• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Ubwanditsi 12 Apr 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Richard Mugenzi wari maneko mu ngabo za Habyarimana avuga ko ku wa 6 Mata 1994, indege ya Perezida Habyarimana imaze kumanurwa, abari abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) n’ingabo z’Ubufaransa zari mu Rwanda bamutegetse gutegura ubutumwa buvuga ko FPR-Inkotanyi imaze guhanura indege y’umukuru w’igihugu.

Mu gihe Ubufaransa bumaze imyaka 25 buhakana uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Macron akaba ateganya gushyiraho komisiyo yiga ku ruhare rw’igihugu cye muri Jenoside, Mugenzi avuga ko guhera mu 1992, ubutasi bwa EX FAR bugiriwe inama n’Ingabo z’ubufaransa, bwahimbaga ubutumwa buharabika Inkotanyi bukabutambutsa buvuga ko ari ubwo bumvise bumviriza Inkotanyi ku byuma byazo by’itumanaho.

Mu kiganiro n’Ikinyamakuru “Libération” cyo mu Bufaransa ku wa 4 Mata u Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 25, Mugenzi agira ati “Byari ngombwa guha Inkotanyi isura mbi mu rwego rwo gusubiza intege mu bugingo ingabo z’u Rwanda byagaragaraga ko zatakaje icyizere.”

Uyu mugabo w’umusivili rukumbi wahawe akazi k’ubumaneko mu gisirikare cya Habyarimana mu 1990 mu Kigo cya Gisirikare cya Butotori mu Majyaruguru y’u Rwanda, avuga ko yari yarashyiriweho kuneka Inkotanyi, avuga ko indege ya Perezida Habyarimana ikimara kumanurwa yasabwe gusohora ubutumwa buvuga ko Inkotanyi zirimo kubyina zishimira intsinzi.

Ati “Ntabwo byari byo, icyari kigamijwe byari ukugira ngo Inkotanyi zishinjwe ko ari zo zayihanuye babone uko batangira gukorera Jenoside Abatutsi.”

Mugenzi avuga ko mu by’ukuri ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryari uburyo byo kumuhirika ku butegetsi bwateguwe n’abahezanguni bari mu buyobozi bukuru bwa Guverinoma ye, bakeka ko amaze gusinya amasezerano y’amahoro i Arusha kandi ayo masezerano ngo yarahaga FPR imyanya ingana na ½ mu basirikare bakuru b’u Rwanda mu gihe bifuzaga kubarimbura.

Ajya gutangira akazi yahuguwe n’abasirikare b’Abafaransa

Libération cyabajije mugenzi niba yari aziranye n’abasirikare b’Abafaransa bari mu Rwanda icyo gihe, Mugenzi avuga ko ubwo yajyaga gutangira akazi mu 1990, abasirikare b’Abafaransa ari bo bamuhuguye.

Ati “Ni bo bantoje kandi ni nabo bangiraga inama z’uko noza ibyo nabaga maze kumva ku byuma by’itumanaho by’Inkotanyi. Bazaga buri munsi kutureba tukanasangirira mu ruriro rw’abasikare bakuru (Mess des officiers.)”

Akomeza avuga ko uko yajyaga mu biro by’umuyobozi we, Col Anatole Nsengiyumva, yamusanganaga n’umusirikare w’Umufaransa, ariko ko hagati 1990-1992 imikoranire y’Ingabo z’u Rwanda n’iz’Ubufaransa yasaga n’ikorwa mu bwihisho.

Ati “Babaye nk’abakura agahu ku nnyo mu 1992 kuko icyo gihe batangiye kwinjira mu ntambara ku buryo bweruye, bakajyana na Ex FAR ku rugamba ndetse banafata ibirindiro by’intambara.”

Avuga ko Paul Barril wari umwe mu bajandarume bakomeye mu Bufaransa, na we wari mu Rwanda muri icyo gihe ndetse unashinjwa kuba umwe mu bahanuye ingege ya Habyarimana, yajyaga inshuro nyinshi mu Kigo cya Gisirikare cya Butotori mbere no mu gihe cya Jenoside.

Ati “Hari umukapiteni w’Inshuti yanjye twabanaga i Butotori ni we wamunyeretse ansobanurira ko ashinzwe ibikorwa bya gisirikare bikomeye (opérations spéciales). Abayobozi banjye baramwemeraga cyane.”

Mugenzi avuga ko muri Kanama 1993 bamaze gusinya amasezerano ya Arusha ari abasirikare ba Habyarimana ari n’Abafaransa bose bitotombye bavuga ko “ayo masezerano aha Inkotanyi imyanya ingana na ½ mu gisirikare ari ubugwari” bakabifata nko guhereza igihugu Abongereza, dore ko icyo gihe u Rwanda rwakoranaga byose n’Abafaransa.

Mu gihe Ubufaransa bumaze imyaka 25 buhakana uruhare rwabwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Mugenzi avuga ko bimutangaza kuko nta na kimwe Ex FAR yakoze itari kumwe n’Ingabo z’Ubufaransa kuva mu 1990-1994, agatangazwa n’ “impamvu mu Bufaransa hari abantu benshi bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi Jenoside itegurwa n’ubutegetsi.”

Src : KT

2019-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Umuririmbyi Radio yasomewe misa yo kumusezeraho (Video +Amafoto)

Umuririmbyi Radio yasomewe misa yo kumusezeraho (Video +Amafoto)

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Ubwanditsi 15 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe  Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa  k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol
ITOHOZA

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Ubwanditsi 15 Oct 2016

KURANGISHA ICYANGOMBWA CY’UBUTAKA CYATAKAYE

Ubwanditsi 02 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru