• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Ubwanditsi 14 Aug 2018 POLITIKI

Imidugararo yakajije ubukana hagati y’igice gishyigikiye Bobi Wine n’inzego z’umutekano za Perezida Museveni ufatwa nk’umwanzi we karundura kuva yakwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Kawooya Yasin wari umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi[Bobi Wine], yarashwe ku wa 13 Kanama 2018 ahita apfa. Umwe mu bakoresha Facebook ya Bobi Wine yahise yandika ko Kawooya yarashwe n’abasirikare bo mu mutwe wa SFC[Special Force Command] bari bagambiriye kwica uyu mudepite.

Uyu Kawooya akimara kwicwa ni nabwo byatangajwe ko Bobi Wine n’itsinda rye bagiriwe nabi ndetse bagatabwa muri yombi n’abasirikare ba Perezida Museveni. Bobi Wine akimara gufatwa, hasohotse itangazo rivuga ko ‘yakubiswe ndetse akandagazwa’.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Kanama 2018, ku rubuga rwa Facebook ya Bobi Wine haciye itangazo ryuzuza ibyaraye bibaye rishimangira ko uyu mudepite na bagenzi be bajyanwe gufungirwa ahatazwi muri Arua.

Uwaryanditse yagize ati “Ubu tuvugana, nta kanunu dufite kuri Bobi Wine kuko telefone ze zitari ku murongo, abashinzwe umutekano ntibatubwira niba bamufunze cyangwa batamufunze.”

“Mu ijoro ryacyeye, abasirikare ba SFC[Special Force Command] na Polisi, bataye muri yombi benshi mu bagenzi barimo Depite Zaake Francis, DEPITE Karuhanga, Nyanzi Fred ndetse na candida-depite Kassiano Wadri. Abenshi mu batawe muri yombi bakubiswe bandi bajyanwa mu bitaro.”

“Abashinzwe umutekano bakoze umukwabu banatambika bariyeri mu mihanda ahantu hose ubundi bajagajaga amahoteli bakekaga ko bagenzi bacu bacumbitsemo. Bangije imodoka zacu banatwara ibintu byose byarimo.”

Uwanditse iri tangazo yakomeje avuga ko “bagifite umurambo wa nyakwigendera. Ntabwo tuzi igihe bawuduhera kugira ngo tumuherekeze mu cyubahiro.”

Uwarashe umushoferi wa Bobi Wine, ngo “yari agambiriye gutwara ubuzima bwa Bobi Wine. Twari mu rugendo mu mahoro, tuvuye mu bikorwa byo kwamamaza dusubira kuri hoteli, nibwo abashinzwe umutekano barekuye umuriro maze isasu rimwe rifata uwari wicaye muri Tundra mu mwanya Bobi asanzwe yicaramo.”

Bobi Wine amaze igihe kinini ahanganye na Perezida Museveni, kuva yakwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda yagiye agaragaza guhangana gukomeye n’umukuru w’igihugu ndetse afatwa nk’umwe mu bahezanguni biyunze kuri Kizza Besigye Kifefe, umwanzi wa Museveni w’ibihe byose.

2018-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Trump yabujije ushinzwe ububanyi n’amahanga kujya muri Korea ya Ruguru

Trump yabujije ushinzwe ububanyi n’amahanga kujya muri Korea ya Ruguru

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Ubwanditsi 28 Dec 2024
Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Ubwanditsi 08 Apr 2024
Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Ubwanditsi 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Turayishimye yashinze agatsiko ke yise ishyaka mu guhangana na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2020
Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Mbere tariki ya 28 Mutarama 2019

Ubwanditsi 29 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru