• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023 Amakuru, IKORANABUHANGA, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUKUNGU

Uwavuga ko bene aba ari bo ngenzi bakenewe mu banyarwanda ntabwo waba ubeshye kubera impamvu uruhumbirajana rugamije gukuraho ubushomeri burundu mu Rwanda ntabwo waba ukabije inkuru cyangwa ngo bibe ari ugutebya

Ibi kandi byahamijwe n’abitabiriye ihuriro ryahuruje imbaga y’ibigo byigenga bifite inkomoko mu Bushinwa byose byarakubise bimurika ibikorwa bigamije gushakira amahirwe Abanyarwanda bize mu Bushinwa n’abandi bakeneye akazi hagamijwe gukingurira amarembo Abanyarwanda ngo bakure amaboko mu mifuka, Dore ko hari Inganda,amahoteli, ibigo by’itumanaho n’ibindi

Abanyarwanda bize mu Bushinwa bafite amahirwe kurusha abandi ku Isi”; Patrick Kananga, Ni umuyobozi Mukuru w’Umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), akomeza avuga ko abanyarwanda bize mu Bushinwa bafite amahirwe menshi kurusha abandi ku Isi, kuko bashyiriweho uburyo bahuzwa n’abashoramari b’Abashinwa bakorera mu Rwanda, kugira ngo babone akazi.

Ibi Patrick Kananga yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Nzeri 2023, ubwo Ihuriro ry’abanyarwanda bize mu Bushinwa (Rwanda China Alumni Organization-RCAO) ku bufatanye na Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda, bari mu gikorwa cyo guhuza Kompanyi z’Abashinwa zikorera mu Rwanda n’abanyarwanda bize mu Bushinwa, bagaragarizwa ahari imyanya y’akazi; igikorwa bise ‘Job fair’ cyabaga ku nshuro ya kabiri.

Bwana Higaniro Théoneste (Taylor)

Umuyobozi w’umuryango w’abize n’ababaye mu Bushinwa (RCAO), Bwana Higaniro Taylor Theoneste, avuga ko binyuze muri ‘Job fair’ ya mbere yagize umumaro kandi bizeye ko n’ubu bizagenda neza abenshi bakahakura inyungu zinyuranye

Ni ku nshuro ya kabiri, RCAO Job fair iteguwe kuko yatanze umusaruro mu ya mbere, kuko mu igenzura twakoze twasanze abanyarwanda benshi bavuye kwiga mu Bushinwa babonye akazi abandi babona aho bimenyereza akazi muri Kompanyi z’Abashinwa, aho hari abagera kuri 30 babonye akazi ku buryo buhoraho, hari n’abo basigaranye contact zabo, uko akazi kagenda kaboneka muri izo Kompanyi babahamagara bakajya gukora ako kazi.”

Bwana Higaniro yakomeje avuga ko babanje gukorana na Kompanyi z’Abashinwa, ariko ubutaha batekereza kongeramo n’izindi Kompanyi zaba iz’abanyarwanda n’abanyamahanga zikorera mu Rwanda kugira ngo batange amahirwe ku banyarwanda bose muri rusange, anavuga ko iki gikorwa kirimo kugenda gikura dore ko ku nshuro ya mbere cyitabiriwe na Kompanyi 12 none ubu ku nshuro ya kabiri haje izigera kuri 30; bityo n’umubare w’ababona akazi uzarushaho kwiyongera.

Hano Bwana Higaniro yaganiraga na H.E Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda mbere ya Covid 19

Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yavuze ko nyuma y’imyaka 4 Job fair ya mbere ibaye yatanze umusaruro, kandi ko Ubushinwa buzakomeza gufatanya n’u Rwanda mu iterambere nk’ibihugu bifitanye umubano, hashakwa imirimo ku banyarwanda bize mu Bushinwa n’abandi, kandi ko yizeye ko imikoranire ihari hagati ya RCAO na Ambasade izatuma bagera kuri byinshi.


Ageza ijambo ku bitabiriye iki gikorwa, Umuyobozi Mukuru w’Umurimo muri MIFOTRA wari umushyitsi mukuru, Bwana Patrick Kananga, yavuze ko abanyarwanda bize mu Bushinwa bafite amahirwe menshi kuko ari igihugu kitareba ku kwigisha gusa.

Yagize ati:

“Abanyamuryango ba RCAO muri abantu ba mbere ku Isi mufite amahirwe. Ni ikintu dushima kuba Leta y’Ubushinwa ishobora guha abanyarwanda amahirwe yo kwigayo, ariko ntibinarangirire aho ngaho y’uko bize, igakurikirana ngo ibahuze n’abakoresha batandukanye cyane cyane Abashinwa kugira ngo ba bana bizeyo banabone akazi.”

Yakomeje asaba n’andi mashyirahamwe n’amahuriro (alumni) y’abize mu bindi bihugu na cyane ko agiye ahari, ko bagera ikirenge mu cya RCAO, bagashyiramo ingufu ku buryo nabyo byatanga umusaruro, anavuga ko ibikorwa bya Leta y’Ubushinwa mu Rwanda byigaragaza kandi bizamura ubukungu bw’igihugu.

Kugeza ubu RCAO ivuga ko hari abanyarwanda barenga 800 bize mu Bushinwa biyandikishije nk’abanyamuryango bayo, gusa ngo abenshi muri bo bafite akazi n’ubwo hakiri abari hagati ya 200 na 300 badafite akazi, ikaba iteganya kunoza neza urubuga rwayo rw’ikoranabuhanga (website) ryayo kugira ngo abafite akazi n’abatagafite bajye bagaragara neza, kandi bari mu byiciro byabo bitandukanye; ni ukuvuga abize icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, icya gatatu ndetse n’abafite impamyabumenyi y’ikirenga.

Uwahuza ibiganza agashimira Abashinwa n’abahize ntiyaba akabije, indi miryango nayo igende irebereho.

2023-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero

Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero

Ubwanditsi 02 Jun 2025
Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ubwanditsi 03 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri
POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike
IMIKINO

Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Ubwanditsi 23 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru