• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Ubwanditsi 14 Aug 2018 POLITIKI

Imidugararo yakajije ubukana hagati y’igice gishyigikiye Bobi Wine n’inzego z’umutekano za Perezida Museveni ufatwa nk’umwanzi we karundura kuva yakwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Kawooya Yasin wari umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi[Bobi Wine], yarashwe ku wa 13 Kanama 2018 ahita apfa. Umwe mu bakoresha Facebook ya Bobi Wine yahise yandika ko Kawooya yarashwe n’abasirikare bo mu mutwe wa SFC[Special Force Command] bari bagambiriye kwica uyu mudepite.

Uyu Kawooya akimara kwicwa ni nabwo byatangajwe ko Bobi Wine n’itsinda rye bagiriwe nabi ndetse bagatabwa muri yombi n’abasirikare ba Perezida Museveni. Bobi Wine akimara gufatwa, hasohotse itangazo rivuga ko ‘yakubiswe ndetse akandagazwa’.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Kanama 2018, ku rubuga rwa Facebook ya Bobi Wine haciye itangazo ryuzuza ibyaraye bibaye rishimangira ko uyu mudepite na bagenzi be bajyanwe gufungirwa ahatazwi muri Arua.

Uwaryanditse yagize ati “Ubu tuvugana, nta kanunu dufite kuri Bobi Wine kuko telefone ze zitari ku murongo, abashinzwe umutekano ntibatubwira niba bamufunze cyangwa batamufunze.”

“Mu ijoro ryacyeye, abasirikare ba SFC[Special Force Command] na Polisi, bataye muri yombi benshi mu bagenzi barimo Depite Zaake Francis, DEPITE Karuhanga, Nyanzi Fred ndetse na candida-depite Kassiano Wadri. Abenshi mu batawe muri yombi bakubiswe bandi bajyanwa mu bitaro.”

“Abashinzwe umutekano bakoze umukwabu banatambika bariyeri mu mihanda ahantu hose ubundi bajagajaga amahoteli bakekaga ko bagenzi bacu bacumbitsemo. Bangije imodoka zacu banatwara ibintu byose byarimo.”

Uwanditse iri tangazo yakomeje avuga ko “bagifite umurambo wa nyakwigendera. Ntabwo tuzi igihe bawuduhera kugira ngo tumuherekeze mu cyubahiro.”

Uwarashe umushoferi wa Bobi Wine, ngo “yari agambiriye gutwara ubuzima bwa Bobi Wine. Twari mu rugendo mu mahoro, tuvuye mu bikorwa byo kwamamaza dusubira kuri hoteli, nibwo abashinzwe umutekano barekuye umuriro maze isasu rimwe rifata uwari wicaye muri Tundra mu mwanya Bobi asanzwe yicaramo.”

Bobi Wine amaze igihe kinini ahanganye na Perezida Museveni, kuva yakwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda yagiye agaragaza guhangana gukomeye n’umukuru w’igihugu ndetse afatwa nk’umwe mu bahezanguni biyunze kuri Kizza Besigye Kifefe, umwanzi wa Museveni w’ibihe byose.

2018-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RPF- Inkotanyi :  Perezida Kagame yiyamye  Abayobozi  basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu

RPF- Inkotanyi : Perezida Kagame yiyamye Abayobozi basinda kwirirwa baratwa bakagera aho biyitiranya n’igihugu

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Ubwanditsi 30 Nov 2024
Abakandida Frank Habineza na Philippe Mpayimana  bakiriwe n’abaturage mbarwa aho bagiye kwiyamamariza

Abakandida Frank Habineza na Philippe Mpayimana bakiriwe n’abaturage mbarwa aho bagiye kwiyamamariza

Ubwanditsi 14 Jul 2017
U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

Ubwanditsi 12 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo
POLITIKI

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Ubwanditsi 07 Dec 2017
Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga
Mu Mahanga

Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru