• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Ubwanditsi 26 Jul 2016 POLITIKI

Tariki 31 Nyakanga 2016, hateganyijwe amatora ya Perezida wa PL, uzasimbura Mitali Protais, wahunze igihugu agasiga ayogoje ishyaka ryo kwishyira ukizana kwaburi muntu kuko yibye akayabo gasaga miliyoni 50, yagiye abikuza mu bihe bitandukanye kuri compte ya PL.

Nubwo byumvikana ko ibyo bizagenwa n’abagize Congre y’ishyaka PL, mu matora ateganijwe kuwa 31 Nyakanga 2016, azakurikirwa na yubile y’imyaka 25 rimaze rishinzwe.

Kuva Jenoside yahagarikwa abanyapolitiki barokotse muri PL, bakomeje kurangwa no kuryanira kumyanya y’ishyaka ndetse imwe barayamburwa kuko kuri ubu basigaranye mbarwa, amakimbirane n’inzangano bya hato nahato byagiye bikururwa n’udutsiko twayoboye iri shyaka nibyo byatumye ritakaza abayoboke, bigira ingaruka zikomeye z’ubukene kuva kuntambara yo kubwa Joseph Sebarenzi Kabuye ndetse no kubwa Mitali na Gatete, ibi byose byasigiye ibikomere ishyaka.

Mugihe igisa n’amaho cyari gitangiye kugaruka mu ishyaka PL, gishobora kuyoyoka kubera intambara ishobora kongera kwaduka muri iri shyaka ishingiye kumwanya w’ubuyobozi ugiye guhatanirwa mu mpera z’uku kwezi, kuri ubu abaraguza umutwe baraha amahirwe Mukabalisa Donatille, ni Vice Perezida wa mbere wa PL, akaba azwiho ubuhanga, kwihangana no kwicisha bugufi, uyu mudamu watotejwe cyane na Mitali, yagize n’amahirwe yo kugaruka muri politiki ndetse no kugirirwa icyizere cyo gutorwa n’abadepite bagenzi be nka Perezida w’Inteko ishinga amategeko, umutwe w’Abadepite.

-3377.jpg

Hon. Donatille Mukabalisa

Iyi n’itike yamuhaye n’amahirwe yo kuba yayobora na PL bitamugoye, nkumwe mubayobozi bakuru bizewe , ufite imbaraga muri politiki y’iki gihugu.

Mu bandi bavugwa n’abayoboke , bashobora guhatanira uyu mwanya wo kuyobora PL, ni Dr Odette Nyiramirimo umwe mu bagore barambye muri iryo shyaka wanaryinjiyemo rigishingwa mu 1991.

-3374.jpg

Dr Odette Nyiramirimo

Kuri ubu ni umunyamabanga mukuru w’iri shyaka. Mu buzima bw’ishyaka yagiye ahabwa imirimo myinshi irimo kuba Minisitiri na Senateri , ubu ni umudepite uhagarariye u Rwanda mu nteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba(EALA).

Mu bandi bashobora guhatanira uyu mwanya, harimo Depite Byabarumwanzi Francois, visi perezida wa kabiri w’iri shyaka akaba n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amatageko.

-3380.jpg

Depite Byabarumwanzi Francois

Uyu bivugwa ko yaba yaragize uruhare rukomeye mu inyerezwa ry’amafaranga ya PL, afatanyije na Mitali ariko abonye bikomeye ngo yaje kumwigarika kandi ariwe bari basigaranye basinyana kuri compte ya PL.

Binavugwa ko hari amafaranga ya PL nawe ubwe yaba yaragiye yiguriza, ariko ngo igisambo n’igifashwe byose ngo yaje kubigereka kuri Mitali, nkuko abayoboke ba PL, babibwiye Rushyashya,ibi ngo byabaye aho Mitali akuriye Nyiramirimo kuri compte y’ishyaka, kubera kumusinyisha ama cheques adasobanutse Nyiramirimo akanga kuyasinya,atinya ko bizamukoraho.

Undi uvugwa n’ Ambasaderi Prof Joseph Nsengimana wigeze guhagararira u Rwanda mu muryango wa Afurika Yunze ubumwe(AU) muri Jamaica, Venezuela, muri Loni na Ethiopia, ndetse wanabaye n’umujyanama wa Perezida wa Repubulika.

-3375.jpg

Prof Joseph Nsengimana

Uyu yigeze kuyobora PL, mugihe cy’inzibacyuho avaho neza.

Mu bashobora gusubiraho kandi harimo Higiro Prosper wigeze kuyobora PL, ubu akaba ari Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro ry’Inteko zishinga Amategeko z’Umuryango uhuza ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari (FP-ICGRL) umwanya yongeye gutorerwa tariki ya 20 Mutarama 2014, dore ko no muri 2011 ari we wari watowe.

-3378.jpg

Higiro Prosper

Higiro azi PL,cyane kuko ni uwa kera yagiye ahangana naba Mugenzi, aza kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, ni umwe mubari muri Congre yabereye kuri Novotel Umubano 1993, igice kiswe icya Lando.

Undi ubishaka cyane ni Hon. Theogene Munyangeyo uyu ni umwe mu badepite ba PL, bagiyeho vuba akaba n’umuyoboke wa kera muri Kicukiro, ariko utaragize amahirwe mbere yo kurya kubya PL, kuko yagiye abihatanira ariko agakomwa mu nkokora n’agatsiko kamaze igihe kinini karagundiriye ishyaka, ntahabwe ayo mahirwe yo kuba depite, yaje kuzamukira muri zamvururu n’amacakubiri by’abari bashyingiye Gatete n’abari bashyigikiye Mitali muri 2007.

Ayo macakubiri nanubu ibisigisigi byayo ntibirashira muri PL.kuko byambuye imyanya ba Gatete , Ngirabakunzi na Murashi naho ba Emmanuel bombi bigira muri RPF, nyuma yo gucikamo ibice kwa PL.

-3376.jpg

Hon. Theogene Munyangeyo

Mu matora y’abadepite aheruka Mitali, yari yadohoreye Munyangeyo, amushyira ku mwanya wa kane w’aba kandida Depite, nyuma Hon. Sebera Henriette, wigereragayo amaze kumenya ko bazabona bane arisaza Mitali yimura Munyangeyo, amushyira ku mwanya wa gatanu azi neza ko PL, izabona bane, agarura imbere Depite Henriette, kugirango ahite, amukuye kumwanya wa 20 mugihe Komisiyo ya Nyiramirimo yo gutoranya abadepite yari yashyize Depite Henriette ku mwanya wa 20, kugirango ihe n’abandi amahirwe kuko amaze imyaka 20 mu nteko . Mwibuke ko muri icyo gihe Hon.Donatille we Mitali yari yamushyize nko kumwanya wa 40.kugirango atazabona ayo mahirwe.

Nguko uko Munyangeyo yaje kurokoka agarurwa kuri liste kumwanya wa kane ari nabyo yinjiriyeho mu ba depite, kubera umudepite wa PL wari ugiye muri EALA.

Undi ushobora kwiyamamaza wanatangiye lobing yo kuba Perezida wa PL ni Depite Kalisa Evariste, Kalisa kera yari umukozi wa Electrogaz rero we ni uwavuba muri PL, ntazi zantambara zo muri 93 uko zisa. Uyu Kalisa abayoboke bavuga ko azi kwirwanaho no kwiyorobeka, aribyo byagiye bimuhesha amahirwe yo kubona umwanya mu nteko ishingamategeko.

Kalisa ngo ntanshuti agira, areba aho inyungu ze ziri niyo mpamvu yagiye abona abamusunika akabona imyanya myiza muri PL, abayoboke ba PL, ntibamwibonamo, bavuga ko byamugora kuyobora PL,cyane ko abakera atabazi nubwo ntabasigaye muri PL, Kalisa, akaba ari umuntu wa Mitali, uba muri cya gikuta cyabaye nka « Yeriko » yo muri Bibiliya cyahiritswe na Donatille.

-3379.jpg

Depite Kalisa Evariste

Birabe ibyuya ntibibe amaraso…

Cyiza Davidson

2016-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ubwanditsi 12 May 2025
Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Ubwanditsi 21 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Gén. Prime Niyongabo, agemura ibiryo, intwaro n’ibikoresho, n’uko atanga imiti  mu nkambi y’imyitozo igamije gutera u Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Uko Gén. Prime Niyongabo, agemura ibiryo, intwaro n’ibikoresho, n’uko atanga imiti mu nkambi y’imyitozo igamije gutera u Rwanda.

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League
IMIKINO

Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League

Ubwanditsi 13 Jan 2019
CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo
IMIKINO

CHAN2016:Mali izahura kumukino wanyuma na RDC Congo

Ubwanditsi 06 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru