• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Ubwanditsi 28 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Mu gihe bamwe mu bikorera icengezamatwara rishingiye ku ingengabitekerezo ya Jenoside bakomeje gukwirakwiza ibihuha ko Perezida Paul Kagame atakiriho cyangwa arwariye mu Budage, nyamara mu by’ukuri Perezida Kagame yagaragaye akora inshingano ze nk’ibisanzwe muri Village Urugwiro, aho yakiriye abayobozi b’ibikomerezwa ku rwego rw’Isi barimo: Olusegun Obasanjo, wahoze ari Perezida wa Nigeria na Dr. Akinwumi Adesina, Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD)

Ibi ni ibimenyetso simusiga ku bantu bayabira ibitambuka ku mbuga nkoranyambaga ko Perezida ari muzima, ari mu kazi, ari no gufatanya n’abandi bayobozi guteza imbere u Rwanda na Afurika.

Ibi binyoma by’ibigarasha n’abajenosideri ku mbuga nkoranyambaga bikorwa n’Abantu bamwe bamenyerewe mu gukwirakwiza ibihuha no gusebya igihugu, barimo ababa hanze y’u Rwanda, basubiye muri ya mikino mibi yo kwifuriza urupfu Perezida Kagame, bashaka gutera ubwoba abaturage no guhungabanya icyizere cy’igihugu mu bayobozi bacyo.

Dore Ingero z’ibihuha byakwirakwijwe kuri X/Twitter mu cyumweru gishize:

  • @SibomanaJean ukorera Channel ya Radio Itahuka:

    “Kagame amaze amezi 2 ataboneka, amakuru yizewe ni uko arwariye mu bitaro bikomeye mu Budage. Abanyarwanda bakwiye kumenya ukuri!”

  • @Habimana_FDLR:

    “Paul Kagame yarapfuye kera. Ni ikinamico gusa Leta y’u Rwanda irimo gukina kugira ngo batiteza umutekano mucye.”

  • @VeritasFrance:

    “Perezida Kagame arwariye cancer ya prostate, akurikiranwa na ba dogiteri b’Abadage. Umwanya w’ubuyobozi ugomba gusimburwamo bidatinze.” n’abandi batari bake

Ibyo byose ni ibinyoma bidafite ishingiro, byacuzwe n’ababayeho mu buhungiro banga igihugu cyabareze bakomokamo, bashaka gukomeza gupfobya iterambere igihugu kigezeho cyane cyane bashingira ku ntambara z’amagambo zishingira ku moko bonse.

Mu mateka y’ibinyamakuru Rutwitsi nka Kangura na Radio RTLM ku rugamba bakunze kubika Nyakubahwa Umugaba w’Ikirenga ari we Prezida w’U Rwanda ubu, Abari inyuma y’ibi binyoma si bashya kuko abatari bahari bonse iyo ngengabitekerezo bananirwa gucira kandi birura. Hari n’abasanzwe bazwi nko mu gihe cy’urugamba rwo guhagarika Jenoside, aho batangazaga amakuru y’ibinyoma no gusebya Kagame kugira ngo bace intege Abanyarwanda bari mu rugamba ndetse no mu masezerano y’amahoro.

Nka Kangura,cyari ikinyamakuru cyari cyarashinzwe n’uwitwa Hassan Ngeze, cyamenyekanye kubera gutangaza amagambo asebya Paul Kagame kuva mu 1990, kikanamushinja ubwicanyi atakoze we n’Inkotanyi yari ayoboye zanageze ku Intsinzi ari narwo rugero dukwiye gufata ntiducike intege mu nzira y’Ubumwe, Kangura yakomezaga gukwirakwiza ibihuha byo kuvuga ko yapfuye mu Ntambara y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside byibura ngo barebe ko Ingirabwoba zatera kabiri kandi koko abahumijwe n’amacakubiri Jenoside barakomeje barayikora, Bakomeje kandi Gukangurira rubanda nyamwishi nkuko biyitaga  kumwanga no kumufata nk’umwanzi w’Abahutu kandi nyamara inzira ye yari iyo guhuza abanyarwanda

Tugarutse kuri RTLM (Radio Télévision Libre des Mille Collines) nayo rero ntiyahwemye kuvuga ko “FPR iyobowe n’umuzimu witwa Kagame.” ibyo rero FPR yabirengeje amaso ikomeza urugamba rwo guhuza abanyarwanda kugeza none.

Yigeze gutangaza ko Kagame yapfiriye mu mashyamba ya Byumba, ariko ingabo ze zitifuza kubivuga ngo bitica morale n’umutima w’abarwanyi, ndabaza nti “None se yarapfuye?”

Ibi binyamakuru byari bigamije gupfobya ibikorwa by’ingabo z’Inkotanyi no gushishikariza rubanda kwanga abashakaga guhagarika Jenoside.

Mu gihe abo bose barimo ibigarasha, abajenosideri n’abahezanguni birirwa kuri YouTube, Facebook, X na TikTok bashyiraho ibihuha, u Rwanda rukomeje inzira yarwo yo kwiyubaka.

Perezida Kagame akomeje kuba: Umuyobozi wubashywe ku Isi, Umurwanashyaka wa demokarasi ishingiye ku mutekano n’iterambere, Igicumbi cy’icyizere cy’abaturage, cyane cyane urubyiruko

Kuva mu 1990 kugeza uyu munsi, amanyanga, ibihuha, ingengabitekerezo n’amacakubiri, byose byakozwe ngo Kagame atagera aho ari, ariko byose byarabapfubanye dore araganje.

Kagame yibereye mu Rugwiro, ari mu kazi, ari ku isonga mu kurinda umutekano n’icyerekezo cy’u Rwanda, Uwifuza ko apfa, abe ari we wirarika arwitegure aruvuge ariko yirinde ka karongo gatukura kandi nakomeza guca akagozi k’ubumwe ka bugingo n’ubu bizamugora cyane, bazakomeza guhangayika cyane

RUSHYASHYA Twivugira Ukuri, Tugaragaza Abagambanira Igihugu tukanababwira ko aho berekeza ari habi kandi hazabakenya.

2025-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Agathon Rwasa mu mazi abira

Agathon Rwasa mu mazi abira

Ubwanditsi 14 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere
Amakuru

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024
Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.
Amakuru

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ubwanditsi 13 Jun 2021
Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga
IMIKINO

Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Ubwanditsi 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru