• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Ubwanditsi 04 Jun 2018 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

“Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi”, ibi ni ibyatangajwe n’umudipolomate wo muri Angola nyuma y’aho igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyari cyatangaje ko u Bufaransa, Angola n’u Rwanda biri kukigambanira ubwo abakuru b’ibi bihugu uko ari bitatu baheruka guhurira I Paris mu kwezi gushize.

Nyuma yo guhurira I Paris, perezida wa Angola, Joao Lourenco na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bagiye kongera guhurira I Buruseli mu Bubiligi muri iki cyumweru, ariko nta ruzinduko na rumwe ruhuye n’urundi nubwo kubonana kw’aba bakuru b’ibihugu n’u Bubiligi kutazaburamo kuvuga ku bibazo bya Congo nk’uko RFI dukesha iyi nkuru ivuga.

I Buruseli abakuru b’ibihugu byombi bazakirwa n’Umwami w’u Bubiligi.

Ambasaderi wa Angola I Buruseli, Georges Chikoti, yemeje ko ikizaba kijyanye perezida Lourenco cyane cyane ari ibiganiro ku ishoramari. Nyuma yo kubonana n’Umwami w’u Bubiligi, Joao Lourenco ngo araza kubonana na ba rwiyemezamirimo 60 b’Ababiligi kuri uyu wa Mbere, itariki, 04 Kamena, naho kuri uyu wa Kabiri akazaba ari Anvers aho azabonanira n’abacuruzi ba za diamants ndetse asure icyambu.

Ku ruhande rwa perezida Kagame watumiwe mu Bubiligi mu Nama ngarukamwaka yiga ku iterambere ry’u Burayi (Journées européennes de développement), utegerejwe kuri uyu wa Mbere, nawe azakirwa n’Umwami w’u Bubiligi.

Biravugwa ko igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kiri mu bizaganirwaho. Iki kibazo kikaba gihangayikishije ibihugu bya Angola n’u Rwanda nk’abaturanyi ba Congo, aho Ambasaderi wa Angola avuga ko bagiye kwibutsa iki gihugu kubaha ibyo Abanyekongo bemeje nko gutegura amatora bitarenze uyu mwaka.

Uyu mudipolomate yongeyeho ko nta kindi bateganya kirenze kuri ibyo asobanura ko nta bugambanyi buri gukorerwa Congo nk’uko abategetsi bayo babitangaje.

Yagize ati: “Nta biganiro biri kuba hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi”, aha akaba yari akomoje ku burakari bwagaragajwe na Congo ubwo perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangazaga ko igihugu cye kizashyigikira umugambi w’akarere, uzazanwa na Afurika Yunze Ubumwe ku bufatanye bwa Angola, wo gushakira umuti ibibazo bya Congo.

Iyi nkuru ikaba isoza ivuga ko kumva ibintu kimwe kw’u Bufaransa, Angola n’u Rwanda noneho hakiyongeraho u Bubiligi, bihangayikishije Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na cyane ko u Rwanda ngo rwagiye rushinjwa gusahura umutungo kamere w’iki gihugu kikaba kibona kiri kugambanirwa.

 

2018-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Ubwanditsi 21 Nov 2018
General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Ubwanditsi 01 Mar 2025
Mushikiwabo yagishije inama Abdou Diouf wamaze imyaka 12 ku mwanya ari guhatanira muri OIF

Mushikiwabo yagishije inama Abdou Diouf wamaze imyaka 12 ku mwanya ari guhatanira muri OIF

Ubwanditsi 07 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ibyiza dukesha ikoranabuhanga biruta kure ibibazo rishobora gutera – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi
HIRYA NO HINO

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame
UBUKUNGU

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru