• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Zambia U20 izakina n’Amavubi yageze i Kigali itari kumwe na Mwiya ukina mu Bwongereza

Ubwanditsi 10 May 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 ya Zambia igomba gukina n’Amavubi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika, yageze i Kigali itari kumwe na rutahizamu Mwiya Malumo ukinira Wigan Athletic mu Bwongereza utarabona ibyangombwa.

Amavubi atozwa na Mashami Vincent yasezereye Kenya mu ijonjora rya mbere ryo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20, agomba kwisobanura na Zambia ifite igikombe giheruka ku wa 12 Gicurasi 2018 saa 15h30 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Ikipe ya Zambia yageze i Kigali mu gitondo cyo ku wa 9 Gicurasi, izanye n’abakinnyi bayobowe n’umutoza Charles Bwale usanzwe anungirije mu ikipe y’igihugu nkuru ‘Chipolopolo’. Yanazanye na Wedson Nyirenda utoza Chipolopolo kugira ngo azunganire mugenzi we aho bikenewe.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu ribicishije ku rubuga rwaryo, ryatangaje ko iyi kipe yaje itari kumwe n’abakinnyi bayo babiri bakina mu Bwongereza, barimo rutahizamu Mwiya Malumo wa Wigan Athletic mu cyiciro cya kabiri na Lifumpa Yande Mwandwe ukina hagati mu kibuga muri Shrewsbury Town kuko bagize ibibazo by’ibyangombwa ariko bakaba bashobora kuzaza nyuma.

Ingimbi za Zambia zirakora imyitozo ya mbere i Kigali kuri uyu wa Gatatu saa 16h00 ku kibuga cya Ferwafa i Remera.

Iyi kipe ya ZAmbia yacumbikiwe muri Mirror Hotel.

Urutonde rw’abakinnyi 18 Zambia yazanye n’amakipe bakinamo

Abanyezamu: Prince Bwalya (Green Buffaloes), Flobby Mashakalati (Circuit City)

Ba myugariro: Benson Kolala (Nchanga Rangers), Jonathan Kapelembe (Romeki FC), Kingsley Hakwiya (Dream Factory), Christopher Katongo (Kasama United), Justin Mwanza (Young Nkana)

Abakina hagati: Obino Chisala (Happy Hearts), Muma Mumba (Green Eagles),Prince Mumba (Kabwe Warriors), Thomas Zulu (Kafue Celtic), Chanda Mukuka (Gomes), Albert Kangwanda (Red Arrows)

Ba rutahizamu: James Chilimina (Chirundu FC), Paul Mwachisema (Kafue Celtic), Lameck Banda (Zesco United), Martin Njobvu (Nchanga Rangers), Francisco Mwepu (Kafue Celtic).

Abakinnyi ba Zambia U20 baje i Kigali

Ikipe y’igihugu ya Zambia U20 iyobowe na Charles Bwale usanzwe ari umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu nkuru ‘Chipolopolo’

Rutahizamu Mwiya Malumo wa Wigan Athletic mu cyiciro cya kabiri mu Bwongereza ntiyazanye mu Rwanda na bagenzi be ba Zambia U20 kubera ibyangombwa

2018-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana,    Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23

Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana, Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23

Ubwanditsi 28 Oct 2022
Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya  Kigali

Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali

Ubwanditsi 01 Jul 2016
APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

Ubwanditsi 05 Apr 2022
Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7

Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7

Ubwanditsi 30 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Repubulika , akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda arashimira Ingabo na Polisi umurava n’ubudashyikirwa mu kurengera ubusugire n’umutekano w’Abanyarwanda.
Amakuru

Perezida wa Repubulika , akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda arashimira Ingabo na Polisi umurava n’ubudashyikirwa mu kurengera ubusugire n’umutekano w’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 31 Dec 2020
Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga
INKURU NYAMUKURU

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Ubwanditsi 22 Nov 2019
Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.
Mu Rwanda

Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Ubwanditsi 21 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru