• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Ubwanditsi 10 May 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 ya Zambia igomba gukina n’Amavubi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika, yageze i Kigali itari kumwe na rutahizamu Mwiya Malumo ukinira Wigan Athletic mu Bwongereza utarabona ibyangombwa.

Amavubi atozwa na Mashami Vincent yasezereye Kenya mu ijonjora rya mbere ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20, agomba kwisobanura na Zambia ifite igikombe giheruka ku wa 12 Gicurasi 2018 saa 15h30 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Ikipe ya Zambia yageze i Kigali mu gitondo cyo ku wa 9 Gicurasi, izanye n’abakinnyi bayobowe n’umutoza Charles Bwale usanzwe anungirije mu ikipe y’igihugu nkuru ‘Chipolopolo’. Yanazanye na Wedson Nyirenda utoza Chipolopolo kugira ngo azunganire mugenzi we aho bikenewe.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu ribicishije ku rubuga rwaryo, ryatangaje ko iyi kipe yaje itari kumwe n’abakinnyi bayo babiri bakina mu Bwongereza, barimo rutahizamu Mwiya Malumo wa Wigan Athletic mu cyiciro cya kabiri na Lifumpa Yande Mwandwe ukina hagati mu kibuga muri Shrewsbury Town kuko bagize ibibazo by’ibyangombwa ariko bakaba bashobora kuzaza nyuma.

Ingimbi za Zambia zirakora imyitozo ya mbere i Kigali kuri uyu wa Gatatu saa 16h00 ku kibuga cya Ferwafa i Remera.

Iyi kipe ya ZAmbia yacumbikiwe muri Mirror Hotel.

Urutonde rw’abakinnyi 18 Zambia yazanye n’amakipe bakinamo

Abanyezamu: Prince Bwalya (Green Buffaloes), Flobby Mashakalati (Circuit City)

Ba myugariro: Benson Kolala (Nchanga Rangers), Jonathan Kapelembe (Romeki FC), Kingsley Hakwiya (Dream Factory), Christopher Katongo (Kasama United), Justin Mwanza (Young Nkana)

Abakina hagati: Obino Chisala (Happy Hearts), Muma Mumba (Green Eagles),Prince Mumba (Kabwe Warriors), Thomas Zulu (Kafue Celtic), Chanda Mukuka (Gomes), Albert Kangwanda (Red Arrows)

Ba rutahizamu: James Chilimina (Chirundu FC), Paul Mwachisema (Kafue Celtic), Lameck Banda (Zesco United), Martin Njobvu (Nchanga Rangers), Francisco Mwepu (Kafue Celtic).

Abakinnyi ba Zambia U20 baje i Kigali

Ikipe y’igihugu ya Zambia U20 iyobowe na Charles Bwale usanzwe ari umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu nkuru ‘Chipolopolo’

Rutahizamu Mwiya Malumo wa Wigan Athletic mu cyiciro cya kabiri mu Bwongereza ntiyazanye mu Rwanda na bagenzi be ba Zambia U20 kubera ibyangombwa

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021
Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere

Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere

Ubwanditsi 09 May 2025
Amafoto – Minisitiri wa Siporo na Komite Nyobozi ya FERWAFA basuye ibikorwa by’inyubako n’ibibuga biri kubakwa

Amafoto – Minisitiri wa Siporo na Komite Nyobozi ya FERWAFA basuye ibikorwa by’inyubako n’ibibuga biri kubakwa

Ubwanditsi 28 Oct 2025
Senegal yabaye ikipe ya mbere ya Afurika igeze muri 1/8 cy’igikombe cy’isi 2022, ikaba izahura n’u Bwongereza berekeza muri 1/4

Senegal yabaye ikipe ya mbere ya Afurika igeze muri 1/8 cy’igikombe cy’isi 2022, ikaba izahura n’u Bwongereza berekeza muri 1/4

Ubwanditsi 30 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima
ITOHOZA

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi
Amakuru

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana
Mu Mahanga

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Ubwanditsi 23 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru