Abakinnyi, abatoza b’Ikipe ya Rayon Sports yaraye ishyikirijwe amafaranga mu rwambariro n’ubuyobozi bwa Gikundiro ubwo bari bamaze gutsinda ikipe ya Rutsiro FC mu mukino wa 26 wa shampiyona y’u Rwanda.
Ubwo umukino wari urangiye ku tsinzi y’ibitego 2-0, byatsinzwe na Aziz Bassane na Rukundo Abdalhaman uzwi nka Paplay ikipe yose yahise ishyikirizwa amafaranga.
Ni amafaranga azwi nk’agahimbazamusyi “Prime” ahabwa ikipe iyo batsinze umukino runaka, nk’uko byatangajwe na Rayon Sports amafaranga batsindiye bahise bayahererwa aho.
Mu makuru twamenye ni uko buri mukinnyi wa Rayon Sports yahawe ibihumbi ijana na Mirongo itanu by’amafaranga y’u Rwanda asanzwe nk’agahimbazamusyi bahabwa burigihe iyo batsinze.
Guhabwa aya mafaranga kuri Gikundiro, birongerera abakinnyi imbaraga zo gukomeza guhatana cyane dore ko biteguea guhura na Police kuri iki cyumweru hakinwa umunsi wa 27.
Kugeza ubu Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League aho ifite amanota 56 igakurikirwa na APR FC ifite amanota 55.
Biteganyijwe ko imikino y’umunsi wa 27 itangira kuri uyu wa Gatanu, aho Kiyovu SC ihura na AS Kigali bagakinira kuri Kigali Pele Stadium.