• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Ubwanditsi 23 Aug 2016 IMIKINO

Imikino olympic yaberaga i Rio de Janeiro muri Brazil kuva tariki 5 Kanama kugeza kuri tariki 21,yari yaritabiriwe nibihumbi by’abakinnyi harimo 7 bari baserukiye u Rwanda,gusa ariko ubwo abandi bazamuraga amabendera y’ibihugu byabo,abanyarwanda batangaga impamvu zatumye bitwara nabi,aba bakinnyi ntamudali numwe begukanye,yewe abenshi ntibanarangije irushanwa.

Turebeye hamwe muri rusange ni ku nshuro ya cyenda u Rwanda rwitabiraga imikino Olempike ikaba iya gatatu rwari ruhagarariwe kuva mu 1992 mu mikino yabereye i Barcelona muri Espagne aho rwari rufite abakinnyi 10, 2012 i Londres rwari rufite abakinnyi 7 ari nabo rwari rufite uyu mwaka i Rio de Janeiro muri Brazil.

-3774.jpg
Niyonshuti Adrie niwe wari uhagarariye abndi i Rio

Aba bakinnyi bose bari bahagarariwe na Adrie Niyonshuti nka kapiteni,uyu yajyanywe muri aya marushanwa atabikwiriye kuko siwe wari watsindiye uyu mwanya,ahubwo yaje gusimbura uwari watsindiye uyu mwanya,uyu yaje gutanga impamvu zatunguye benshi zo kuba atararangije irushanwa yavuze ko yagowe nigare aranagwa bituma adasoza i rushanwa,gusa bamwe mubakurikiye iyi mikino barimo umunyamakuru w’imikino Muramira Regis ubwo twaganiraga yatubwiye ko kuriwe asanga Adrie yari gwishije kugirango yikureho ikimwaro.

yagize ati”Njye nkurikije uko umuntu waguye mu muhanda akomereka sinakwemeza ko uriya mukinnyi yaguye koko ahubwo njye mbona iriya ari iturufu yakoresheje kugirango yikize ikimwaro cyo kuba adakoze ibyo abanyarwanda bari bamutegerejeho”.

Tariki 6 Kanama, ubwo yatangiraga gusiganwa, igare rye ryagize ikibazo cya feri ahabwa irindi ariko amaze gukora ibirometero 50 mu muri 237.5 bagombaga gusiganwa aragwa bituma ahita anava mu irushanwa atarangije.

Kuri uwo munsi kandi, Umunyarwandakazi witwa Umurungi Joanna ukina imikino yo koga metero 100 za Bunyugunyugu (butterfly) wari umaze igihe kinini yitoreza mu Butaliyani, yabaye uwa kabiri mu isibo yari arimo akoresheje umunota 1’11″92 agabanya ibihe asanzwe akoreshaho amasegonda abiri.

-3775.jpg
Umurungi umukobwa wasiganwaga muboga

Umurungi n’iyo aba uwa mbere ntiyari gukomeza bitewe n’uko isibo yarimo yari iya nyuma yari yashyizwemo abakinnyi b’inyuma bafite ibihe binini kurusha abandi ku buryo n’uwabayemo uwa mbere atarenze icyo cyiciro.

-3776.jpg
Eloi yaramaze umwaka wose yitoreza mukigo mpuza mahanga cyo koga

Umunyarwanda wa gatatu yakinnye tariki 11 Kanama, Eloi Imaniraguha. Yari amaze umwaka yitoreza mu kigo mpuzamahanga cya cyo koga [Swimming Center] muri Thailand ariko yarangije ari uwa 68 mu bakinnyi 85, akoresheje amasegonda 26 n’iby’ijana 43 mu gusiganwa metero 50, asizweho na Andriy Hovorov wo muri Ukraine wa mbere amasegonda atanu.

Uyu mukinnyi mu isibo (heat) ya kane yarimo ahanganye n’abakinnyi umunani, yabaye uwa munani ntiyabasha kurenga itsinda.

-3777.jpg
uyu niwe wahabwaga amahirwe yo kuba hari icyo yakora

Nyirarukundo Salome mu kwiruka ku maguru mu birometero 10 yarangije ari uwa 27 mu bakinnyi 35 akoresheje iminota 31 amasegonda 7 n’ibice 80 asizwe na Almaz Ayana wo muri Ethiopia wabaye uwa mbere akoresheje iminota 29 amasegonda 17 n’ibice 45.

-3778.jpg
Mukasakindi yabaye uwa 126

Mukasakindi Claudette na we usiganwa ku maguru mu birometero 42 [marathon ], yabaye uwa 126 mu bantu 133 basoje irushanwa, Umunya Kenya Jemima Jelagat Sumgong yegukana umudali wa zahabu amusize iminota 41’53.

Ku munsi wa nyuma w’amarushanwa, kuri iki Cyumweru tariki 21 Kanama hari hatahiwe Uwiragiye Ambroise usiganwa muri marathon mu bagabo akaba asanzwe yitoreza mu Buholandi ari naho aba.

Uyu mukinnyi wari witabiriye imikino Olempike ku nshuro ya mbere, yarangije ari uwa 99 mu 140 basiganwe, yakoresheje amasaha 2:25:57 mu gihe Umunya Kenya Eliud Kipchoge wa mbere yakoresheje amasaha 2:08:44.

Nathan Byukusenge wagombaga gukina mu gusiganwa ku magare mu misozi (Mountain Bike), we ntiyabashije kurangiza isiganwa. Umudali wa zahabu watwawe na Nino Schurter wo mu Busuwisi, Jaroslav Kulhavý wo muri Repubulika ya Czech yegukana feza naho Carlos Coloma Nicolas wo muri Espagne atwara uw’umuringa.

Muri rusange, mu bihugu byo mu Karere u Burundi buvanye umudali umwe wa feza muri iyi mikino, Kenya itahanye imidali 13 irimo itandatu ya zahabu, itandatu ya feza n’umwe w’umuringa, Ethiopia itahanye imidali umunani irimo umwe wa zahabu, ibiri ya feza n’itanu y’umuringa.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika niyo yegukanye imidali myinshi kuko itahanye 121 irimo 46 ya zahabu, 37 ya feza na 38 y’umuringa, ikaba ikurikiwe n’u Bushinwa bwatwaye imidali 70 n’u Bwongereza butahanye igera kuri 67.

Muri Afurika Kenya niyo yatwaye imidali myinshi igera kuri 13 ikurikiwe na Afurika y’Epfo yatwaye 10.

Aha niho twagera twibaza niba koko buri mwaka u Rwanda ruzajya rwitabira gusa ariko nta mudali rutegereje.

Ntakirutimana Alfred

2016-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Inama y’intekorusange ya Gicumbi FC yasize uwari Visi Perezida wayo, Niyitanga Desiré atorewe kuyiyobora

Ubwanditsi 25 Oct 2022
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Ubwanditsi 02 May 2021
FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023
Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Ubwanditsi 24 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuba tugeze  muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame
IMIKINO

Kuba tugeze muri ¼ tubikesha Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

Ubwanditsi 21 Jan 2016

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

RUSHYASHYA 31 May 2026

Nyuma yo gusezerera Sudani y’Amajyepfo kuri mpaga, Amavubi y’abagore batarengeje imyaka 20 iritegura gukina na Ethiopia mu ijonjora rya 2 mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Costa Rica 2022

Ubwanditsi 22 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru