• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Itsinda ryiyise ‘Rwanda Bridge Builders’ rikaba ari ihuriro ryuzuyemo abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bakaba bivugira ko bakorana n’imitwe y’iterabwoba, mu cyumweru gishize basohoye itangazo bahuriyeho aho bagerageje gutagatifuza Paul Rusesabagina uherutse gutabwa muri yombi aho akekwaho kugira uruhare mu gushinga no gutera inkunga iterabwoba.

Aba rero bahuriye muri ibi biryabarezi bashinja Guverinoma y’u Rwanda “gukoresha ibikorwa by’iterabwoba ku butaka bw’u Rwanda no mu mahanga” Aba bose babashije kuva mu gihugu ariko bahafite urubanza cyangwa se kutubahiriza inshingano zibyo bari bashinzwe bagera hanze bakigira abanyapolitiki n’abaharanira uburenganzira bwa muntu nyamara abenshi babona ko bakina ikarita y’ubuswa dore ko muri bo bafite ubwoba ko bazafatwa bakagezwa imbere y’ubutabera mu Rwanda nk’uko byagenze kuri Rusesabagina Paul nawe widegembyaga.

Bose hamwe ni 38 bashyizeho umukono barimo n’abahagarariye MRCD-Ubumwe ya Paul Rusesabagina, na RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi, aya magambo yatangajwe bwa mbere na Command one post, imwe mu mbuga za interineti za leta ya Uganda iterwa inkunga na CMI zikunze kuvuga nabi u Rwanda gusa abakurikiranira hafi politiki yo mu karere barabizi neza ko Uganda ishyigikiye amatsinda menshi arwanya u Rwanda harimo na Rwanda Bridge Builders.

Iri tangazo ryavuze ko “Guverinoma y’u Rwanda yashimuse Paul Rusesabagina”, nyamara inzego zibishinzwe mu Rwanda zavuze cyane ku bihe uyu mugabo yafatiwe ndetse naho yafatiwe. Mu kiganiro kuri televiziyo y’igihugu nyuma gato y’ifatwa rya Rusesabagina, Perezida Paul Kagame yasobanuye uko Paul Rusesabagina yafashwe ati “abishaka yizanye mu Rwanda kandi nta kosa ryigeze ribaho mu gufatwa kwe.”
Nta nubwo Paul Rusesabagina yigeze abivuga mu biganiro byose yatanze ko yaba yarashimuswe.

Muri iryo tangazo, imitwe irwanya u Rwanda yagerageje kweza Rusesabagina nk’intwari yahoze ikora ubudacogora kugira ngo irwanye icyo bise “akarengane” bavuga ko gakorerwa abanyarwanda gakozwe na guverinoma iriho.

Ariko izi nkuru zose zashyizwe ahagaragara nk’ibinyoma mumyaka myinshi, Inkuru ya Rusesabagina nk ‘umuntu wintwari wakijije impunzi 1200 z’abatutsi muri hoteri ya Mille Collines yamaganwe nk’ibinyoma rwose n’abantu bari bahari na Hon. Odette Nyiramirimo wari uhari vuba aha yagize ati: “Ni ibyaremwe na Hollywood gusa.” Icyo mu cyongereza wakwita fictions kugirango filimi iryohe gusa kandi bikaba bitandukanye n’ukuri Na none kandi, bitandukanye n’ibivugwa n’iyo mitwe.

Rusesabagina yemereye urukiko ko yateye inkunga umutwe w’iterabwoba wa FLN ingana n’amayero 20,000 mu yasaga 300,000 yakusanyije kugirango ahabwe imitwe y’iterabwoba yagiye igaba ibitero by’iterabwoba byahitanye ubuzima bw’abasivili badafite intwaro b’inzirakarengane mu bice by’amajyepfo y’iburengerazuba bw’u Rwanda muri 2018 na 2019

Ubu ni mu gihe abayobozi b’Ababiligi na bo barimo gukora iperereza ku rubanza rwa Rusesabagina ku bijyanye no koherereza amafaranga imitwe y’iterabwoba.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bihutiye kwamaganira kure aya magambo y’Abo biyise Rwanda Bridge Builders bashimangira ko abayoboke b’iri huriro bagize ubwoba bwinshi kubera ifatwa rya bamwe mu babahaga amafaranga bakuragamo amaramuko cyane cyane ifatwa ry’aba Rusesabagina na Félicien Kabuga wahoze ari umunyemari akaba yaranateye inkunga umugambi mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

2020-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Ubwanditsi 07 Apr 2024
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ubwanditsi 29 Nov 2022
Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Musenyeri Rwubusisi wahoze uyobora Diocese ya Cyangungu yasubije perezida Museveni

Ubwanditsi 15 Jan 2018
U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

Ubwanditsi 03 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi
ITOHOZA

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Ubwanditsi 26 May 2017
Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza
Amakuru

Ben Kayiranga yahishuye uko yasabwe kureka kuririmba injyana gakondo, akabwirwa kuririmba indirimbo zijya gusa n’izabafaransa ngo nizo zicuruza

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre
Mu Mahanga

Itangazo ku bakeneye kugana Kigali Convention Centre

Ubwanditsi 24 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru