• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017 ITOHOZA

Perezida wa Sudani, Omar al Bashir, ushakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ku byaha akekwaho by’intambara, yatumiwe na Arabia Soudite mu nama Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Donald Trump.

Iyo nama izahuza abayobozi bo ku rwego rwo hejuru, izahuza Perezida Trump n’abayobozi b’ibihugu by’Abarabu n’ibifite umubare munini w’aAbayisilamu.

Ubuyobozi bwa USA bwagaragaje kutishimira icyemezo cyo gutumira Bashir , aho buvuga ko abashakishwa na ICC badakwiriye kwemererwa kugenda mu mahanga.

Perezida Trump azaba ari muri Arabie Saoudite kuva kuri uyu wa Gatandatu, urugendo rwa mbere azaba agiriye hanze y’igihugu kuva yatangira kuyobora USA muri Mutarama 2017.

-6643.jpg

Perezida wa Sudani Omar El Bashir

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Ibrahim Ghandour, we yatangarije BBC ko Bashir azajya muri Arabie Saoudite kuri uyu wa Gatanu .

USA nticana uwaka na Sudani, aho mu iteka rya mbere yashyizeho nk’Umukuru w’Igihugu, Trump yashyize Sudani ku rutonde rw’ibihugu birindwi abaturage babyo bakumiriwe muri Amerika mu minsi 90. Yari ku rutonde rumwe na Iran, Iraq, Libya, Somalia, Syria na Yemen.

Amerika kandi imaze igihe kinini ifatiye ibihano Sudani, byanayishegeshe cyane mu rwego rw’imari n’ubuzima nk’aho Abanyamerika batoroherwa no gushora imari muri Sudani kuko bitoroshye kuvanayo urwunguko rwabo bifashishije banki zo muri Amerika. Sudani kandi ntiyoroherwa no gutumiza imiti muri Amerika cyangwa mu Burayi.

-6644.jpg

Perezida Trump

Umwe mu bayobozi ba Leta Zunze ubumwe za Amerika yabwiye NBC News ko ubuyobozi bwa Trump budashyigikiye ubutumire cyangwa ingendo z’abantu ICC yashyiriyeho impapuro zo guta muri yombi.

Yakomeje agira ati “Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje aho zihagaze ku ngendo za Perezida wa Sudani Omar al-Bashir,”

“Nubwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitashyize umukono ku masezerano ya Roma ari nayo masezerano ashyiraho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, dushyigikira cyane ko abantu bakekwaho Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha by’intambara, kimwe n’ibyabereye muri Darfour.”

Perezida Bashir ashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, rwatanze impapuro za mbere zisaba ko atabwa muri yombi kuwa 4 Werurwe 2009, iza kabiri zitangwa kuwa 12 Nyakanga 2010. Ashakishwa hamwe na Guverineri wa Leta ya Kordofan y’Amajyaruguru, Ahmed Haroun, icyo gihe we yari Minisitiri w’Umutekano.

ICC imukekaho ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyokomuntu na Jenoside, byakorewe mu gace ka Darfur kuva mu 2003 nyuma y’uko inyeshyamba ziteye hejuru zivuga ko guverinoma ye yitaye ku barabu ikirengagiza ako gace.

Sudani ishinja USA kuba inyuma y’ishakishwa rya Bashir, hamwe bigahuzwa n’uko yaba yarimye peteroli Abanyamerika ikayiha abashinwa.

2017-05-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iby’Ambasaderi Gasana Eugene byahinduye isura

Iby’Ambasaderi Gasana Eugene byahinduye isura

Ubwanditsi 02 Oct 2016
Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Ubwanditsi 06 Jul 2016
Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Abasirikare bakuru ( Officiers) 9 b’abarundi birukanywe nabi muri Centrefrique (Urutonde rw’amazina yabo)

Ubwanditsi 28 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR
INKURU NYAMUKURU

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Nkunshuro ya mbere umuhango  wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame
Mu Mahanga

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere
Amakuru

Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Ubwanditsi 22 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru