• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017 ITOHOZA

Perezida wa Sudani, Omar al Bashir, ushakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ku byaha akekwaho by’intambara, yatumiwe na Arabia Soudite mu nama Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Donald Trump.

Iyo nama izahuza abayobozi bo ku rwego rwo hejuru, izahuza Perezida Trump n’abayobozi b’ibihugu by’Abarabu n’ibifite umubare munini w’aAbayisilamu.

Ubuyobozi bwa USA bwagaragaje kutishimira icyemezo cyo gutumira Bashir , aho buvuga ko abashakishwa na ICC badakwiriye kwemererwa kugenda mu mahanga.

Perezida Trump azaba ari muri Arabie Saoudite kuva kuri uyu wa Gatandatu, urugendo rwa mbere azaba agiriye hanze y’igihugu kuva yatangira kuyobora USA muri Mutarama 2017.

-6643.jpg

Perezida wa Sudani Omar El Bashir

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Ibrahim Ghandour, we yatangarije BBC ko Bashir azajya muri Arabie Saoudite kuri uyu wa Gatanu .

USA nticana uwaka na Sudani, aho mu iteka rya mbere yashyizeho nk’Umukuru w’Igihugu, Trump yashyize Sudani ku rutonde rw’ibihugu birindwi abaturage babyo bakumiriwe muri Amerika mu minsi 90. Yari ku rutonde rumwe na Iran, Iraq, Libya, Somalia, Syria na Yemen.

Amerika kandi imaze igihe kinini ifatiye ibihano Sudani, byanayishegeshe cyane mu rwego rw’imari n’ubuzima nk’aho Abanyamerika batoroherwa no gushora imari muri Sudani kuko bitoroshye kuvanayo urwunguko rwabo bifashishije banki zo muri Amerika. Sudani kandi ntiyoroherwa no gutumiza imiti muri Amerika cyangwa mu Burayi.

-6644.jpg

Perezida Trump

Umwe mu bayobozi ba Leta Zunze ubumwe za Amerika yabwiye NBC News ko ubuyobozi bwa Trump budashyigikiye ubutumire cyangwa ingendo z’abantu ICC yashyiriyeho impapuro zo guta muri yombi.

Yakomeje agira ati “Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje aho zihagaze ku ngendo za Perezida wa Sudani Omar al-Bashir,”

“Nubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitashyize umukono ku masezerano ya Roma ari nayo masezerano ashyiraho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, dushyigikira cyane ko abantu bakekwaho Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha by’intambara, kimwe n’ibyabereye muri Darfour.”

Perezida Bashir ashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, rwatanze impapuro za mbere zisaba ko atabwa muri yombi kuwa 4 Werurwe 2009, iza kabiri zitangwa kuwa 12 Nyakanga 2010. Ashakishwa hamwe na Guverineri wa Leta ya Kordofan y’Amajyaruguru, Ahmed Haroun, icyo gihe we yari Minisitiri w’Umutekano.

ICC imukekaho ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyokomuntu na Jenoside, byakorewe mu gace ka Darfur kuva mu 2003 nyuma y’uko inyeshyamba ziteye hejuru zivuga ko guverinoma ye yitaye ku barabu ikirengagiza ako gace.

Sudani ishinja USA kuba inyuma y’ishakishwa rya Bashir, hamwe bigahuzwa n’uko yaba yarimye peteroli Abanyamerika ikayiha abashinwa.

2017-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi  ( AMAFOTO )

Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 02 Dec 2016
Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Uko RNC yaje guhuhuka, abayoboke bagatatana n’uko Rutabana yaje kwicwa aciwe umutwe

Ubwanditsi 18 Dec 2019
ADEPR : Uko Usabwimana Samuel  yahunze  Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

ADEPR : Uko Usabwimana Samuel yahunze Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda
IKORANABUHANGA

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato
IMIKINO

Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Dr Leopold Munyakazi yakatiwe burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 15 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru