• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Gideon Rugali Rukundo, ukunda kwigaragaza ko akunda NRM akaba ashaka no kuba umunyapolitiki wiyamamariza kuba umudepite uhagararaiye akarere ka Ndorwa, ahora ku mbuga nkoranyambaga arwanya u Rwanda. Ari kurutonde rw’abayobozi ba RNC muri Uganda hamwe na Sulah Wakabiligi Nuwamanya n’umukobwa w’inshuti ye Prossy Bonabaaana. Rugari ntabwo ajya asiba inama zihuza ubuyobozi bwa RNC i Kampala.

Yavukiye kandi akurira I Rubaya mu karere ka Kabale muri 1974, ni umuhungu wa Rugali na Makulata. Makulata ni Umunyarwanda utuye muri Uganda ukomoka mu karere ka Musanze. Rukundo Rugali ni imfura mu muryango w’abana barindwi, afite abagore babiri akaba yarize ubuganga  muri Kaminuza ya Makerere mu ishami ryo kubaga akaba akora mu bitaro bya Mulago.

Sulah Wakabiligi Nuwamanya

Amateka ya Rukundo Rugali ateye inkeke;  muri 2003, Rugali yahungiye mu Rwanda aho ibiro bya gisirikari bya Uganda (CMI) byamuhigaga bukware kubera guha imiti umutwe witwara gisirikari warwanyaga Uganda witwa  Popular Resistance Army (PRA). Byasabye ko Minisitiri w’ibikorwa by’imbere mu gihugu icyo gihe akaba ubu ari Minisitiri w’Intebe, Dr Ruhakana Rugunda amusaba guhinduka nuko kuburyo butunguranye ahindurwa umwere. Kuva icyo gihe yiyumvise kuba umunyembaranga n’indakorwaho.

Mukazi ke yatangiye kugaragaza ikinyabupfura gikeya no kwiyenza kugeza aho umunsi umwe, umuyobozi we Dr Diane Twine (ubu akaba ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuzima) yumvishe bikabije maze aramwirukana.

Gideon Rugali Rukundo

Nyuma yo kwirukanwa, Rugari yugarijwe n’ubukene aho byamugoye kubona ibitunga mu buzima bwa buri munsi ingo ze ebyiri aho rumwe rubarizwa Nalya muri Kampala urundi muri Kabale.

Buri gihe aba yiyegereza abakomeye ngo bamufashe mu nzozi ze za politiki, byaramufashije kuko abafite inkomoko mu Rwanda bakorera Museveni ubutaruhuka. Minisitiri w’umutekano mu gihugu Gen Elly Tumwine niwe wahaye akazi Rukundo kugirango afashe urwego rushinzwe iperereza mu gihugu ISO mu mugambi wayo wo kubeshya amakuru ku Rwanda nyuma yo kubona ko yamenya gutukana ku mbuga nkoranyambaga. Rugari yafashijwe kuko nubundi yirirwaga azenguruka mu bayobozi asaba ubufasha aha twavuga nka Gen Muzeyi Sabiti, Umukuru wungirije wa Polisi ya Uganda.

Muri iki gihe Rukundo arashaka kwitwaza imibanire itari myiza hagati ya Uganda n’u Rwanda kugirango agaragare nk’umuntu ukunda igihugu kugirango abasirikari bakuru bazamufashe mu mugambi we wa politiki. Ubu bakaba bamuhembera gutuka u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga amafaranga azifashisha yiyamamaza.

Gusa Rukundo yakwibaza impamvu abo basirikari bakuru batigeze bamufasha igihe Umunyamabanga Uhoraho Diane Twine yamwirukanaga. Baramufasha kubera atuka u Rwanda bakaba bazamwihakana igihe bazabona ntacyo azageraho.

Abasesenguzi ba politiki bemeza ko kumufasha mu matora y’abadepite bizaterwa n’uburyo Museveni azabona ubushobozi rwe mu kurwanya u Rwanda, gusa muri iki gihe ibintu ntibimeze neza kuri Rugali. Niba mu myaka 25 ishize, Museveni yaragerageje kurwanya u Rwanda bikamupfira ubusa, ubu ni Rugali uzabishobora?

Nkubu afite urubanza mu nkiko aho bigaragara ko ruzamuteza ubukene. Gusa yiyemeza ibyo atazashobora, nibyo Museveni yananiwe gukora. Icyabera cyiza Rugari nuko umuntu yamugira inama akisubirira mu kazi ke k’umwuga ko kuvura

2019-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yageze i Addis Ababa aho yitabiriye Inama Rusange ya 30 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Kagame yageze i Addis Ababa aho yitabiriye Inama Rusange ya 30 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 27 Jan 2018
Impamvu nyamukuru yatumye FDLR icikamo ibice

Impamvu nyamukuru yatumye FDLR icikamo ibice

Ubwanditsi 08 Sep 2016
Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Mbarara: Abanyarwandakazi umunani biswe intasi zitwikiriye uburaya bafunzwe

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Twagirayezu ukekwaho Jenoside yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Danemark

Twagirayezu ukekwaho Jenoside yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Danemark

Ubwanditsi 12 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero
HIRYA NO HINO

U Buyapani: Abasaga 100 bishwe n’umwuzure, abandi benshi baburirwa irengero

Ubwanditsi 09 Jul 2018
ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO
Amakuru

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025
Perezida Trump yahuriye na Kim Jong-un muri Singapore
HIRYA NO HINO

Perezida Trump yahuriye na Kim Jong-un muri Singapore

Ubwanditsi 12 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru