego zibishinzwe mbere y’uko hagira ikibi kiba. Uyu n’indi itandukanye yigiwe muri iki gikorwa izasuzumwa ishyirwe mu bikorwa mu guhangana n’ibibazo byugarijwe abaturage.

Inmarsat plc itanga serivisi z’ikoranabuhanga ry’amajwi na internet kuva mu 1979, kuri za guverinoma n’ibigo byigenga.

Mu mishinga iteganywa ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda, harimo kubaka imirongo ya internet igenewe uduce runaka LoRaWAN (Low Power Wide Area Network).

Ni ukugira ngo harushweho kuboneka internet mu bice bitandukanye mu Mujyi wa Kigali mu mezi 12 ari imbere, izagenda yifashishwa n’ibikoresho bitandukanye biyikeneye mu buryo buzwi nka Internet of Things (IoT).

IoT ni ukuba ibikoresho bitandukanye bibasha kwakira no kohereza amakuru mu ikoranabuhanga, nko mu buryo buzaba bufasha mu bidukikije nk’ibyuma bizajya bishyirwa ku nyubako ngo bigenzure ubuziranenge bw’umwuka, imodoka izashyirwamo internet y’icyogajuru ikayigeza mu gace ubusanzwe igoye kugeramo.

Izaba ishobora no gutanga ikoranabuhanga rikenewe mu buhinzi buhinzi hagamijwe kongera umusaruro no kunoza imicungire y’amazi.

Harimo gufasha mu myigishirize, aho Inmarsat iteganya guhugura ba rwiyemezamirimo n’abanyeshuri kurushaho kumva uko “Internet of Things” (IoT) ikora, aho iteganya amahugurwa y’amezi atatu kuri ba rwiyemezamirimo n’abanyeshuri.

2018-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Ubwanditsi 16 May 2018
Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa

Perezida Kagame yasabye REG korohereza abakeneye serivisi z’amashanyarazi mu buryo bwihutirwa

Ubwanditsi 05 May 2019
‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

Ubwanditsi 06 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC
INKURU NYAMUKURU

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017
APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup
Amakuru

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.
Amakuru

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru