• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Ubwanditsi 13 Jan 2020 POLITIKI

Abarwanashyaka ba CNDD FDD bakomeje kuba mu gihirahiro cy’umukandida bazatanga mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Gicurasi uyu mwaka,atazagaragaramo Perezida Pierre Nkurunziza.

Nkuko amakuru atangazwa n’ibinyamakuru mu Burundi abitangaza,kuwa 25 Mutarama uyu mwaka hateganyijwe inama rusange y’ishyaka CNDD FDD,ishobora kuzatangarizwamo umukandida uzarihagararira agasimbura Pierre Nkurunziza ku butegetsi.

Amazina yakomeje kugaruka mu bavuzwe n’abarwanashyaka ba CNDD FDD ku bijyanye n’uziyamamaza guhagararira iri shyaka mu matora y’umukuru w’Igihugu ni Evariste Ndayishimiye na Amb. Ezechiel Nibigira gusa hari n’abavuze ko n’uwitwa Pascal Nyabenda ashobora kuzatungurana.

Amakuru yemeza ko umukandida wa CNDD FDD nta numwe umuzi mu barwanashyaka bose uretse perezida Petero Nkurunziza gusa.

Byagiye bivugwa ko umugore wa Nkurunziza Denise Nkurunziza ariwe uzatangwa na CNDD FDD nk’umukandida mu gihe hari abandi bavuze Revelien Ndikuriyo.

Uwitwa Evariste Ndayishimiye usanzwe ari umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD niwe uhabwa amahirwe menshi yo kuba umukandida wa CNDD FDD ndetse bivugwa ko aramutse yiyamamaje ashobora gutsinda kuko asanzwe yegereye abaturage ndetse ngo afite ibikorwa bitandukanye hirya no hino mu gihugu ariyo mpamvu byamworohera gutorwa n’Abarundi kuko benshi bamuzi.

Undi uhabwa amahirwe ni Amb. Ezechiel Nibigira usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi wanabaye Ambasaderi w’iki gihugu muri Kenya akanayobora urubyiruko rwa CNDD FDD.

Uyu mugabo abonwa nk’inararibonye mu kwegera ibihugu ku buryo aramutse agizwe perezida w’u Burundi ngo yakongera kubanisha iki gihugu cye n’Amahanga.

U Burundi bwafatiwe ibihano na bimwe mu bihugu bitewe no kwiyamamaza kwa Perezida Nkurunziza muri 2015,uretse Ubushinwa n’Uburusiya bwakomeje kurwana kuri iki gihugu.Abarundi ngo bakeneye undi muyobozi wabafasha kugarura umubano n’amahanga nkuko ikinyamakuru UBM News kibitangaza.

U Burundi bufite abaturage basaga miliyoni 11,buritegura kwinjira mu matora azashyiraho perezida mushya usimbura Nkurunziza wari umaze imyaka 15 abuyobora.

2020-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC yongeye kugaragaza ko itifuza ingabo za Loni ku butaka bwayo

RDC yongeye kugaragaza ko itifuza ingabo za Loni ku butaka bwayo

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024
Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Fayulu utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora agiye kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga

Fayulu utaranyuzwe n’ibyavuye mu matora agiye kujuririra urukiko rurinda Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 12 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017
Mu Mahanga

Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Ubwanditsi 03 Jan 2017
Uko Rayon Sports yahagamuwe na Gasogi United mbere yo guhura na AS Kigali
IMIKINO

Uko Rayon Sports yahagamuwe na Gasogi United mbere yo guhura na AS Kigali

Ubwanditsi 07 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru