• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Abakurikiranira hafi abantu bashinzwe gusenya isura y’u Rwanda bazi cyane uwitwa Jean Paul Turayishimiye kuri Radiyo rutwitsi ya RNC yitwa Itahuka. Ariko Jean Paul Turayishimye ntabwo aharabika isura y’u Rwanda gusa kuko n’umwicanyi ruharwa ufite ibyaha bitandukanye yakoreye ku butaka bw’u Rwanda yaba akiri mu gihugu cyangwa ari hanze yacyo

Jean Paul Turayishimiye niwe ukuriye iperereza muri RNC ariko bakabyita ko ashinzwe ubushakashatsi no gutangaza amakuru. Akaba ari umwizerwa cyane wa Kayumba Nyamwasa igihe yari mu mirimo itandukanye mu gihugu kugeza ubu.

Igihe Kayumba Nyamwasa yashyingiraga umucuruzi witwa EL-HADJI Ibrahim Murwanashyaka mushiki we ariko atamukunze ahubwo ari ukugirango amwiyegereze amurye amafaranga, yamusabye kumufasha nawe akagira imigabane muri BACAR, ariko muramu we yamusubije ko umuntu agira imigabane iyo yayitanze (yatanze cash). Kuva icyo gihe aho Kayumba Nyamwasa aburiye imigabane yanze urunuka muramu we anamwaka mushiki we kuko nicyo yari yamumuhereye.

Kuva icyo gihe Murwanashayaka yaburiwe ko Kayumba azamwica nuko ahungira muri Canada. Kayumba yaje kumushakisha nuko yohereza Jean Paul Turayishimye  murugo kwa nyina wa Murwanashyaka basangayo umukecuru ufite imyaka 70, bamubajije aho umuhungu we ari nawe avuga ko atamuheruka. Icyo gihe Turayishimiye yahise amwica amwicishije umukandara anamushyira mu modoka ye ngo aze yereke shebuja umurambo.

Hashize icyumweru, umuntu wakoranye na Jean Paul Turayishimye utuye muri Amerika amwandikiye ati ko numva hari abantu wita abicanyi hari umwicanyi ukuruta? Ese uribuka umukecuru wishe afite 70 nta cyaha aregwa? Jean Paul Turayishimiye yaramusubije ngo “Nari nabitumwe: I had an order” go and report me……Turayishimiye yamwishingoyeho ngo najye kurega.

EL-Hadj Ibrahim Murwanashyaka yumvise ko nyina bamwishe yarahahamutse cyane ku buryo n’aho amenyeye ko Kayumba yamwiciye nyina,yahise abwira murumuna we ngo ave mu Rwanda bwangu. Ubu El-Hadj yahinduye idini,asigaye ari umurokore ndetse na Pasteur muri Canada. Mushiki wa Kayumba wari umugore wa Murwanashyaka aba muri Norvege aho abana na Kayumba Rugema. Ubukwe bwabo abantu benshi barabwibuka cyane ko Kayumba yari yahuruje abacuruzi yiyegerezaga mu nyungu za politiki.

Turayishimiye kuva akiri kumwe na Kayumba mu kazi, niwe yatumaga. Nyuma yo guhunga, ba Kayumba n’abandi bashinze ishyaka RNC rikora ibikorwa by’iterabwoba. Kuva mu mwaka wa 2010 na 2014, RNC yagabye ibitero by’iterabwoba bitandukanye mu Rwanda aho abagera kuri 17 bitabye Imana abandi 400 bagakomereka. Ibi bikorwa byose by’iterabwoba byakozwe na Jean Paul Turayishimye agaha raporo sebuja Kayumba Nyamwasa.

Leta y’u Rwanda yabashije guhagarika ibikorwa by’iterabwoba mu gihugu aho ababigizemo uruhare bafashwe bose bakagaragaza uburyo ibikorwa by’iterabwoba byahuzwaga na JP Turayishimiye. Akaba ari nawe woherezaga amafaranga no gutegura aho imyitozo yo gukora ibikorwa by’iterabwoba izabera. Mu rubanza rwagaragayemo Joseph Nshimiyimana uzwi nka Camarade, rwaburanishaga ibikorwa by’iterabwoba byabereye ku isoko rya Kicukiro tariki ya 13 Nzeli 2013 byahitanye babiri abandi batandatu bagakomereka, Camarade yemeye ibyaha akagaragaza ko ari Jean Paul Turayishimiye wari ubiri inyuma. Muri urwo rubanza abakomerekeye muru ibyo bitero by’iterabowba nabo bari barwitabiriye.

Mu rubanza rwa Joel Mutabazi, urukiko rwumvise ko Jean Paul Turayishimiye yagombaga guhabwa amafaranga angana n’amadorali ibihumbi 50 kugirango agabe ibitero by’iterabwoba ku mukuru w’igihugu mu mwaka wa 2017 mu gihe cyo kwiyamamariza kuba umukuru w’igihugu.

Nubwo Jean Paul Turayishimiye yidegembya, agomba kumenya ko ibyaha by’iterabwoba nta mupaka bigira, igihe kizagera aryozwe ibyo yakoze aho gukomeza ajijisha abantu ko ari umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta kandi ari umwicanyi ruharwa ushakishwa n’inkiko zo mu Rwanda.

2019-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FDLR yagabye igitero ku biro bya polisi yica abantu

FDLR yagabye igitero ku biro bya polisi yica abantu

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ubwanditsi 28 Sep 2022
Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu   bagicibwa imitwe

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge  yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 13 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mourinho yabwiye Rooney ko niba ashaka gukina agomba kuva muri Manchester United
IMIKINO

Mourinho yabwiye Rooney ko niba ashaka gukina agomba kuva muri Manchester United

Ubwanditsi 25 Oct 2016
Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda
INKURU NYAMUKURU

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Ubwanditsi 31 Jul 2019
EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo
Mu Rwanda

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru