• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017 POLITIKI

Abakurambere bavugaga ibintu byinshi mu migani, bati “Ingendo y’undi iravuna” ariko ntibavuge uwo ivunye akabyemera akaba umugabo cyangwa agahanyanyaza, akagira ipfunwe, ashaka kwiyemera, ashakisha impamvu zitarizo. Umugabo n’uwemera ukuri, akabona ko koko ingendo y’undi atari iye kandi ko kwiga atari ukwigana.

Hashize iminsi hahita amakuru ku mbuga nyinsi n’amaradiyo ava mu baturanyi asebya U Rwanda cyane cyane umuyobozi w’igihugu, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.

Natwe tukicecekera, nabo bagakeka ko ari intege nke, batazi ko bishaka kuba ufite imbaraga n’icyizere kugirango ubashe kumenya gutandukanya urusaku n’inama ifite akamaro. Ibi byose byagera ku biyita ko barwanya Leta mu mahanga, maze sugusakuza kakahava, bakikirigita bakirirwa baseka dore ko ntakandi kazi baba bafite, mugihe bategereje guhabwa ibyo abaturage baho bakoreye !

Umuntu yakwibaza icyaba kibitera, ariko ntakindi uretse ipfunwe kubera aho U Rwanda rujya naho rumaze kugera mw’iterambere, ryaba i ry’ubukungu, umutekano, cyangwa politike. Ntawushidikanya ko u Rwanda arirwo rufite umutekano usesuye mu karere, hamwe impunzi zirahunga ikivunge buri munsi ahandi, ibipfunsi biracicikana mu nteko ishingamategeko ukibaza niba abo ba nyakubahwa baratowe n’abaturage ngo bajye kwerekana iteramakofe cyangwa gukirana (Catch/Wrestling) !

Reka mbabwire, U Rwanda rwahinduye itegeko nshinga hamaze imyaka irenga ibiri abanyarwanda babiganiraho, ntabwo ari ikintu cyatunguranye. Abanayarwanda bahisemo icyo bifuza kibanogeye kandi kibafitiye akamaro, kuko bazi icyo bashaka. Hakurikizwa uburyo nyabwo bujyanye no kugaragaza icyifuzo cyabo. Abantu bagera kuri miliyoni enye zisaga basaba inteko nshinga mategeko guhindura itegeko nshinga. Nyuma icyo cyifuzo kijya mu baturage, bararitora nta muvundo na gake, hajyaho itegeko nshinga rishya. Abashakaga ko bicika basigara bakubita agatoki kukandi, bati biraducitse, ariko kuki bitabacika, ko ataribyabo ! Basanga baribeshye ku banyarwanda kandi sibwo bwa mbere, cyangwa ubwanyuma, bazakomeza kwibeshya abanyarwanda bicecekeye ari nako batera imbere.

Ntihashize igihe, bamwe bati natwe uwabyigana mugabo dugahindura itegeko nshinga. Batinya kubaza abaturage, babiroha mu nteko nshinga mategeko yabo. Sibwo bibananiye ! Byanga gucamo uko babishakaga, umujinya urabishe, bati hagomba kuba harimo ukuboko kundi, kuki abandi byakunze ! Iyo inteko nshingamategeko ikunaniye, n’abaturage mu byukuri baba bakunaniye. Nibwo bahimbye ibindi byo gukoresha urukiko, ubwo n’urubanza hagati yawe n’abaturage, ibaze nawe.

Mukanya bati ntibishoboka turasebye, bizumvikana bite ? Babwira abacamanza bati : nti mutuzi, murabikora mwanze mukunze. Byarakozwe, kubera igitutu. Cyokora bamwe baranze barahunga bakiza ubuzima bwabo, abafite ubwoba buke baremezwa. Hagati aho abaturage nabo birwanaho, bajya mu mihanda, kurwanya ibyemezo bikomeye byafashwe batagishijwe inama. Abandi nabo bati igitugu kivurwa n’ikindi, bashaka gukuraho ubutegetsi ku mbaraga. Bibura gica, insoresore zatojwe kutareba hafi, nazo zirara mubaturage zirica. Abantu b’amoko yose barahunga, bahungira mu bihugu by’abaturanyi.

Ntibiteze kabiri, bati nta bantu bahunga ahubwo barahungishwa, bati yewe n’abicwa birakorwa ngo batwange. Icyo wakwibaza nuko nabo ubuhunzi babuzi, bakaba barahungiye mu bihugu abandi barimo, harya byakwitwa ko nabo bahungishijwe ?

Ibyo byose bimaze kugaragara ko ariyo ntandaro yo kwikoma U Rwanda n’ubuyobozi bwarwo. Icyiza ntibitesha umurongo abanyarwanda n’ubuyobozi bwabo, ukabona duteye intambwe ikomeye muri “Doing Business” n’ibindi byinshi.

Reka mbe ndekeye aha, mbararikire gukurikirana ibindi bice bizakurikiraho !

Cyiza D

2017-11-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Perezida Kagame yavuze uko Uganda yamusabye ko Abanyarwanda basubukurayo ingendo akabyanga

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Museveni yatsinze amatora Mbabazi atsindwa cyane

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Ubwanditsi 25 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade
Mu Mahanga

Nyuma y’urugomo muri Zambia, Abanyarwanda bahungiye kuri ambasade

Ubwanditsi 20 Apr 2016
Urukiko rwategetse ko  Anne  arekurwa,   Diane Rwigara na nyina  bagafungwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rugiye gutanga impapuro zita muri yombi Abafaransa bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru