• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Nyamirambo : Umugabo amaze imyaka 5 azi ko arera imfumbyi kandi ari umwana umugore we yabyaye hanze

Ubwanditsi 16 Mar 2016 IMIKINO

Umugabo utuye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, avuga ko amaze imyaka itanu azi ko arera umwana w’impfubyi kandi ari uwo umugore we yabyaye hanze.

Uyu mugabo twise Bizimana(Si ryo zina rye nyakuri), w’imyaka 43 avuga ko yatunguwe cyane n’uburyo umugore we yamusabye ko bashakisha umwana w’impfubyi barera nyuma agasanga uwo mwana yazanye ari uwe yabyaranye n’undi mugabo.

Amakuru dukesha Rwandapaparazzi.rw avuga ko uyu mugabo yatunguwe n’uburyo mu myaka 10 amaranye n’umugore atigeze amubwira ko afite umwana hanze ahubwo akamuzana amwita impfubyi kandi ariwe nyina.

Yagize ati “Njye rwose iyo abimbwira mbere tutari twarushinga sinari kubimwangira kuko n’ubundi nari namukunze ahubwo icyambabaje ni uburyo yazanye umwana afite imyaka itanu nkamenya ko ari uwe amaze kugira imyaka 10 ndetse nkanabimenya mbibwiwe na rubanda.”

Avuga ko kugira yemerere umugore we ko azana uyu mwana bamurere byatewe n’uko yamubwiye ko ari impfubyi kuri se na nyina ndetse aho aba bamufata nabi birenze uko bafata abakozi bo mu rugo.

Yakomeje agira ati “ Yamaze igihe kirekire ansaba ko twazana uyu mwana w’umusore ambeshya ngo aho yabaga bamufataga nabi ndetse batifuzaga ko yiga,mbikora nko kugira ngo tumufashe na ho ni we mwana w’imfura ye.”

Uyu mugabo avuga ko nyuma yaho abantu bamubwiriye ko umugore we yamushatse yarabyaye byatumye atangira kwikorera iperereza kuko yumvaga ko ari amagambo y’abashaka kumusenyera gusa, ku buryo yaje kubyemera nyuma y’aho nyirabukwe ubwe amweruriye akamubwira ko bashakanye afite umwana w’imyaka itanu.

Bizimana ( Izina twamuhaye ) yagize ati “Bakibimbwira namaze igihe cy’amezi agera kuri atatu ndi kubikurikirana ku buryo naje no kujya i Rubavu aho avuka mbibaza nyina arabinyemerera ambwira ko yari azi ko mbizi ndumirwa.”

Umugore wa Bizimana yavuze ko ahisha umugabo we ko afite umwana nta kindi yari agambiriye ahubwo kwari ukugira ngo atamubenga.

Nyuma y’aho Bizimana atahuriye ko umugore we yamubeshyaga yahise amwohereza iwabo mu Karere ka Rubavu kugira ngo ajye kwibwirira ababyeyi be amakosa yakoze kugira ngo bazafate umwanzuro.

Uretse uyu mugore wafatiwe mu cyuho, benshi mu banyakigali bemeza ko muri iyi minsi usanga abantu batandukanye babyariye iwabo basigaye bahisha ko bafite abana mbere yo gushaka kugira ngo batabengwa, ibi bikaba intandaro y’isenyuka ry’ingo.

Source : Rwandapaparazzi

2016-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mohamed Ali apfuye yaragacishijeho

Mohamed Ali apfuye yaragacishijeho

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Ubwanditsi 09 Nov 2017
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza Nshimiyimana agiye gufasha Sugira ugiye kwerekeza muri Vita Club
IMIKINO

Umutoza Nshimiyimana agiye gufasha Sugira ugiye kwerekeza muri Vita Club

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022
Amakuru

Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Ubwanditsi 05 Feb 2023
Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana
Mu Mahanga

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru