• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda, POLITIKI

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko igitero cya drones ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 11 Werurwe 2026 cyari kigamije kwica abayobozi bakuru baryo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Goma ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 11 Werurwe, Umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa yatangaje ko abantu batatu biciwe muri iki gitero, abandi benshi barakomereka.

Nangaa yasobanuye ko iki gitero cy’iterabwoba cyari kigamije kumwica no kwica abandi bayobozi bo muri ihuriro barimo Bertrand Bisimwa na Freddy Kaniki bamwungirije n’Umugaba Mukuru w’abarwanyi baryo, Gen Maj Sultani Makenga.

Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, dipolomasi n’imiyoborere, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko Joseph Kabila wayoboye RDC kuva mu 2001 na 2019 na we ari ku rutonde rw’abo iki gitero cyari kigambiriye.

AFC/M23 yatangaje ko mu gihe Leta ya RDC ikomeje kurenga ku masezerano y’agahenge, igahitamo intambara nk’uko isanzwe ibigenza, iri huriro rizafata inshingano, ririnde umutekano w’abatuye mu bice rigenzura.

Leta ya RDC yakajije ibitero bya drones ku birindiro bya AFC/M23 kuva umwaka wa 2026 watangira. Tariki ya 24 Gashyantare, yiciye Umuvugizi wayo ku rwego rwa gisirikare, Lt Col Willy Ngoma n’abandi barwanyi barimo abamurindaga.

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko buri gushaka kwagurira mu karere kose intambara yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Yagize ati “Ubu bukangurambaga bwateguje igitero cya vuba cy’ihuriro ry’ingabo za Leta (FARDC, FDLR, Wazalendo, FDNB n’abacanshuro) ku mujyi wa Goma. Ubutumwa busaba abaturage kuva muri uyu mujyi bwakwirakwijwe ku mbuga z’abantu bose bo hafi ya Leta ya Tshisekedi kugira ngo umuryango mpuzamahanga wumve ko abaturage bari gushira i Goma.”

Nangaa yatangaje ko Leta ya RDC ifite umugambi wo kwica abayobozi ba AFC/M23 ndetse n’abanyapolitiki batavuga rumwe na yo kugira ngo ice intege uruhande bitavuga rumwe, ariko ko inashaka “kwenyegereza intambara yagutse mu karere.”

AFC/M23 yagaragaje ko mu gihe Leta ya RDC ikomeje kwenyegeza intambara, abarwanyi bayo bafite inshingano yo kurinda abaturage bashinzwe kandi ko Perezida Félix Tshisekedi azirengera ingaruka izaterwa n’intambara izakurikiraho.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Uwera Jean Maurice, yagaragaje ko igitero ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye mu mujyi wa Goma gishimangira ko ibyahungabanya umutekano w’igihugu biri hafi.

 

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Werurwe 2026, ingabo za RDC zagabye igitero cya drones mu gace ka Himbi, cyicirwamo abantu batatu barimo Umufaransakazi Karine Buisset wakoreraga ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yihanganishije umuryango, inshuti n’abakoranaga na Buisset, asaba ko itegeko ry’ibikorwa by’ubutabazi ryubahirizwa, umutekano w’abari kwita ku bari mu kaga ukarindwa.

Macron yagize ati “Ndasaba ko hubahirizwa itegeko rigenga ubutabazi, n’umutekano w’abakozi bakora batizigama kugira ngo bakize ubuzima bw’abantu.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yatangaje ko yamaganye akomeje “urugomo rukorwa n’impande zose”, kandi ko imirwano igomba guhagarara kugira ngo imishyikirano ibeho.

Uyu muyobozi yibukije ko kurinda abitanga kugira ngo batabare abari mu kaga bagomba kurindwa ariko, nka Perezida Macron, na we ntiyagaragaje abagabye iki gitero.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko bitumvikana ko abantu batagaragaza aho iki gitero cyaturutse kandi hari amakuru n’iperereza, binazwi ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC rimaze igihe rigaba ibitero byinshi bya drone muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Ati “Bishoboka bite ko nta makuru cyangwa iperereza ku haturutse igitero cya drone cyagabwe i Goma mu gitondo cy’uyu munsi, cyishe abantu batatu barimo umuturage wa EU? Ibi bibaye mu gihe amakuru menshi agaragaza ko ibitero bya drones by’ihuriro rya FARDC biri kwiyongera muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.”

Uwera yashimangiye ko iki gitero cyagabwe n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, agaragaza ko kuba cyagabwe hafi y’umupaka w’u Rwanda byerekana ko umutekano warwo ushobora guhungabana.

Yagize ati “Igitero cya drone cyagabwe i Goma uyu munsi gishimangira ikibazo kiri hafi y’umupaka w’u Rwanda. Mu gihe u Rwanda rushyirwaho igitutu ngo rukureho ingamba z’ubwirinzi, RDC n’ihuriro ryayo ririmo FDLR igomba gusenywa hashingiwe ku masezerano y’amahoro ya Washington, riracyakorera mu burasirazuba bwa RDC.”

Ubutumwa bwa Uwera bugaragaza ko u Rwanda rudakwiye gukuraho ingamba z’ubwirinzi mu gihe ibyahungabanya umutekano warwo biri hafi y’umupaka nk’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bitarakurwaho.

2026-03-11
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Amafoto – Rayon Sports Week, ytangiriye ku ivuko aho Gikundiro yatsindiye Gasogi 2-0

Ubwanditsi 01 Aug 2025
Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Ubwanditsi 22 Oct 2017
Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Ubwanditsi 01 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana
ITOHOZA

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]
IMIKINO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda
ITOHOZA

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru