• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Ubwanditsi 19 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko umurongo mugari wa internet atari wo uzakemura ibibazo byose Isi ifite ariko ushobora kwihutisha ibikorwa mu kurenga imbogamizi nyinshi zihari muri iki gihe.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yayoboraga inama ya Komisiyo y’Umurongo mugari wa internet mu iterambere rirambye, inama yabereye i New York ahatangira Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye.

Iyi nama yabaye kuri iki Cyumweru yarebaga ku mbogamizi ziri mu ishoramari no kubyaza umusaruro wose ushoboka ikoranabuhanga mu ntego Isi yihaye.

Iyi nama yareberaga hamwe ibibazo bikigaragara mu kubaka umurongo mugari kandi ntihagire igihugu na kimwe gisigara inyuma, hanarebwa uko uyu murongo mugari wagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa by’intego zigamije iterambere rirambye, SDGS.

Perezida Kagame yasabye ko ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bikora cyane kandi mu buryo bunoze, kugira ngo bibashe kujyana n’iyi mpinduramatwara y’ibikorwa bishingiye ku ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego zagutse Isi yihaye ziratanga amahirwe yo kureba kure, nyuma yo guhuza abantu gusa, turebe ku guhanga udushya, guhindura imibereho n’ubukungu.’’

“Umurongo mugari ntabwo wakemura ibibazo byose ariko ushobora gufasha mu kwihutisha ibikorwa mu kurenga imbogamizi zikibangamira iterambere ry’isi.’’

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Itumanaho, ITU, Haolin Zhao, yavuze ko mu bindi ibihugu bikwiye kuzirikana, harimo ubusumbane mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, aho usanga abagore bagisigara inyuma kandi bidakwiye.

Muri iki gihe Isi yugarijwe n’ibibazo bitandukanye birimo ubukene, ubusumbane, akarengane, ihindagurika ry’ibihe byose bifatwa nk’ibibazo bikomeye, ikaba yarihaye imyaka 14 iri imbere ngo hakorwe impinduka ifatika, ikoranabuhanga rikabigiramo uruhare.

Intego Isi ifite zigaragaza ko bitarenze mu 2030, hazaba hariho uburezi buteye imbere, amazi meza n’isukura, iki gisekuru kikazaba icya mbere kibashije guhashya ubukene bukabije, kikaba n’icya nyuma kibayeho ku nkeke zituruka ku ihindagurika ry’ibihe.

Iyi komisiyo y’umurongo mugari ihamya ko ishorora kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyo mihigo, ishamikiye ku ntego z’iterambere rirambye, SDGs, gusa haracyari imbogamizi mu ikoranabuhanga, kuko ITU ivuga ko mu mpera za 2016 ku Isi hazaba hari abantu bagera kuri miliyari 3.5 bakoresha internet, impungenge zikaba ko abandi miliyari 3.9 izaba itarabageraho.

Gusa internet ikomeje kwiyongera kuko nko mu 2015 yageraga mu ngo 38% ku Isi, uyu munsi ikaba igera muri 41%

-4085.jpg

-4086.jpg

-4087.jpg

2016-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Perezida Museveni ati kuba Perezida igihe kinini si kibazo! Ahubwo niki wagejeje ku banyagihugu igihe uba umaze uri Perezida

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

RUSHYASHYA 28 May 2026
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye
Mu Rwanda

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 04 Apr 2017
Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu
Amakuru

Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN
IMIKINO

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Ubwanditsi 18 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru