• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Abakurikiranira hafi abantu bashinzwe gusenya isura y’u Rwanda bazi cyane uwitwa Jean Paul Turayishimiye kuri Radiyo rutwitsi ya RNC yitwa Itahuka. Ariko Jean Paul Turayishimye ntabwo aharabika isura y’u Rwanda gusa kuko n’umwicanyi ruharwa ufite ibyaha bitandukanye yakoreye ku butaka bw’u Rwanda yaba akiri mu gihugu cyangwa ari hanze yacyo

Jean Paul Turayishimiye niwe ukuriye iperereza muri RNC ariko bakabyita ko ashinzwe ubushakashatsi no gutangaza amakuru. Akaba ari umwizerwa cyane wa Kayumba Nyamwasa igihe yari mu mirimo itandukanye mu gihugu kugeza ubu.

Igihe Kayumba Nyamwasa yashyingiraga umucuruzi witwa EL-HADJI Ibrahim Murwanashyaka mushiki we ariko atamukunze ahubwo ari ukugirango amwiyegereze amurye amafaranga, yamusabye kumufasha nawe akagira imigabane muri BACAR, ariko muramu we yamusubije ko umuntu agira imigabane iyo yayitanze (yatanze cash). Kuva icyo gihe aho Kayumba Nyamwasa aburiye imigabane yanze urunuka muramu we anamwaka mushiki we kuko nicyo yari yamumuhereye.

Kuva icyo gihe Murwanashayaka yaburiwe ko Kayumba azamwica nuko ahungira muri Canada. Kayumba yaje kumushakisha nuko yohereza Jean Paul Turayishimye  murugo kwa nyina wa Murwanashyaka basangayo umukecuru ufite imyaka 70, bamubajije aho umuhungu we ari nawe avuga ko atamuheruka. Icyo gihe Turayishimiye yahise amwica amwicishije umukandara anamushyira mu modoka ye ngo aze yereke shebuja umurambo.

Hashize icyumweru, umuntu wakoranye na Jean Paul Turayishimye utuye muri Amerika amwandikiye ati ko numva hari abantu wita abicanyi hari umwicanyi ukuruta? Ese uribuka umukecuru wishe afite 70 nta cyaha aregwa? Jean Paul Turayishimiye yaramusubije ngo “Nari nabitumwe: I had an order” go and report me……Turayishimiye yamwishingoyeho ngo najye kurega.

EL-Hadj Ibrahim Murwanashyaka yumvise ko nyina bamwishe yarahahamutse cyane ku buryo n’aho amenyeye ko Kayumba yamwiciye nyina,yahise abwira murumuna we ngo ave mu Rwanda bwangu. Ubu El-Hadj yahinduye idini,asigaye ari umurokore ndetse na Pasteur muri Canada. Mushiki wa Kayumba wari umugore wa Murwanashyaka aba muri Norvege aho abana na Kayumba Rugema. Ubukwe bwabo abantu benshi barabwibuka cyane ko Kayumba yari yahuruje abacuruzi yiyegerezaga mu nyungu za politiki.

Turayishimiye kuva akiri kumwe na Kayumba mu kazi, niwe yatumaga. Nyuma yo guhunga, ba Kayumba n’abandi bashinze ishyaka RNC rikora ibikorwa by’iterabwoba. Kuva mu mwaka wa 2010 na 2014, RNC yagabye ibitero by’iterabwoba bitandukanye mu Rwanda aho abagera kuri 17 bitabye Imana abandi 400 bagakomereka. Ibi bikorwa byose by’iterabwoba byakozwe na Jean Paul Turayishimye agaha raporo sebuja Kayumba Nyamwasa.

Leta y’u Rwanda yabashije guhagarika ibikorwa by’iterabwoba mu gihugu aho ababigizemo uruhare bafashwe bose bakagaragaza uburyo ibikorwa by’iterabwoba byahuzwaga na JP Turayishimiye. Akaba ari nawe woherezaga amafaranga no gutegura aho imyitozo yo gukora ibikorwa by’iterabwoba izabera. Mu rubanza rwagaragayemo Joseph Nshimiyimana uzwi nka Camarade, rwaburanishaga ibikorwa by’iterabwoba byabereye ku isoko rya Kicukiro tariki ya 13 Nzeli 2013 byahitanye babiri abandi batandatu bagakomereka, Camarade yemeye ibyaha akagaragaza ko ari Jean Paul Turayishimiye wari ubiri inyuma. Muri urwo rubanza abakomerekeye muru ibyo bitero by’iterabowba nabo bari barwitabiriye.

Mu rubanza rwa Joel Mutabazi, urukiko rwumvise ko Jean Paul Turayishimiye yagombaga guhabwa amafaranga angana n’amadorali ibihumbi 50 kugirango agabe ibitero by’iterabwoba ku mukuru w’igihugu mu mwaka wa 2017 mu gihe cyo kwiyamamariza kuba umukuru w’igihugu.

Nubwo Jean Paul Turayishimiye yidegembya, agomba kumenya ko ibyaha by’iterabwoba nta mupaka bigira, igihe kizagera aryozwe ibyo yakoze aho gukomeza ajijisha abantu ko ari umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta kandi ari umwicanyi ruharwa ushakishwa n’inkiko zo mu Rwanda.

2019-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi

Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi

Ubwanditsi 22 Jun 2016
Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Ubwanditsi 22 Dec 2020
Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Seyoboka agezwa mu Rwanda ( VIDEO )

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Ubwanditsi 24 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana
Mu Rwanda

Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana

Ubwanditsi 15 Aug 2017
Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%
UBUKUNGU

Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Ubwanditsi 20 Dec 2019
Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?
POLITIKI

Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Ubwanditsi 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru