• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda barebeye hamwe iby’ubufatanye bw’impande zombi

Abakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda barebeye hamwe iby’ubufatanye bw’impande zombi

Ubwanditsi 22 Oct 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda zagiranye inama ku itariki ya 20 uku kwezi bemeranya gukomeza kurushaho ubufatanye mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka n’ibyaha byo ku rwego mpuzamahanga

Iyi nama yabereye mu karere ka Mbarara ko mu Burengerazuba bwa Uganda ikaba yarayobowe n’abayobozi ba Polisi z’ibihugu; uwa Polisi y’u Rwanda CG Emmanuel K. Gasana n’uwa Polisi ya Uganda Gen.Kale Kayihura; ndetse yitabirwa n’abapolisi bakuru bo ku rwego rwa ofisiye b’impande zombi.

Abayobozi ba Polisi z’ibihugu byombi bagarutse ku kamaro k’ubufatanye bwo ku rwego rwo hejuru mu kubungabunga umutekano n’ituze mu bice by’umuhora wa ruguru no ku mipaka y’ibihugu byombi.

Inama kandi yanaganiriye no ku ngamba zo kurwanya ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka cyane cyane iterabwoba, ibiyobyabwenge , icuruzwa ry’abantu, gutahura no gufata abanyabyaha no kubohereza mu gihugu bakoreyemo ibyaha.

Abitabiriye iyi nama kandi bemeranyije kandi ubufatanye mu mahugurwa, kungurana ubumenyi n’ubunararibonye, ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibiza, gufatanya mu bikorwa by’ubukangurambaga bw’abaturage baturiye imipaka mu gukumira ibyaha.

Iyi nama ije ikurikira iyari yahuje n’ubundi impande zombi, yabereye I Kigali mu Rwanda tariki ya 17 Gashyantare 2015.

Muri iyi nama, IGP Gasana yavuze ko hakenewe kongera gusuzuma icyakorwa mu kurwanya ibitera umutekano muke ku isi, bikaba ari nabyo mbogamizi y’umutekano w’abaturage n’iterambere ry’ibihugu.

Avuga ku kamaro k’ubufatanye hagati y’impande zombi, IGP Gasana yavuze ku mupaka uhuriweho n’impande zombi witwa “Mirama Hills One Border Post” nk’ikimenyetso cy’ibyo ubu bufatanye bushobora kugeraho cyane cyane mu gucunga umutekano w’umupaka.

Yashimangiye ko intego nyamukuru y’ubu bufatanye ari ugushakira hamwe umutekano ndetse no gushyiraho umwuka utuma ubucuruzi bukomera.

IGP Gasana yakomeje ashima ibyagezweho kugeza ubu nyuma y’ibyumvikanyweho n’impande zombi bikomeje gushyiraho ibigenderwaho kugirango ubu bufatanye bugirire akamaro abatuye mu Rwanda na Uganda ndetse n’abandi bakoresha umuhora wa ruguru.

Inama yashimye kandi ibyiza byazanywe n’ubufatanye bw’impande zombi mu nzego zose harimo guhererekanya amakuru ku banyabyaha byanagize akamaro kanini mu kuburizamo ibyaha birimo ubujura bw’ibinyabiziga, ibiyobyabwenge ; gufata no guhererekanya abakurikiranyweho ibyaha bahungira muri kimwe muri ibi bihugu.

Inama yashimye kandi ubufatanye bukomeje mu kurwanya ibyaha ndengamipaka n’ibyaha bikomeye cyane cyane icuruzwa ry’abantu, iterabwoba, ibyaha bikorerwa mu ikoranabuhanga n’ibindi.

Kugera kuri ibi ariko, inama yumvikanye ko hakongerwa amahugurwa, imyitozo ihuriweho na Polisi zombi ndetse no kwiganana ibyiza.

-4452.jpg

Ku ruhande rwe, Gen Kayihura yavuze ko iri huriro rituma habaho urubuga rw’iterambere rirambye ku bihugu byombi nkuko binari muri gahunda z’ibi bihugu.

Ubufatanye ku rwego rw’ibihugu bibiri, urw’akarere cyangwa mpuzamahanga ni bimwe mu byo Polisi y’u Rwanda ishyira imbere mu rwego rwo gushaka amahoro n’umutekano mu Rwanda, mu karere no mu isi muri rusange

RNP

2016-10-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dore Amafoto Agaragaza Ubwiza bwa Habiba Umukobwa uhagarariye u Rwanda Muri Miss Supranational

Dore Amafoto Agaragaza Ubwiza bwa Habiba Umukobwa uhagarariye u Rwanda Muri Miss Supranational

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Ubwanditsi 22 Jun 2016
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Nkurunziza Babwiwe Ko Bazakurwa Amajigo

Abatavuga Rumwe Na Leta Ya Nkurunziza Babwiwe Ko Bazakurwa Amajigo

Ubwanditsi 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga
Amakuru

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda 1, 200 000
Mu Mahanga

Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda 1, 200 000

Ubwanditsi 11 Feb 2016
Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1
Amakuru

Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1

Ubwanditsi 21 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru