• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Ubwanditsi 06 Dec 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yakiriye impapuro zemerera abadipolomate b’ibihugu icyenda kubihagararira i Kigali nka ba ambasaderi, barimo babiri bafite icyicaro i Kigali, umwe ugifite i Dar Es Salaam na batandatu bafite icyicaro i Nairobi muri Kenya.

Muri bakiriwe harimo Oscar Kerketta w’u Buhinde, uyu akaba ari we Ambasaderi wa mbere w’u Buhinde uzakorera muri ambasade nshya buheruka gufungura mu Rwanda.

Nyuma yo gushyikiriza Perezida Kagame impapuro ze, Ambasaderi Kerketta yavuze ko azibanda cyane ku guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, nyuma y’uko mu ruzinduko Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi aherukamo mu Rwanda, impande zombi zasinye amasezerano umunani arimo ay’inguzanyo ya miliyoni 200 z’amadolari.

Harimo kandi imishinga ijyanye n’ishoramari no guteza imbere ubuhinzi binyuze mu mishinga yo kuhira.

Ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio wa Angola we yagaragaje ko iki ari ikimenyetso cy’ibihugu byombi mu guteza imbere umubano mu bya politiki, ubukungu n’izindi nzego.

Yagaragaje ko umubano w’ibihugu byombi ukomeje gutera imbere, cyane ko muri Nyakanga Angola yakuriyeho abanyarwanda gusaba viza y’umukerarugendo. Hari kandi ubufatanye bw’ikigo Oshen Health Care cyiyemeje gushora miliyoni 24$ mu bitaro byitiriwe Umwami Faycal, ku buryo mu 2020 bizashyiraho ikigo cy’icyitegererezo mu kubaga umutima.

Ambasaderi wa Autriche mu Rwanda, Dr. Christian Fellner, we yahishuye ko Chancelier w’icyo gihugu unayoboye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri uyu mwaka, Sebastian Kurz, ku wa Gatanu azagirira uruzinduko mu Rwanda.

Ati “Autriche n’u Rwanda dufite imibanire myiza, vuba aha tugiye no kuyongerera imbaraga. Intumwa nyinshi ziteganyijwe kuza i Kigali, hazaba harimo itsinda ry’abacuruzi, dusure RDB, ibigo binyuranye ndetse mu gihe kitarambiranye n’abagize Inteko ishinga amategeko bazasura u Rwanda.”

“Ku wa Gatanu umukuru wa Guverinoma yacu azaba ari i Kigali. Bombi, Perezida Kagame na Chancellier Sebastian Kurz, bazaganira ku nama iteganywa i Vienna, aho ku wa 18 Ukuboza izahuza Afurika n’u Burayi.”

Prof. Dr. Ratlan Pardede uhagarariye Indonesia, we yagaragaje ko icyo ashyize imbere ari uguteza imbere ubuhahirane n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, binyuze mu bikorera.

Ati “Ndifuza guteza imbere ibijyanye n’ubukungu by’umwihariko binyuze mu bucuruzi hagati ya Indonesia n’u Rwanda. Mu myaka ishize ubucuruzi hagati y’impande zombi bwazamutse buva ku 400$ mu 2015 bugera kuri miliyoni 7$ mu 2017. Nubwo byagenze bityo ariko, turacyafite amahitwe menshi yo kongera umusaruro w’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.”

Mu bandi batanze impapuro zabo harimo Ambasaderi wa Australia mu Rwanda, Alison Helena Chartres; Ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil; Ambasaderi František Dlhopolček wa Slovakia; Ambasaderi Martin Gómez wa Argentine na Ambasaderi Uriel Garibay wa Repubulika ya Philippines.

Ubwo ambasaderi Alison Helena Chartres yajyaga gushyikiriza Umukuru w’igihugu impapuro zimwemerera guhagararira Australia mu Rwanda

Perezida Kagame yakira ambasaderi Alison Helena Chartres wa Australia

Perezida Kagame yagize n’umwanya wo kuganira na Alison Helena Chartres hamwe n’intumwa zamuherekeje

Perezida Kagame na ambasaderi Alison Helena Chartres hamwe n’itsinda ryamuherekeje

Perezida Kagame yanagize umwanya wo kuganira na Oscar Kerketta uhagarariye u Buhinde

Perezida Kagame yakira impapuro za František Dlhopolček of Slovak uhagarariye Slovakia

Ubwo ambasaderi Prof. Dr. Ratlan PARDEDE wa Indonesia yageraga ku biro by’umukuru w’igihugu

Perezida Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe na ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio wa Angola (wa kabiri ibumoso)

Ubwo ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio yashyikirizaga Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye

Ubwo Eduardo Filomeno Leiro Octávio yageraga ku biro by’umukuru w’igihugu

Perezida Kagame yasuhuje ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio amwifuriza imirimo myiza mu Rwanda

Perezida Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe na Ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera

Ubwo ambasaderi Oscar Kerketta w’u Buhinde yageraga mu biro by’Umukuru w’Igihugu

Perezida Kagame yakira impapuro za ambasaderi Martin Gómez wa Argentine

Perezida Kagame hamwe na ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil

Ubwo ambasaderi Uriel Garibay yajyaga gushyikiriza Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Philippines mu Rwanda

Amafoto: Rwanda Gov

2018-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukabalisa  wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Mukabalisa wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2016
RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Ubwanditsi 22 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abo mu muryango wa Kayumba Rugema Alias Gafirifiri, bati:”Twarapfushije ntitwahamba”
Amakuru

Abo mu muryango wa Kayumba Rugema Alias Gafirifiri, bati:”Twarapfushije ntitwahamba”

Ubwanditsi 01 Dec 2020
Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR
Amakuru

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Ubwanditsi 31 Mar 2023
Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.
Amakuru

Judith Suminwa Tuluka, umugore wa mbere ugizwe Minisitiri w’intebe mu mateka ya Kongo-Kinshasa.

Ubwanditsi 01 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru