• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ubwanditsi 06 Nov 2017 POLITIKI

Abakurambere bavugaga ibintu byinshi mu migani, bati “Ingendo y’undi iravuna” ariko ntibavuge uwo ivunye akabyemera akaba umugabo cyangwa agahanyanyaza, akagira ipfunwe, ashaka kwiyemera, ashakisha impamvu zitarizo. Umugabo n’uwemera ukuri, akabona ko koko ingendo y’undi atari iye kandi ko kwiga atari ukwigana.

Hashize iminsi hahita amakuru ku mbuga nyinsi n’amaradiyo ava mu baturanyi asebya U Rwanda cyane cyane umuyobozi w’igihugu, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.

Natwe tukicecekera, nabo bagakeka ko ari intege nke, batazi ko bishaka kuba ufite imbaraga n’icyizere kugirango ubashe kumenya gutandukanya urusaku n’inama ifite akamaro. Ibi byose byagera ku biyita ko barwanya Leta mu mahanga, maze sugusakuza kakahava, bakikirigita bakirirwa baseka dore ko ntakandi kazi baba bafite, mugihe bategereje guhabwa ibyo abaturage baho bakoreye !

Umuntu yakwibaza icyaba kibitera, ariko ntakindi uretse ipfunwe kubera aho U Rwanda rujya naho rumaze kugera mw’iterambere, ryaba i ry’ubukungu, umutekano, cyangwa politike. Ntawushidikanya ko u Rwanda arirwo rufite umutekano usesuye mu karere, hamwe impunzi zirahunga ikivunge buri munsi ahandi, ibipfunsi biracicikana mu nteko ishingamategeko ukibaza niba abo ba nyakubahwa baratowe n’abaturage ngo bajye kwerekana iteramakofe cyangwa gukirana (Catch/Wrestling) !

Reka mbabwire, U Rwanda rwahinduye itegeko nshinga hamaze imyaka irenga ibiri abanyarwanda babiganiraho, ntabwo ari ikintu cyatunguranye. Abanayarwanda bahisemo icyo bifuza kibanogeye kandi kibafitiye akamaro, kuko bazi icyo bashaka. Hakurikizwa uburyo nyabwo bujyanye no kugaragaza icyifuzo cyabo. Abantu bagera kuri miliyoni enye zisaga basaba inteko nshinga mategeko guhindura itegeko nshinga. Nyuma icyo cyifuzo kijya mu baturage, bararitora nta muvundo na gake, hajyaho itegeko nshinga rishya. Abashakaga ko bicika basigara bakubita agatoki kukandi, bati biraducitse, ariko kuki bitabacika, ko ataribyabo ! Basanga baribeshye ku banyarwanda kandi sibwo bwa mbere, cyangwa ubwanyuma, bazakomeza kwibeshya abanyarwanda bicecekeye ari nako batera imbere.

Ntihashize igihe, bamwe bati natwe uwabyigana mugabo dugahindura itegeko nshinga. Batinya kubaza abaturage, babiroha mu nteko nshinga mategeko yabo. Sibwo bibananiye ! Byanga gucamo uko babishakaga, umujinya urabishe, bati hagomba kuba harimo ukuboko kundi, kuki abandi byakunze ! Iyo inteko nshingamategeko ikunaniye, n’abaturage mu byukuri baba bakunaniye. Nibwo bahimbye ibindi byo gukoresha urukiko, ubwo n’urubanza hagati yawe n’abaturage, ibaze nawe.

Mukanya bati ntibishoboka turasebye, bizumvikana bite ? Babwira abacamanza bati : nti mutuzi, murabikora mwanze mukunze. Byarakozwe, kubera igitutu. Cyokora bamwe baranze barahunga bakiza ubuzima bwabo, abafite ubwoba buke baremezwa. Hagati aho abaturage nabo birwanaho, bajya mu mihanda, kurwanya ibyemezo bikomeye byafashwe batagishijwe inama. Abandi nabo bati igitugu kivurwa n’ikindi, bashaka gukuraho ubutegetsi ku mbaraga. Bibura gica, insoresore zatojwe kutareba hafi, nazo zirara mubaturage zirica. Abantu b’amoko yose barahunga, bahungira mu bihugu by’abaturanyi.

Ntibiteze kabiri, bati nta bantu bahunga ahubwo barahungishwa, bati yewe n’abicwa birakorwa ngo batwange. Icyo wakwibaza nuko nabo ubuhunzi babuzi, bakaba barahungiye mu bihugu abandi barimo, harya byakwitwa ko nabo bahungishijwe ?

Ibyo byose bimaze kugaragara ko ariyo ntandaro yo kwikoma U Rwanda n’ubuyobozi bwarwo. Icyiza ntibitesha umurongo abanyarwanda n’ubuyobozi bwabo, ukabona duteye intambwe ikomeye muri “Doing Business” n’ibindi byinshi.

Reka mbe ndekeye aha, mbararikire gukurikirana ibindi bice bizakurikiraho !

Cyiza D

2017-11-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yahawe igihembo cya Nobel 2019 gihabwa uwaharaniye amahoro ku isi

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yahawe igihembo cya Nobel 2019 gihabwa uwaharaniye amahoro ku isi

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ubwanditsi 09 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kabishi mu bakinnyi bashya muri Mukura VS yasinyishije umunyarwanda wakinaga mu Burundi
IMIKINO

Kabishi mu bakinnyi bashya muri Mukura VS yasinyishije umunyarwanda wakinaga mu Burundi

Ubwanditsi 23 Jan 2018
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]
IMIKINO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.
Amakuru

Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Ubwanditsi 05 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru