• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Ubwanditsi 16 Mar 2016 IMIKINO

Umugabo utuye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, avuga ko amaze imyaka itanu azi ko arera umwana w’impfubyi kandi ari uwo umugore we yabyaye hanze.

Uyu mugabo twise Bizimana(Si ryo zina rye nyakuri), w’imyaka 43 avuga ko yatunguwe cyane n’uburyo umugore we yamusabye ko bashakisha umwana w’impfubyi barera nyuma agasanga uwo mwana yazanye ari uwe yabyaranye n’undi mugabo.

Amakuru dukesha Rwandapaparazzi.rw avuga ko uyu mugabo yatunguwe n’uburyo mu myaka 10 amaranye n’umugore atigeze amubwira ko afite umwana hanze ahubwo akamuzana amwita impfubyi kandi ariwe nyina.

Yagize ati “Njye rwose iyo abimbwira mbere tutari twarushinga sinari kubimwangira kuko n’ubundi nari namukunze ahubwo icyambabaje ni uburyo yazanye umwana afite imyaka itanu nkamenya ko ari uwe amaze kugira imyaka 10 ndetse nkanabimenya mbibwiwe na rubanda.”

Avuga ko kugira yemerere umugore we ko azana uyu mwana bamurere byatewe n’uko yamubwiye ko ari impfubyi kuri se na nyina ndetse aho aba bamufata nabi birenze uko bafata abakozi bo mu rugo.

Yakomeje agira ati “ Yamaze igihe kirekire ansaba ko twazana uyu mwana w’umusore ambeshya ngo aho yabaga bamufataga nabi ndetse batifuzaga ko yiga,mbikora nko kugira ngo tumufashe na ho ni we mwana w’imfura ye.”

Uyu mugabo avuga ko nyuma yaho abantu bamubwiriye ko umugore we yamushatse yarabyaye byatumye atangira kwikorera iperereza kuko yumvaga ko ari amagambo y’abashaka kumusenyera gusa, ku buryo yaje kubyemera nyuma y’aho nyirabukwe ubwe amweruriye akamubwira ko bashakanye afite umwana w’imyaka itanu.

Bizimana ( Izina twamuhaye ) yagize ati “Bakibimbwira namaze igihe cy’amezi agera kuri atatu ndi kubikurikirana ku buryo naje no kujya i Rubavu aho avuka mbibaza nyina arabinyemerera ambwira ko yari azi ko mbizi ndumirwa.”

Umugore wa Bizimana yavuze ko ahisha umugabo we ko afite umwana nta kindi yari agambiriye ahubwo kwari ukugira ngo atamubenga.

Nyuma y’aho Bizimana atahuriye ko umugore we yamubeshyaga yahise amwohereza iwabo mu Karere ka Rubavu kugira ngo ajye kwibwirira ababyeyi be amakosa yakoze kugira ngo bazafate umwanzuro.

Uretse uyu mugore wafatiwe mu cyuho, benshi mu banyakigali bemeza ko muri iyi minsi usanga abantu batandukanye babyariye iwabo basigaye bahisha ko bafite abana mbere yo gushaka kugira ngo batabengwa, ibi bikaba intandaro y’isenyuka ry’ingo.

Source : Rwandapaparazzi

2016-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mohamed Ali apfuye yaragacishijeho

Mohamed Ali apfuye yaragacishijeho

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe

Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe

Ubwanditsi 14 Feb 2022
Mu mukino utarabereye igihe, APR FC yatsinze Musanze FC 2-1

Mu mukino utarabereye igihe, APR FC yatsinze Musanze FC 2-1

Ubwanditsi 07 Oct 2023
Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Ubwanditsi 13 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafunguye Ambasade mu Rwanda
POLITIKI

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafunguye Ambasade mu Rwanda

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?
Mu Rwanda

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Ubwanditsi 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru