• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Itsinda ryiyise ‘Rwanda Bridge Builders’ rikaba ari ihuriro ryuzuyemo abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bakaba bivugira ko bakorana n’imitwe y’iterabwoba, mu cyumweru gishize basohoye itangazo bahuriyeho aho bagerageje gutagatifuza Paul Rusesabagina uherutse gutabwa muri yombi aho akekwaho kugira uruhare mu gushinga no gutera inkunga iterabwoba.

Aba rero bahuriye muri ibi biryabarezi bashinja Guverinoma y’u Rwanda “gukoresha ibikorwa by’iterabwoba ku butaka bw’u Rwanda no mu mahanga” Aba bose babashije kuva mu gihugu ariko bahafite urubanza cyangwa se kutubahiriza inshingano zibyo bari bashinzwe bagera hanze bakigira abanyapolitiki n’abaharanira uburenganzira bwa muntu nyamara abenshi babona ko bakina ikarita y’ubuswa dore ko muri bo bafite ubwoba ko bazafatwa bakagezwa imbere y’ubutabera mu Rwanda nk’uko byagenze kuri Rusesabagina Paul nawe widegembyaga.

Bose hamwe ni 38 bashyizeho umukono barimo n’abahagarariye MRCD-Ubumwe ya Paul Rusesabagina, na RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi, aya magambo yatangajwe bwa mbere na Command one post, imwe mu mbuga za interineti za leta ya Uganda iterwa inkunga na CMI zikunze kuvuga nabi u Rwanda gusa abakurikiranira hafi politiki yo mu karere barabizi neza ko Uganda ishyigikiye amatsinda menshi arwanya u Rwanda harimo na Rwanda Bridge Builders.

Iri tangazo ryavuze ko “Guverinoma y’u Rwanda yashimuse Paul Rusesabagina”, nyamara inzego zibishinzwe mu Rwanda zavuze cyane ku bihe uyu mugabo yafatiwe ndetse naho yafatiwe. Mu kiganiro kuri televiziyo y’igihugu nyuma gato y’ifatwa rya Rusesabagina, Perezida Paul Kagame yasobanuye uko Paul Rusesabagina yafashwe ati “abishaka yizanye mu Rwanda kandi nta kosa ryigeze ribaho mu gufatwa kwe.”
Nta nubwo Paul Rusesabagina yigeze abivuga mu biganiro byose yatanze ko yaba yarashimuswe.

Muri iryo tangazo, imitwe irwanya u Rwanda yagerageje kweza Rusesabagina nk’intwari yahoze ikora ubudacogora kugira ngo irwanye icyo bise “akarengane” bavuga ko gakorerwa abanyarwanda gakozwe na guverinoma iriho.

Ariko izi nkuru zose zashyizwe ahagaragara nk’ibinyoma mumyaka myinshi, Inkuru ya Rusesabagina nk ‘umuntu wintwari wakijije impunzi 1200 z’abatutsi muri hoteri ya Mille Collines yamaganwe nk’ibinyoma rwose n’abantu bari bahari na Hon. Odette Nyiramirimo wari uhari vuba aha yagize ati: “Ni ibyaremwe na Hollywood gusa.” Icyo mu cyongereza wakwita fictions kugirango filimi iryohe gusa kandi bikaba bitandukanye n’ukuri Na none kandi, bitandukanye n’ibivugwa n’iyo mitwe.

Rusesabagina yemereye urukiko ko yateye inkunga umutwe w’iterabwoba wa FLN ingana n’amayero 20,000 mu yasaga 300,000 yakusanyije kugirango ahabwe imitwe y’iterabwoba yagiye igaba ibitero by’iterabwoba byahitanye ubuzima bw’abasivili badafite intwaro b’inzirakarengane mu bice by’amajyepfo y’iburengerazuba bw’u Rwanda muri 2018 na 2019

Ubu ni mu gihe abayobozi b’Ababiligi na bo barimo gukora iperereza ku rubanza rwa Rusesabagina ku bijyanye no koherereza amafaranga imitwe y’iterabwoba.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bihutiye kwamaganira kure aya magambo y’Abo biyise Rwanda Bridge Builders bashimangira ko abayoboke b’iri huriro bagize ubwoba bwinshi kubera ifatwa rya bamwe mu babahaga amafaranga bakuragamo amaramuko cyane cyane ifatwa ry’aba Rusesabagina na Félicien Kabuga wahoze ari umunyemari akaba yaranateye inkunga umugambi mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

2020-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Ubwanditsi 11 Feb 2019
Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Ubwanditsi 19 May 2021
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021
Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Inzego z’ubutabera z’Amerika zohereje mu Rwanda Interahamwe ruharwa Oswald Rurangwa

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda
IMIKINO

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti
HIRYA NO HINO

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.
INKURU NYAMUKURU

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Ubwanditsi 03 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru