• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016 IMIKINO

Umuhanzi Nyarwanda, The Ben uba mu Mujyi wa Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaze gusesekara i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gukorera igitaramo cyo kumurika alubumu ye ya kabiri yise ‘Ko Nahindutse’.
Amakuru dukesha umwe mubantu bagitegura icyo gitaramo

-2325.jpg

Nyuma y’imyaka itandatu amaze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku nshuro ye ya mbere The Ben agiye gukorera igitaramo hanze y’iki gihugu aho azaba amurika alubumu ye ya kabiri ikubiyeho indirimbo 10 zirimo n’iyitwa ‘Ntacyadutanya’ yakoranye na Princess Priscillah imaze iminsi ikunzwe.


The Ben agera mu bubirigi

The Ben ukumbuwe cyane n’abakunda muzika Nyarwanda hanze y’Amerika, iyi izaba ari inshuro ya kabiri amurika alubumu, cyane ko mu mwaka wa 2009 aribwo yamuritse iyo yise ‘Amahirwe ya Mbere’ yari igizwe n’indirimbo zabicaga bigacika nk’iyitwa ‘Amahirwe ya Nyuma’, ‘Amaso ku Maso’, n’izindi nyinshi zari zikunzwe zatumye abafana bitabira ku bwinshi bamwe bakanatahana umubabaro wo kutamubona kubera ubwinshi n’umuvundo w’abari bitabiriye iki gitaramo.

-2327.jpg

Aha the Ben yarakigera ku kibuga baje kumwakira Sandrine Sadidi umwe mu bategura icyo gitaramo

Uyu muhanzi wahagurutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 27 Gashyantare yerekeza mu Bubiligi, yagezeyo yakiranwa urugwiro n’ibyishimo.
Mu gitaramo cyateguwe ku bufatanye na ‘Team Production’, uyu musore azataramira i Buruseli ahitwa ‘Birmingham Palace’ tariki 5 Werurwe 2016.

Iki gitaramo kidasanzwe The Ben agiye gukorera mu Bubiligi cyo kumurika alubumu ye yitiriye ‘Ko Nahindutse’ ku nshuro ya mbere kizabanzirizwa n’umuhango wo gutora Nyampinga na Rudasumbwa b’u Rwanda mu Bubiligi, nyuma y’aho ibyishimo bikomereze mu muziki anabashe kuririmba indirimbo ziri kuri alubumu ye nshya bwa mbere.

Kuri uyu munsi indirimbo 10 zose zigize iyi alubumu nshya ya The Ben zizatangira kugaragara ku mbuga zitandukanye zisanzwe zicuruza umuziki, ku buryo bizorohera abakunzi b’ibihangano bye kuba bazibona.

Nyuma y’iki gitaramo biteganyijwe ko The Ben azasubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku itariki ya 10 Werurwe 2016, gusa nta kindi gitaramo azakorera i Burayi muri uru rugendo yahagiriye, ahubwo ateganya kuzongera gukora ibindi bitaramo haciyemo igihe, akabikorera mu bihugu bitandukanye birimo abakunzi ba muzika ye.

M.FILS

2016-02-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

Ubwanditsi 08 Jul 2023
Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Ubwanditsi 27 Feb 2022
Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ubwanditsi 15 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside
POLITIKI

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be
POLITIKI

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Ubwanditsi 29 May 2018
Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere
Amakuru

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Ubwanditsi 31 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru