• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda, POLITIKI

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko igitero cya drones ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 11 Werurwe 2026 cyari kigamije kwica abayobozi bakuru baryo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Goma ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 11 Werurwe, Umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa yatangaje ko abantu batatu biciwe muri iki gitero, abandi benshi barakomereka.

Nangaa yasobanuye ko iki gitero cy’iterabwoba cyari kigamije kumwica no kwica abandi bayobozi bo muri ihuriro barimo Bertrand Bisimwa na Freddy Kaniki bamwungirije n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi baryo, Gen Maj Sultani Makenga.

Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, dipolomasi n’imiyoborere, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko Joseph Kabila wayoboye RDC kuva mu 2001 na 2019 na we ari ku rutonde rw’abo iki gitero cyari kigambiriye.

AFC/M23 yatangaje ko mu gihe Leta ya RDC ikomeje kurenga ku masezerano y’agahenge, igahitamo intambara nk’uko isanzwe ibigenza, iri huriro rizafata inshingano, ririnde umutekano w’abatuye mu bice rigenzura.

Leta ya RDC yakajije ibitero bya drones ku birindiro bya AFC/M23 kuva umwaka wa 2026 watangira. Tariki ya 24 Gashyantare, yiciye Umuvugizi wayo ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma n’abandi barwanyi barimo abamurindaga.

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko buri gushaka kwagurira mu karere kose intambara yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Yagize ati “Ubu bukangurambaga bwateguje igitero cya vuba cy’ihuriro ry’ingabo za Leta (FARDC, FDLR, Wazalendo, FDNB n’abacanshuro) ku mujyi wa Goma. Ubutumwa busaba abaturage kuva muri uyu mujyi bwakwirakwijwe ku mbuga z’abantu bose bo hafi ya Leta ya Tshisekedi kugira ngo umuryango mpuzamahanga wumve ko abaturage bari gushira i Goma.”

Nangaa yatangaje ko Leta ya RDC ifite umugambi wo kwica abayobozi ba AFC/M23 ndetse n’abanyapolitiki batavuga rumwe na yo kugira ngo ice intege uruhande bitavuga rumwe, ariko ko inashaka “kwenyegereza intambara yagutse mu karere.”

AFC/M23 yagaragaje ko mu gihe Leta ya RDC ikomeje kwenyegeza intambara, abarwanyi bayo bafite inshingano yo kurinda abaturage bashinzwe kandi ko Perezida Félix Tshisekedi azirengera ingaruka izaterwa n’intambara izakurikiraho.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Uwera Jean Maurice, yagaragaje ko igitero ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye mu mujyi wa Goma gishimangira ko ibyahungabanya umutekano w’igihugu biri hafi.

 

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Werurwe 2026, ingabo za RDC zagabye igitero cya drones mu gace ka Himbi, cyicirwamo abantu batatu barimo Umufaransakazi Karine Buisset wakoreraga ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yihanganishije umuryango, inshuti n’abakoranaga na Buisset, asaba ko itegeko ry’ibikorwa by’ubutabazi ryubahirizwa, umutekano w’abari kwita ku bari mu kaga ukarindwa.

Macron yagize ati “Ndasaba ko hubahirizwa itegeko rigenga ubutabazi, n’umutekano w’abakozi bakora batizigama kugira ngo bakize ubuzima bw’abantu.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yatangaje ko yamaganye akomeje “urugomo rukorwa n’impande zose”, kandi ko imirwano igomba guhagarara kugira ngo imishyikirano ibeho.

Uyu muyobozi yibukije ko kurinda abitanga kugira ngo batabare abari mu kaga bagomba kurindwa ariko, nka Perezida Macron, na we ntiyagaragaje abagabye iki gitero.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko bitumvikana ko abantu batagaragaza aho iki gitero cyaturutse kandi hari amakuru n’iperereza, binazwi ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC rimaze igihe rigaba ibitero byinshi bya drone muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Ati “Bishoboka bite ko nta makuru cyangwa iperereza ku haturutse igitero cya drone cyagabwe i Goma mu gitondo cy’uyu munsi, cyishe abantu batatu barimo umuturage wa EU? Ibi bibaye mu gihe amakuru menshi agaragaza ko ibitero bya drones by’ihuriro rya FARDC biri kwiyongera muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.”

Uwera yashimangiye ko iki gitero cyagabwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, agaragaza ko kuba cyagabwe hafi y’umupaka w’u Rwanda byerekana ko umutekano warwo ushobora guhungabana.

Yagize ati “Igitero cya drone cyagabwe i Goma uyu munsi gishimangira ikibazo kiri hafi y’umupaka w’u Rwanda. Mu gihe u Rwanda rushyirwaho igitutu ngo rukureho ingamba z’ubwirinzi, RDC n’ihuriro ryayo ririmo FDLR igomba gusenywa hashingiwe ku masezerano y’amahoro ya Washington, riracyakorera mu burasirazuba bwa RDC.”

Ubutumwa bwa Uwera bugaragaza ko u Rwanda rudakwiye gukuraho ingamba z’ubwirinzi mu gihe ibyahungabanya umutekano warwo biri hafi y’umupaka nk’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bitarakurwaho.

2026-03-11
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Abana 10 b’abanyarwanda batoranyijwe muri Bayern Academy bagiye mu Budage guhatana n’abandi bavuye mu bihugu 7

Abana 10 b’abanyarwanda batoranyijwe muri Bayern Academy bagiye mu Budage guhatana n’abandi bavuye mu bihugu 7

Ubwanditsi 17 Oct 2023
Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal

Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal

RUSHYASHYA 18 Jun 2026
Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Ubwanditsi 28 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa
Mu Mahanga

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Abajyanama be

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC
Amakuru

Abakinnyi 3 ba APR FC batijwe Marines FC, Bakame yasinyiye Bugesera FC mu gihe Bukuru yerekeje muri Rutsiro FC

Ubwanditsi 11 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru