• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ubwanditsi 03 Jan 2022 Amakuru, Mu Rwanda, UBUZIMA

Ralex Logistics ni ikigo Nyarwanda cyunganira abacuruzi muri gasutamo kwinjiza ibicuruzwa ndetse no kubisohora hanze aho bafite n’ububiko bwabyo, ibicuruzwa cyangwa imizigo byinjira mu buryo butandukanye bifashishije nk’inzira zo ku butaka, mu mazi ndetse no mu kirere (indege)

Umuyobozi wa Purpose Rwanda Amanya Charles na Rusagara Alex washinze akaba anayobora Ralex Logistics
Ni ikigo ubona kimaze kuba ubukombe aho bigaragarira no mu buryo batangamo serivise yihuse amasaha 24 ku yandi, bakaba bifitiye amakamyo yabo ahagije abafasha gupakirira abakiriya imizigo uko yaba ingana kose, ejobundi aha baherutse no kugura imodoka ifite ubushobozi bwo gupakira izindi

Bwana Macumu Joseph wa Purpose Rwanda ari kumwe na Rusagara Alex

Reka twe kwibanda cyane ku bikorwa by’ubucuruzi gusa ngo twibagirwe igikorwa bakoze cyo gutanga ubunani ku batishoboye binyuze mu muryango wa gikirisitu witwa Purpose Rwanda, Purpose Rwanda ni umuryango udaharanira inyungu ufite intego yo kuvana abanyarwanda babaswe n’ibiyobyabwenge,Uburaya n’ubwomanzi ikabahuriza hamwe ikabereka icyerekezo cyiza bibumbiye mu matsinda, binyuze mu gusenga Imana, Purpose Rwanda ifite intego ko byibura buri munyarwanda agomba kugira umuntu umwe yitaho wabaswe n’ibiyobyabwenge cyangwa ibindi bikorwa bibi byagize imbata abaturarwanda bamwe, akamufasha kwiteza imbere

Ralex Logistics Ltd ku itariki ya 2 Mutarama muri uyu mwaka yahuye n’abayobozi ndetse n’abamwe mu bagenerwa bikorwa ba Purpose Rwanda maze ibaha sheki y’amafaranga ibihumbi Magana atanu (500,000Frw). Umuyobozi wa Ralex Logistics Bwana Rusagara Alexis mu magambo yagejeje ku bitabiriye umuhango wo kwakira iyi nkunga yababwiye ko yifatanyije na Purpose Rwanda mu rugamba rwo kuvana mu mwijima abagizwe imbata n’ibiyobyabwenge ndetse n’uburara kandi atazacogora kugaragaza imbaraga mu gushyigikira icyiza cyagirira neza Umunyarwanda mu kwivana mu bibi bagana aheza

Rusagara Alexis yabwiye abari aho ko ubu aribwo Ralex Logistics ifunguye amarembo asaba abagize Umuryango wa Purpose Rwanda kudacogora kandi ko abanyarwanda babona ibyiza uyu muryango ubagezaho ndetse avuga ko mu bikorwa bibyara inyungu bya Ralex logistics hari inkunga yisumbuye ku yatanzwe izajya igenerwa abagenerwabikorwa ba Purpose Rwanda, ndetse asaba ko mu bikorwa cyangwa inama ziga ku kuzahura aba banyarwanda babaswe n’ibiyobyabwenge badasize uburaya , ko Ralex Logistics yajya itumirwa maze nayo igatanga inama n’ibitekerezo byubaka

Umuyobozi mukuru wa Purpose Rwanda Bwana Anyama Charles yashimye cyane byimazeyo Ikigo Ralex Logistics maze avuga ko iyi nkunga izagera ku bagenerwabikorwa igenewe vuba cyane kandi izabafasha kwiteza imbere, agaragaza ko bamwe bamaze kuva mu buraya,uburara n’ubwomanzi ahubwo hasigaye igika cyo kugaragaza icyo buri umwe ashoboye maze akiteza aimbere abifashijwemo na Ralex Logistics

Agaba Ark Bruno

Agaba Ark Bruno ushinzwe Ubukangurambaga ndetse no guhuza ibikorwa bya Purpose Rwanda yavuze ko atabona uko ashimira abanyarwanda babona ko bikwiye ko ababaswe n’ibiyobyabwenge bakwiye kuzahurwa, avuga ko Imana yahagurukije Ralex Logistics izahagurutsa n’abandi maze u Rwanda mu myaka iri imbere ikiyobyabwenge icyo ari cyo cyose kikazaba amateka, Agaba yavuze ko harimo gutegurwa igikorwa cyizafungura urubuga rwa internet ruzajya rugaragaraho amakuru yose y’abagenerwabikorwa naho bageze biteza imbere

Umugenerwabikorwa wahoze mu mwuga w’Uburaya twahinduriye izina (Sarah) yavuze ko aho Purpose Rwanda yabakuye ari habi cyane badateze kuzasubirayo, icyo bareba imbere ari ukwiteza imbere, yavuze ko mu buraya yakuye virusi itera SIDA ariko ko nawe akora ubukangurambaga mu itsinda abarizwamo ndetse akaba amaze guhindura benshi

Kanyoni yafunzwe inshuro atabara ariko ubu ni Inyangamugayo

Umugabo witwaga Kanyoni,  tutahinduriye izina kubera ko ubuhamya bwe bumaze kwamamara wahoze wakoreshaga ibiyobyabwenge, Wibaga, Wanigaga abantu ndetse akarwanya n’inzego z’Umutekano yavuze ko nta cyiza nko kwakira agakiza no kumenya Imana kandi ukagerageza kwigisha abandi kuva mu byaha ndetse no kujijuka, ati “Nitwaga Kanyoni ariko kuko uwari Sawuli yabaye Pawulo ubu nitwa SIMPUNGA Jean Bosco) nzakora uko nshoboye nanjye nzane abandi bameze nkuko nari meze maze dufatanye gukorera Ijuru ndetse n’u Rwanda

Nyuma y’uyu muhango Abakozi ba Ralex Logistics bafashe Umwanya wo kureba aho ikigo kigeze kiyubaka ndetse no kwiga ku cyerekezo cyabo mu bikorwa bya buri munsi byo kwita ku bacuruzi bafashwa kuri Gasutamo

Ntabwo Ralex Logistics Ltd yibagiwe n’abakiliya bayo bose kuko Bwana Rusagara Alexis yavuze ko bose bashimirwa ubufatanyentagererwanywa  kandi Ralex Logistics itazacogora kubaha ibyiza byose kandi ku biciro batasanga ahandi muri uyu mwaka

Bamwe mu bakozi ba Ralex Logistics

Rusagara Alexis, mu bakiliya bahize abandi hashimwe Tom Transfers nk’Umukiliya mwiza bakoranye neza kandi bagafatikanya mu bicuruzwa byinshi, Rusagara Alexis noneho twazanye imodoka ipakira izindi Tom Transfers tugiye kuyiha serivise y’agatangaza

Tom Transfers nayo izwi cyane mu kugurisha no gukodesha amamodoka y’akataraboneka ndetse n’inzu zo kuraramo igihe kitarambye n’ikirambye

2022-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Menya ubwambuzi bwa Rene Mugenzi guhera mu mwaka wa 2000 kugeza umugore amutaye akishumbusha Denise Zaneza; yashakishijwe nabo yambuye abeshya ko Leta y’u Rwanda imushaka

Menya ubwambuzi bwa Rene Mugenzi guhera mu mwaka wa 2000 kugeza umugore amutaye akishumbusha Denise Zaneza; yashakishijwe nabo yambuye abeshya ko Leta y’u Rwanda imushaka

Ubwanditsi 26 Oct 2020
Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Ubwanditsi 07 Feb 2022
Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Agnes Nkusi Uwimana yarenze umurongo utukura, igihe kirageze ko abiryozwa 

Ubwanditsi 26 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi
Amakuru

Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Ubwanditsi 24 Jun 2021
Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo
Mu Rwanda

Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo
POLITIKI

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru