• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016 IMIKINO

Umuhanzi Nyarwanda, The Ben uba mu Mujyi wa Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaze gusesekara i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gukorera igitaramo cyo kumurika alubumu ye ya kabiri yise ‘Ko Nahindutse’.
Amakuru dukesha umwe mubantu bagitegura icyo gitaramo

-2325.jpg

Nyuma y’imyaka itandatu amaze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku nshuro ye ya mbere The Ben agiye gukorera igitaramo hanze y’iki gihugu aho azaba amurika alubumu ye ya kabiri ikubiyeho indirimbo 10 zirimo n’iyitwa ‘Ntacyadutanya’ yakoranye na Princess Priscillah imaze iminsi ikunzwe.


The Ben agera mu bubirigi

The Ben ukumbuwe cyane n’abakunda muzika Nyarwanda hanze y’Amerika, iyi izaba ari inshuro ya kabiri amurika alubumu, cyane ko mu mwaka wa 2009 aribwo yamuritse iyo yise ‘Amahirwe ya Mbere’ yari igizwe n’indirimbo zabicaga bigacika nk’iyitwa ‘Amahirwe ya Nyuma’, ‘Amaso ku Maso’, n’izindi nyinshi zari zikunzwe zatumye abafana bitabira ku bwinshi bamwe bakanatahana umubabaro wo kutamubona kubera ubwinshi n’umuvundo w’abari bitabiriye iki gitaramo.

-2327.jpg

Aha the Ben yarakigera ku kibuga baje kumwakira Sandrine Sadidi umwe mu bategura icyo gitaramo

Uyu muhanzi wahagurutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 27 Gashyantare yerekeza mu Bubiligi, yagezeyo yakiranwa urugwiro n’ibyishimo.
Mu gitaramo cyateguwe ku bufatanye na ‘Team Production’, uyu musore azataramira i Buruseli ahitwa ‘Birmingham Palace’ tariki 5 Werurwe 2016.

Iki gitaramo kidasanzwe The Ben agiye gukorera mu Bubiligi cyo kumurika alubumu ye yitiriye ‘Ko Nahindutse’ ku nshuro ya mbere kizabanzirizwa n’umuhango wo gutora Nyampinga na Rudasumbwa b’u Rwanda mu Bubiligi, nyuma y’aho ibyishimo bikomereze mu muziki anabashe kuririmba indirimbo ziri kuri alubumu ye nshya bwa mbere.

Kuri uyu munsi indirimbo 10 zose zigize iyi alubumu nshya ya The Ben zizatangira kugaragara ku mbuga zitandukanye zisanzwe zicuruza umuziki, ku buryo bizorohera abakunzi b’ibihangano bye kuba bazibona.

Nyuma y’iki gitaramo biteganyijwe ko The Ben azasubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku itariki ya 10 Werurwe 2016, gusa nta kindi gitaramo azakorera i Burayi muri uru rugendo yahagiriye, ahubwo ateganya kuzongera gukora ibindi bitaramo haciyemo igihe, akabikorera mu bihugu bitandukanye birimo abakunzi ba muzika ye.

M.FILS

2016-02-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 29 Jul 2025
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United

Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United

Ubwanditsi 04 Oct 2018
CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa

CAF yahagaritse imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cy’abari munsi y’imyaka 17 kubera icyorezo cya koronavirusi gikomeje gukaza umurego mu gihugu cya Maroc kuko kizakira iri rushanwa

Ubwanditsi 09 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IGUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade
Mu Mahanga

Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Ubwanditsi 03 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru