• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Feb 2016 IMIKINO

Umuhanzi Nyarwanda, The Ben uba mu Mujyi wa Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaze gusesekara i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gukorera igitaramo cyo kumurika alubumu ye ya kabiri yise ‘Ko Nahindutse’.
Amakuru dukesha umwe mubantu bagitegura icyo gitaramo

-2325.jpg

Nyuma y’imyaka itandatu amaze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku nshuro ye ya mbere The Ben agiye gukorera igitaramo hanze y’iki gihugu aho azaba amurika alubumu ye ya kabiri ikubiyeho indirimbo 10 zirimo n’iyitwa ‘Ntacyadutanya’ yakoranye na Princess Priscillah imaze iminsi ikunzwe.


The Ben agera mu bubirigi

The Ben ukumbuwe cyane n’abakunda muzika Nyarwanda hanze y’Amerika, iyi izaba ari inshuro ya kabiri amurika alubumu, cyane ko mu mwaka wa 2009 aribwo yamuritse iyo yise ‘Amahirwe ya Mbere’ yari igizwe n’indirimbo zabicaga bigacika nk’iyitwa ‘Amahirwe ya Nyuma’, ‘Amaso ku Maso’, n’izindi nyinshi zari zikunzwe zatumye abafana bitabira ku bwinshi bamwe bakanatahana umubabaro wo kutamubona kubera ubwinshi n’umuvundo w’abari bitabiriye iki gitaramo.

-2327.jpg

Aha the Ben yarakigera ku kibuga baje kumwakira Sandrine Sadidi umwe mu bategura icyo gitaramo

Uyu muhanzi wahagurutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 27 Gashyantare yerekeza mu Bubiligi, yagezeyo yakiranwa urugwiro n’ibyishimo.
Mu gitaramo cyateguwe ku bufatanye na ‘Team Production’, uyu musore azataramira i Buruseli ahitwa ‘Birmingham Palace’ tariki 5 Werurwe 2016.

Iki gitaramo kidasanzwe The Ben agiye gukorera mu Bubiligi cyo kumurika alubumu ye yitiriye ‘Ko Nahindutse’ ku nshuro ya mbere kizabanzirizwa n’umuhango wo gutora Nyampinga na Rudasumbwa b’u Rwanda mu Bubiligi, nyuma y’aho ibyishimo bikomereze mu muziki anabashe kuririmba indirimbo ziri kuri alubumu ye nshya bwa mbere.

Kuri uyu munsi indirimbo 10 zose zigize iyi alubumu nshya ya The Ben zizatangira kugaragara ku mbuga zitandukanye zisanzwe zicuruza umuziki, ku buryo bizorohera abakunzi b’ibihangano bye kuba bazibona.

Nyuma y’iki gitaramo biteganyijwe ko The Ben azasubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku itariki ya 10 Werurwe 2016, gusa nta kindi gitaramo azakorera i Burayi muri uru rugendo yahagiriye, ahubwo ateganya kuzongera gukora ibindi bitaramo haciyemo igihe, akabikorera mu bihugu bitandukanye birimo abakunzi ba muzika ye.

M.FILS

2016-02-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yanganyije  na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Ubwanditsi 07 May 2018
Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Seninga Innocent utoza Musanze FC yasabiye rutahizamu Muteebi Rachid kuva mu mwihererero w’iyo kipe kugeza ubwo shampiyona izaba isojwe.

Ubwanditsi 20 May 2021
Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya  Kigali

Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali

Ubwanditsi 01 Jul 2016
CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje   1/4

CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje 1/4

Ubwanditsi 20 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere
Amakuru

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon
Amakuru

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Ubwanditsi 06 Mar 2021
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo
ITOHOZA

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Ubwanditsi 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru