• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Ubwanditsi 28 May 2025 Amakuru, IMIKINO

Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Adel Amrouche yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi 28 bagomba kwitabira umukino wa gicuti uzahuza Amavubi na Algérie tariki ya 5 Kamena 2025, kuri Stade Mohamed-Hamlaoui i Constantine.

Uyu mukino urimo gutegurwa mu gihe cyemerwe gukinamo imikino mpuzamahanga ya FIFA yo muri Kamena, ukazaba ari ingenzi cyane mu myiteguro y’Amavubi mbere y’uko bakina imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Mu bakinnyi bahamagawe harimo abakinira imbere mu gihugu n’abandi bakinira hanze, barimo amazina asanzwe azwi nka Kapiteni Bizimana Djihad wa Al Ahli Tripoli, Medie Kagere ukinira Namungo FC n’umunyezamu Fiacre Ntwari waKaizer Chiefs FC.

Uru rutonde kandi rugaragaraho andi mazina y’abakinnyi bashya bakiri bato nka Kayibanda Claude Smith wa Luton Town yo mu Bwongereza, Uwimana Noe Iman wa Virginia Tech Soccer ukina muri USA ndetse na Nkulikiyimana Darryl Nganji wo muri FC Dender EH.

Amakipe yo mu Rwanda nka APR FC na Rayon Sports ayoboye andi makipe  mu gutanga abakinnyi mu ikipe y’igihugu, aha twavuga nka Ruboneka Jean Bosco wa APR FC na Muhire Kevin wa Rayon Sports.

Amrouche, wagizwe umutoza mukuru mu ntangiriro za 2025, yavuze ko gukina n’amakipe makuru kandi akomeye kugirango arebe urwego rwMabakinnyi b’Amavubi.

Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, Adel yagize ati “Dukeneye umukino ukomeye nk’uwa Algérie kugira ngo turebe uko abakinnyi bacu bahagaze, ndetse tunabone uko dutegura imikino y’ijonjora rya WCQ. Turifuza kureba uburyo twakomeza kubaka ikipe ihatanira ibikombe,”

Ni umukino uzaba ari isuzuma rikomeye ku Amavubi, aho intego ari uguhatanira kuzitabira igikombe cy’Isi bwa mbere mu mateka.

Biteganyijwe ko Amavubi azahaguruka mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 30, gusa nta mwitozo n’umwe uzabera mu Rwanda.

Abanyezamu:

• Ntwari Fiacre (Kaizer Chiefs FC)

• Buhake Clement Twizere (Ullensaker/Kisa)

• Ishimwe Pierre (APR FC)

Ba Myugariro:

• Niyomugabo Claude (APR FC)

• Aly Enzo Hamon (Angoulême CFC)

• Omborenga Fitina (Rayon Sports)

• Uwimana Noe Iman (Virginia Tech Soccer)

• Mutsinzi Ange (Zira Futbol Klubu)

• Manzi Thierry (Al Ahli Tripoli)

• Niyigena Clément (APR FC)

• Nshimiyimana Yunus (APR FC)

• Kavita Phanuel (Birmingham Legion FC)

• Ngwabije Brian Clovis (Blois Foot 41)

Abo hagati:

• Nkulikiyimana Darryl Nganji (FCV Dender EH)

• Bizimana Djihad (Al Ahli Tripoli)

• Mugisha Bonheur (Stade Tunisien)

• Ruboneka Jean Bosco (APR FC)

• Muhire Kevin (Rayon Sports)

• Kayibanda Claude Smith (Luton Town, England)

• Manishimwe Djabel (Naft Al Wasat)

Ba Rutahizamu:

• Nshuti Innocent (Sabail FK)

• Gitego Arthur (Clube Ferroviário da Beira)

• Kagere Medie (Namungo FC)

• Rafael York (ZED FC)

• Mugisha Gilbert (APR FC)

• Joeja Kwizera (Rhode Island FC)

• Biramahire Abeddy (Rayon Sports)

2025-05-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

Mu Burundi Bararira ayo kwarika nyuma y’Inkongi Karahabutaka Yarindimuye ububiko bw’intwaro

RUSHYASHYA 01 Apr 2026
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Ubwanditsi 28 May 2021
Areruya Joseph na Ingabire Diane begukanye isiganwa ryo Gukunda Igihugu ryazengurukaga Kimihurura ndetse na Remera

Areruya Joseph na Ingabire Diane begukanye isiganwa ryo Gukunda Igihugu ryazengurukaga Kimihurura ndetse na Remera

Ubwanditsi 31 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 24 Apr 2023
Perezida Kagame yagaragaje ko ibisubizo by’Abanyafurika bitagomba gushakirwa ahandi ngo babiturwe hejuru
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko ibisubizo by’Abanyafurika bitagomba gushakirwa ahandi ngo babiturwe hejuru

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya
IMIKINO

Umukino wa APR FC na Marines FC wimuriwe kuri Stade Amahoro kubera ikipe ya Kenya

Ubwanditsi 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru