• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Donald Trump yemereye miliyoni y’amadolari Senateri Elizabeth Warren mu gihe ikizamini muzi cy’amaraso (DNA) kizaramuka cyerekanye ko ari kavukire muri Amerika.

Senateri Warren ni umu- démocrate uhagarariye Leta ya Massachusetts. Ni umwe mu bahabwa amahirwe yo kuzahagararira iryo shyaka mu matora ya Perezida azaba mu 2020.

Uyu mugore akunda kuvuga ko akomoka ku bakurambere b’Abahinde batuye muri Amerika bwa mbere.

Mu kumunnyega, Trump akunze kumwita Pocahontas, umukuramberekazi wo muri Amerika wakijije bagenzi be ubwo bari bafashwe n’abakoloni b’Abongereza.

Gufata umunyabigwi w’amateka Pacahontas akamugereranya na Warren byarakaje benshi, bituma bamwe basaba ko Trump asaba imbabazi.

Ubwo yari muri Leta ya Montana kuri uyu wa Kane yamamaza Matt Rosendale ku mwanya w’Ubusenateri, yavuze ko asabye imbabazi Pocahontas wa nyawe.

Yagize ati “Ndashaka gusaba imbabazi. Pocahontas ngusabye imbabazi ariko uwiyitirira Pocahontas we nta mbabazi musabye.”

Trump yakomeje avuga ko Warren naramuka atsindiye guhagararira ishyaka ry’aba- démocrate mu matora ya Perezida, akagaragaza ko ari umunyamerika kavukire azamuha miliyoni y’amadolari.

Ati “Nzashyira miliyoni y’amadolari mu muryango wawe udaharanira inyungu, azishyurwa na Trump, nukoresha ikizamini kikerekana ko uri ukomoka mu Buhinde. Ndiyumvamo ko atazabyemera.”

Uyu muryango Trump avuga azashyiramo ayo mafaranga ni uzwi nka Me too Movement wagiye ushyira hanze ibyamamare bikekwaho gukorera abagore ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Warren ni umwe mu bawushyigikiye cyane.

Warren abinyujije kuri Twitter, yabwiye Trump ko akwiye kwibanda ku bibazo byugarije igihugu nk’icyo gutandukanya abana b’abimukira n’ababyeyi babo aho guta umwanya ku nkomoko ye.

Ati “Mu gihe uta umutwe ku nkomoka yanjye, ubutegetsi bwabwe buri gukorera ibizamini muzi by’amaraso abana bato kuko wabatandukanyije n’ababyeyi babo, none nta bushobozi ufite bwo kongera kubahuza. Ukwiye kwibanda ku gusubiranya ubuzima uri kwangiza.”

Warren ni umwe mu ba- démocrate bahabwa amahirwe yo guhagararira ishyaka ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu 2020. Hillary Clinton wahanganye na Trump mu matora aherutse kugaragaza ko ashyigikiye Warren.

2018-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia

Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Ethiopia

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon

Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon

Ubwanditsi 30 Aug 2016
RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2018
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ubwanditsi 18 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke
Amakuru

Nyuma y’amezi 13 gusa, Umutoza w’umunyarwanda Andre Cassa Mbungo yatandukanye na Bandari FC yo muri Kenya azira umusaruro muke

Ubwanditsi 21 Feb 2022
Ishyaka PL ryemeje abakandida 80 bazarihagararira mu matora y’Abadepite bayobowe na Mukabalisa
POLITIKI

Ishyaka PL ryemeje abakandida 80 bazarihagararira mu matora y’Abadepite bayobowe na Mukabalisa

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago
Amakuru

Ibyaranze ijoro Lionel Messi yaherewemo Ballon d’Or ya 8, Amateka ashobora kutazakorwa n’undi wese muri Ruhago

Ubwanditsi 31 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru