• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Ubwanditsi 12 Nov 2022 Amakuru, IMIKINO

Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 11 Ugushyingo 2022 nibwo hakinwe umukino ubanziriza indi y’umunsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda, ni umukino warangiye Kiyovu SC itsinze Rayon Sports 2-1 ihita ifata umwanya wa mbere.

Ni umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo witabirirwa n’abakunzi b’amakipe yombi wabonaga ko iyi sitade bayuzuye hafi kuyuzura.

Mbere y’uko aya makipe yombi akina uyu mukino hari habayeho imihigo kuri buri ruhande nkaho uwahoze ayobora Rayon Sports, Munyakazi Sadate yari yavuze ko natwindwa na Kiyovu SC asezera kuri ruhago.

Ku ruhande rwa Kiyovu SC umuyobozi wayo, Mvukiyehe Juvénal we yari yatangaje ko iyi kipe ya Gikundiro itamutsinda akiyoboye urucaca, dore ko kugeza uyu mukino utarakinwa yari amaze kuyitsinda imikino 5 banganya umwe kuva atangiye kuyiyobora.

Mu ntangiriro z’uyu mukino, Kiyovu SC niyo yatngiye neza kuko ubwo hari ku munota wa 5 yari imaze kubona igitego cya mbere cyatsinzwe na Nshimirimana Ismael uzwi  nka Pichou.

Kiyovu SC yari yakomeje cyane mu kibuga hagati, yongeye kubona ikindi gitego cya kabiri muri uyu mukino cyatsinzwe na Mugenzi Bienvenue ubwo hari ku munota wa 41, amakipe akaba yagiye kuruhuka Kiyovu iyoboye ku bitego 2-0.

Rayon Sports yari yasuye yagerageje gushaka byibuze igitego cyo  kwishyura inyuze ku buryo bwo kwinjiza abakinnyi bayo bari babanje hanze barimo Essombe Onana wari umaze iminsi yaravunitse.

Byaje gusaba gutegereza kugeza ku munota wa 85 w’umukino ngo gikundiro ibone igitego cyo kwishyura cyabonetse kuri Penaliti cyatsinzwe na Onana bityo umukino urangira Kiyovu yegukanye amanota atatu y’umunsi wa cyenda.

Gutsinda uyu mukino kuri Kiyovu SC byatumye yuzuza imikino 7 itazi gutsindwa na Rayon Sports uko bimeze kuko muriyo mikino imaze gutsinda imikino 6 banganya undi umwe.

Amanota atatu Kiyovu Sports Club yaraye yegukanye yatumye iyi kipe y’urucaca irara kumwanya wa mbere w’agateganyo ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda aho kuri ubu ifite amanota 20 naho Rayon Sports ya Kabiri ikaba ifite amanota 18.

Uko imikino y’umunsi wa 9 ikinwa:

Ku wa gatandatu, tariki ya 12/11/2022:

Bugesera FC vs Espoir FC

Etincelles FC vs Musanze FC

Rwamagana City vs Marines FC

Mukura VS vs Rutsiro FC

Gasogi United vs Gorilla FC (3pm)

Police FC vs As Kigali (6:30 pm)

Ku cyumweru, tariki ya 13/11/2022:

APR FC vs Sunrise 3pm

2022-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Ubwanditsi 18 Feb 2024
Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike  ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa  byazamuwe

CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa byazamuwe

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Amavubi ashobora kuririra ku makimbirane ari mu ikipe ya Ghana yatewe ni gabanywa ry’Agahimbazamushyi

Amavubi ashobora kuririra ku makimbirane ari mu ikipe ya Ghana yatewe ni gabanywa ry’Agahimbazamushyi

Ubwanditsi 25 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye
INKURU NYAMUKURU

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020
Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 24 Jul 2018
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo
Amakuru

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 25 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru