• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Ubwanditsi 04 Jun 2018 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

“Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi”, ibi ni ibyatangajwe n’umudipolomate wo muri Angola nyuma y’aho igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyari cyatangaje ko u Bufaransa, Angola n’u Rwanda biri kukigambanira ubwo abakuru b’ibi bihugu uko ari bitatu baheruka guhurira I Paris mu kwezi gushize.

Nyuma yo guhurira I Paris, perezida wa Angola, Joao Lourenco na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bagiye kongera guhurira I Buruseli mu Bubiligi muri iki cyumweru, ariko nta ruzinduko na rumwe ruhuye n’urundi nubwo kubonana kw’aba bakuru b’ibihugu n’u Bubiligi kutazaburamo kuvuga ku bibazo bya Congo nk’uko RFI dukesha iyi nkuru ivuga.

I Buruseli abakuru b’ibihugu byombi bazakirwa n’Umwami w’u Bubiligi.

Ambasaderi wa Angola I Buruseli, Georges Chikoti, yemeje ko ikizaba kijyanye perezida Lourenco cyane cyane ari ibiganiro ku ishoramari. Nyuma yo kubonana n’Umwami w’u Bubiligi, Joao Lourenco ngo araza kubonana na ba rwiyemezamirimo 60 b’Ababiligi kuri uyu wa Mbere, itariki, 04 Kamena, naho kuri uyu wa Kabiri akazaba ari Anvers aho azabonanira n’abacuruzi ba za diamants ndetse asure icyambu.

Ku ruhande rwa perezida Kagame watumiwe mu Bubiligi mu Nama ngarukamwaka yiga ku iterambere ry’u Burayi (Journées européennes de développement), utegerejwe kuri uyu wa Mbere, nawe azakirwa n’Umwami w’u Bubiligi.

Biravugwa ko igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kiri mu bizaganirwaho. Iki kibazo kikaba gihangayikishije ibihugu bya Angola n’u Rwanda nk’abaturanyi ba Congo, aho Ambasaderi wa Angola avuga ko bagiye kwibutsa iki gihugu kubaha ibyo Abanyekongo bemeje nko gutegura amatora bitarenze uyu mwaka.

Uyu mudipolomate yongeyeho ko nta kindi bateganya kirenze kuri ibyo asobanura ko nta bugambanyi buri gukorerwa Congo nk’uko abategetsi bayo babitangaje.

Yagize ati: “Nta biganiro biri kuba hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi”, aha akaba yari akomoje ku burakari bwagaragajwe na Congo ubwo perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangazaga ko igihugu cye kizashyigikira umugambi w’akarere, uzazanwa na Afurika Yunze Ubumwe ku bufatanye bwa Angola, wo gushakira umuti ibibazo bya Congo.

Iyi nkuru ikaba isoza ivuga ko kumva ibintu kimwe kw’u Bufaransa, Angola n’u Rwanda noneho hakiyongeraho u Bubiligi, bihangayikishije Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na cyane ko u Rwanda ngo rwagiye rushinjwa gusahura umutungo kamere w’iki gihugu kikaba kibona kiri kugambanirwa.

 

2018-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022
“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

“U Rwanda rutewe ishema no kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 yagenze neza kurusha uko byari byitezwe” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Imvuru zadukiriye  Umujyi  wa Kasese
ITOHOZA

Uganda : Imvuru zadukiriye Umujyi wa Kasese

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi
Mu Mahanga

Kigali: Hasojwe amahugurwa yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Ubwanditsi 15 Oct 2016
Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

Police Volleyball Club yahize gutwara ibikombe byose izakinira mu mwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 16 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru