• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Ubwanditsi 06 Dec 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yakiriye impapuro zemerera abadipolomate b’ibihugu icyenda kubihagararira i Kigali nka ba ambasaderi, barimo babiri bafite icyicaro i Kigali, umwe ugifite i Dar Es Salaam na batandatu bafite icyicaro i Nairobi muri Kenya.

Muri bakiriwe harimo Oscar Kerketta w’u Buhinde, uyu akaba ari we Ambasaderi wa mbere w’u Buhinde uzakorera muri ambasade nshya buheruka gufungura mu Rwanda.

Nyuma yo gushyikiriza Perezida Kagame impapuro ze, Ambasaderi Kerketta yavuze ko azibanda cyane ku guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, nyuma y’uko mu ruzinduko Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi aherukamo mu Rwanda, impande zombi zasinye amasezerano umunani arimo ay’inguzanyo ya miliyoni 200 z’amadolari.

Harimo kandi imishinga ijyanye n’ishoramari no guteza imbere ubuhinzi binyuze mu mishinga yo kuhira.

Ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio wa Angola we yagaragaje ko iki ari ikimenyetso cy’ibihugu byombi mu guteza imbere umubano mu bya politiki, ubukungu n’izindi nzego.

Yagaragaje ko umubano w’ibihugu byombi ukomeje gutera imbere, cyane ko muri Nyakanga Angola yakuriyeho abanyarwanda gusaba viza y’umukerarugendo. Hari kandi ubufatanye bw’ikigo Oshen Health Care cyiyemeje gushora miliyoni 24$ mu bitaro byitiriwe Umwami Faycal, ku buryo mu 2020 bizashyiraho ikigo cy’icyitegererezo mu kubaga umutima.

Ambasaderi wa Autriche mu Rwanda, Dr. Christian Fellner, we yahishuye ko Chancelier w’icyo gihugu unayoboye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri uyu mwaka, Sebastian Kurz, ku wa Gatanu azagirira uruzinduko mu Rwanda.

Ati “Autriche n’u Rwanda dufite imibanire myiza, vuba aha tugiye no kuyongerera imbaraga. Intumwa nyinshi ziteganyijwe kuza i Kigali, hazaba harimo itsinda ry’abacuruzi, dusure RDB, ibigo binyuranye ndetse mu gihe kitarambiranye n’abagize Inteko ishinga amategeko bazasura u Rwanda.”

“Ku wa Gatanu umukuru wa Guverinoma yacu azaba ari i Kigali. Bombi, Perezida Kagame na Chancellier Sebastian Kurz, bazaganira ku nama iteganywa i Vienna, aho ku wa 18 Ukuboza izahuza Afurika n’u Burayi.”

Prof. Dr. Ratlan Pardede uhagarariye Indonesia, we yagaragaje ko icyo ashyize imbere ari uguteza imbere ubuhahirane n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi, binyuze mu bikorera.

Ati “Ndifuza guteza imbere ibijyanye n’ubukungu by’umwihariko binyuze mu bucuruzi hagati ya Indonesia n’u Rwanda. Mu myaka ishize ubucuruzi hagati y’impande zombi bwazamutse buva ku 400$ mu 2015 bugera kuri miliyoni 7$ mu 2017. Nubwo byagenze bityo ariko, turacyafite amahitwe menshi yo kongera umusaruro w’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.”

Mu bandi batanze impapuro zabo harimo Ambasaderi wa Australia mu Rwanda, Alison Helena Chartres; Ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil; Ambasaderi František Dlhopolček wa Slovakia; Ambasaderi Martin Gómez wa Argentine na Ambasaderi Uriel Garibay wa Repubulika ya Philippines.

Ubwo ambasaderi Alison Helena Chartres yajyaga gushyikiriza Umukuru w’igihugu impapuro zimwemerera guhagararira Australia mu Rwanda

Perezida Kagame yakira ambasaderi Alison Helena Chartres wa Australia

Perezida Kagame yagize n’umwanya wo kuganira na Alison Helena Chartres hamwe n’intumwa zamuherekeje

Perezida Kagame na ambasaderi Alison Helena Chartres hamwe n’itsinda ryamuherekeje

Perezida Kagame yanagize umwanya wo kuganira na Oscar Kerketta uhagarariye u Buhinde

Perezida Kagame yakira impapuro za František Dlhopolček of Slovak uhagarariye Slovakia

Ubwo ambasaderi Prof. Dr. Ratlan PARDEDE wa Indonesia yageraga ku biro by’umukuru w’igihugu

Perezida Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe na ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio wa Angola (wa kabiri ibumoso)

Ubwo ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio yashyikirizaga Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye

Ubwo Eduardo Filomeno Leiro Octávio yageraga ku biro by’umukuru w’igihugu

Perezida Kagame yasuhuje ambasaderi Eduardo Filomeno Leiro Octávio amwifuriza imirimo myiza mu Rwanda

Perezida Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe na Ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera

Ubwo ambasaderi Oscar Kerketta w’u Buhinde yageraga mu biro by’Umukuru w’Igihugu

Perezida Kagame yakira impapuro za ambasaderi Martin Gómez wa Argentine

Perezida Kagame hamwe na ambasaderi Fernando Estellita Lins de Salvo Coimbra wa Brazil

Ubwo ambasaderi Uriel Garibay yajyaga gushyikiriza Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira Philippines mu Rwanda

Amafoto: Rwanda Gov

2018-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Ubwanditsi 04 Apr 2025
Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024
Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Ubwanditsi 02 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi  ngo yibasiwe  n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane  byo muri Tunisia
IMIKINO

Amavubi ngo yibasiwe n’imbeho n’umuyaga bikonje cyane byo muri Tunisia

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage muri iki gihe cy’amatora

Ubwanditsi 07 Jul 2017
Amakipe 54 yo mu bihugu bitatu niyo azitabira imikino ya Volleyball yo Kwibuka Rutsindura
Amakuru

Amakipe 54 yo mu bihugu bitatu niyo azitabira imikino ya Volleyball yo Kwibuka Rutsindura

Ubwanditsi 29 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru