• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Ubwanditsi 20 Jun 2018 POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame, ku wa Kabiri tariki 19 Kamena 2018, yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 10 ishize u Budage butangije gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri atandukanye hirya no hino ku Isi arimo na Green Hills Academy yo mu Rwanda.

Muri Gashyantare 2008 nibwo u Budage bwatangije gahunda igamije guteza imbere Ikidage binyuze mu mashuri yiswe PASCH (Schools: Partners for the Future), aho abanyeshuri bahabwa abarimu n’ibikoresho bakeneye ngo babashe kwiga uru rurimi.

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye uyu muhango nk’umwe mu bagize uruhare mu ishingwa ry’iri shuri riri mu y’icyitegererezo mu Rwanda.

Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Dr Peter Woeste, yavuze ko Green Hills Academy yinjiye muri iyi gahunda yo kwigisha Ikidage mu 2009, ibi bikaba byarafunguriye imiryango abanyeshuri b’Abanyarwanda bifuza kujya kwiga mu gihugu cy’Ubudage.

Ati “Amashuri na Kaminuza byo mu Budage byubakiye ku gitekerezo cyo gufungurira imiryango buri wese kandi ku buntu. Ndahamya ntashidikanya ko aya ari amahirwe ku banyeshuri n’ababyeyi babo, amahirwe yo gukomereza amasomo yabo muri imwe muri kaminuza zo mu Budage ziza mu zikomeye ku Isi.”

Woeste ati “Gutanga amasomo y’Ikidage ni kimwe mu bikorwa bitandukanye twifuza gutangamo umusanzu mu gufungurira imiryango abari kubyiruka. Ndizera ntashindikanya ko uru rubyiruko rw’u Rwanda ruzakoresha neza aya mahirwe, mu nyungu zabo bwite, no kuzamura igihugu.”

Umuyobozi wa Green Hills Academy, Lisa Biasillo, yavuze ko kwiga Ikidage ari ngombwa ku bari mu wa Gatanu no mu wa Gatandatu w’amashuri abanza kuko biri kuri gahunda yabo y’amasomo, mu gihe mu yisumbuye cyigwa n’ababishaka.

Ati “Abanyeshuri bitwaye neza buri mwaka babona amahirwe yo kwitabira gahunda yo kwiga Ikidage mu Budage. Kuva twatangira kwigisha Ikidage twagize abanyeshuri benshi bagiye kwiga muri Kaminuza zo mu Budage, ndetse tunafitanye umubano n’ibindi bigo biri muri gahunda ya PASCH binyuze mu bikorwa bihuza abanyeshuri n’abarezi.”

Denzel uri mu banyeshuri bitwaye neza bakabona amahirwe yo kujya mu Budage kurushaho gutyaza ubumenyi bwe muri uru rurimi, yavuze ko uretse kuba abibona nka kimwe mu bizamufasha kuba yakomereza amasomo ye muri kaminuza zo muri kiriya gihugu, kwiga ururimi rushya ari n’uburyo bwo kurushaho gusobanukirwa umuco utandukanye n’uwe.

Muri uyu muhango waranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo imbyino, indirimbo ndetse n’imivugo iri mu Kidage; Green Hills Academy yasinyanye na Ambasade y’u Budage andi masezerano y’imyaka itatu arebana no gukomeza gahunda ya PASCH muri iki kigo.

Gahunda ya PASCH ishyirwa mu bikorwa n’ibigo 2000 hirya no hino ku Isi, ahabarurwa abigishwa Ikidage basaga ibihumbi 600. Muri Green Hills Academy habarizwa abanyeshuri basaga 200 biga uru rurimi.

Madamu Jeanette Kagame na Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Dr Peter Woeste, bakurikirana imbyino z’abanyeshuri ba Green Hills

Muri Green Hills Academy habarizwa abanyeshuri basaga 200 biga uru rurimi

Abanyeshuri ba Green Hills bagaragaje ubuhanga mu gucuranga ibyuma bitandukanye bya muzika

Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Dr Peter Woeste, yahamije ko kwigisha Ikidage ari umwe mu misanzu batanga mu kubaka igihugu

Bagaragaje ubuhanga mu kuririmba no kuvuza ingoma Nyarwanda

Banagaragaje ko umuco Nyarwanda nawo batawibagiwe

Banagaragaje ubuhanga mu guhamiriza

Umuyobozi wa Green Hills Academy, Lisa Biasillo na Dr Woeste bashyira umukono ku masezerano y’indi myaka itatu ya gahunda ya PASCH

Umuyobozi wa Green Hills Academy, Lisa Biasillo

Umuyobozi muri gahunda ya PASCH, Viktoria Widhammer, ageza ijambo ku bari bitabiriye iki gikorwa

Amafoto: Pacifique HIMBAZA / GHA

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Ubumenyi ntibukwiye kugarukira mu bizami gusa – Perezida Kagame

Ubumenyi ntibukwiye kugarukira mu bizami gusa – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC
ITOHOZA

Ukwigiza nkana kw’Abanya-Uganda bareze u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye
POLITIKI

Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa
Mu Rwanda

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru