• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Abakurikiranira hafi abantu bashinzwe gusenya isura y’u Rwanda bazi cyane uwitwa Jean Paul Turayishimiye kuri Radiyo rutwitsi ya RNC yitwa Itahuka. Ariko Jean Paul Turayishimye ntabwo aharabika isura y’u Rwanda gusa kuko n’umwicanyi ruharwa ufite ibyaha bitandukanye yakoreye ku butaka bw’u Rwanda yaba akiri mu gihugu cyangwa ari hanze yacyo

Jean Paul Turayishimiye niwe ukuriye iperereza muri RNC ariko bakabyita ko ashinzwe ubushakashatsi no gutangaza amakuru. Akaba ari umwizerwa cyane wa Kayumba Nyamwasa igihe yari mu mirimo itandukanye mu gihugu kugeza ubu.

Igihe Kayumba Nyamwasa yashyingiraga umucuruzi witwa EL-HADJI Ibrahim Murwanashyaka mushiki we ariko atamukunze ahubwo ari ukugirango amwiyegereze amurye amafaranga, yamusabye kumufasha nawe akagira imigabane muri BACAR, ariko muramu we yamusubije ko umuntu agira imigabane iyo yayitanze (yatanze cash). Kuva icyo gihe aho Kayumba Nyamwasa aburiye imigabane yanze urunuka muramu we anamwaka mushiki we kuko nicyo yari yamumuhereye.

Kuva icyo gihe Murwanashayaka yaburiwe ko Kayumba azamwica nuko ahungira muri Canada. Kayumba yaje kumushakisha nuko yohereza Jean Paul Turayishimye  murugo kwa nyina wa Murwanashyaka basangayo umukecuru ufite imyaka 70, bamubajije aho umuhungu we ari nawe avuga ko atamuheruka. Icyo gihe Turayishimiye yahise amwica amwicishije umukandara anamushyira mu modoka ye ngo aze yereke shebuja umurambo.

Hashize icyumweru, umuntu wakoranye na Jean Paul Turayishimye utuye muri Amerika amwandikiye ati ko numva hari abantu wita abicanyi hari umwicanyi ukuruta? Ese uribuka umukecuru wishe afite 70 nta cyaha aregwa? Jean Paul Turayishimiye yaramusubije ngo “Nari nabitumwe: I had an order” go and report me……Turayishimiye yamwishingoyeho ngo najye kurega.

EL-Hadj Ibrahim Murwanashyaka yumvise ko nyina bamwishe yarahahamutse cyane ku buryo n’aho amenyeye ko Kayumba yamwiciye nyina,yahise abwira murumuna we ngo ave mu Rwanda bwangu. Ubu El-Hadj yahinduye idini,asigaye ari umurokore ndetse na Pasteur muri Canada. Mushiki wa Kayumba wari umugore wa Murwanashyaka aba muri Norvege aho abana na Kayumba Rugema. Ubukwe bwabo abantu benshi barabwibuka cyane ko Kayumba yari yahuruje abacuruzi yiyegerezaga mu nyungu za politiki.

Turayishimiye kuva akiri kumwe na Kayumba mu kazi, niwe yatumaga. Nyuma yo guhunga, ba Kayumba n’abandi bashinze ishyaka RNC rikora ibikorwa by’iterabwoba. Kuva mu mwaka wa 2010 na 2014, RNC yagabye ibitero by’iterabwoba bitandukanye mu Rwanda aho abagera kuri 17 bitabye Imana abandi 400 bagakomereka. Ibi bikorwa byose by’iterabwoba byakozwe na Jean Paul Turayishimye agaha raporo sebuja Kayumba Nyamwasa.

Leta y’u Rwanda yabashije guhagarika ibikorwa by’iterabwoba mu gihugu aho ababigizemo uruhare bafashwe bose bakagaragaza uburyo ibikorwa by’iterabwoba byahuzwaga na JP Turayishimiye. Akaba ari nawe woherezaga amafaranga no gutegura aho imyitozo yo gukora ibikorwa by’iterabwoba izabera. Mu rubanza rwagaragayemo Joseph Nshimiyimana uzwi nka Camarade, rwaburanishaga ibikorwa by’iterabwoba byabereye ku isoko rya Kicukiro tariki ya 13 Nzeli 2013 byahitanye babiri abandi batandatu bagakomereka, Camarade yemeye ibyaha akagaragaza ko ari Jean Paul Turayishimiye wari ubiri inyuma. Muri urwo rubanza abakomerekeye muru ibyo bitero by’iterabowba nabo bari barwitabiriye.

Mu rubanza rwa Joel Mutabazi, urukiko rwumvise ko Jean Paul Turayishimiye yagombaga guhabwa amafaranga angana n’amadorali ibihumbi 50 kugirango agabe ibitero by’iterabwoba ku mukuru w’igihugu mu mwaka wa 2017 mu gihe cyo kwiyamamariza kuba umukuru w’igihugu.

Nubwo Jean Paul Turayishimiye yidegembya, agomba kumenya ko ibyaha by’iterabwoba nta mupaka bigira, igihe kizagera aryozwe ibyo yakoze aho gukomeza ajijisha abantu ko ari umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta kandi ari umwicanyi ruharwa ushakishwa n’inkiko zo mu Rwanda.

2019-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021
Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Ubwanditsi 02 May 2016
Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se

Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se

Ubwanditsi 19 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze
Amakuru

Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC  1-1
Amakuru

Mu mukino ubanza wa CAF Champions League, APR FC yanganyije na Pyramids FC 1-1

Ubwanditsi 14 Sep 2024
Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4
Amakuru

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru