• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Ubwanditsi 19 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko umurongo mugari wa internet atari wo uzakemura ibibazo byose Isi ifite ariko ushobora kwihutisha ibikorwa mu kurenga imbogamizi nyinshi zihari muri iki gihe.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yayoboraga inama ya Komisiyo y’Umurongo mugari wa internet mu iterambere rirambye, inama yabereye i New York ahatangira Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye.

Iyi nama yabaye kuri iki Cyumweru yarebaga ku mbogamizi ziri mu ishoramari no kubyaza umusaruro wose ushoboka ikoranabuhanga mu ntego Isi yihaye.

Iyi nama yareberaga hamwe ibibazo bikigaragara mu kubaka umurongo mugari kandi ntihagire igihugu na kimwe gisigara inyuma, hanarebwa uko uyu murongo mugari wagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa by’intego zigamije iterambere rirambye, SDGS.

Perezida Kagame yasabye ko ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bikora cyane kandi mu buryo bunoze, kugira ngo bibashe kujyana n’iyi mpinduramatwara y’ibikorwa bishingiye ku ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego zagutse Isi yihaye ziratanga amahirwe yo kureba kure, nyuma yo guhuza abantu gusa, turebe ku guhanga udushya, guhindura imibereho n’ubukungu.’’

“Umurongo mugari ntabwo wakemura ibibazo byose ariko ushobora gufasha mu kwihutisha ibikorwa mu kurenga imbogamizi zikibangamira iterambere ry’isi.’’

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Itumanaho, ITU, Haolin Zhao, yavuze ko mu bindi ibihugu bikwiye kuzirikana, harimo ubusumbane mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, aho usanga abagore bagisigara inyuma kandi bidakwiye.

Muri iki gihe Isi yugarijwe n’ibibazo bitandukanye birimo ubukene, ubusumbane, akarengane, ihindagurika ry’ibihe byose bifatwa nk’ibibazo bikomeye, ikaba yarihaye imyaka 14 iri imbere ngo hakorwe impinduka ifatika, ikoranabuhanga rikabigiramo uruhare.

Intego Isi ifite zigaragaza ko bitarenze mu 2030, hazaba hariho uburezi buteye imbere, amazi meza n’isukura, iki gisekuru kikazaba icya mbere kibashije guhashya ubukene bukabije, kikaba n’icya nyuma kibayeho ku nkeke zituruka ku ihindagurika ry’ibihe.

Iyi komisiyo y’umurongo mugari ihamya ko ishorora kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyo mihigo, ishamikiye ku ntego z’iterambere rirambye, SDGs, gusa haracyari imbogamizi mu ikoranabuhanga, kuko ITU ivuga ko mu mpera za 2016 ku Isi hazaba hari abantu bagera kuri miliyari 3.5 bakoresha internet, impungenge zikaba ko abandi miliyari 3.9 izaba itarabageraho.

Gusa internet ikomeje kwiyongera kuko nko mu 2015 yageraga mu ngo 38% ku Isi, uyu munsi ikaba igera muri 41%

-4085.jpg

-4086.jpg

-4087.jpg

2016-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Ubwanditsi 30 May 2018
Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Ubwanditsi 02 Mar 2024
Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025
Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ibyahoze ari politiki yo mu bushorishori ya Rukokoma Twagiramungu byahindutse gukangurira urubyiruko kugana imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 09 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko
HIRYA NO HINO

‘Akabaye icwende muri Miss Rwanda ntikoga?’ Rutangarwamaboko

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC
Amakuru

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Ubwanditsi 28 May 2021
Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022
Amakuru

Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022

Ubwanditsi 18 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru