• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Ubwanditsi 14 Aug 2018 POLITIKI

Imidugararo yakajije ubukana hagati y’igice gishyigikiye Bobi Wine n’inzego z’umutekano za Perezida Museveni ufatwa nk’umwanzi we karundura kuva yakwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Kawooya Yasin wari umushoferi wa Depite Robert Kyagulanyi[Bobi Wine], yarashwe ku wa 13 Kanama 2018 ahita apfa. Umwe mu bakoresha Facebook ya Bobi Wine yahise yandika ko Kawooya yarashwe n’abasirikare bo mu mutwe wa SFC[Special Force Command] bari bagambiriye kwica uyu mudepite.

Uyu Kawooya akimara kwicwa ni nabwo byatangajwe ko Bobi Wine n’itsinda rye bagiriwe nabi ndetse bagatabwa muri yombi n’abasirikare ba Perezida Museveni. Bobi Wine akimara gufatwa, hasohotse itangazo rivuga ko ‘yakubiswe ndetse akandagazwa’.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Kanama 2018, ku rubuga rwa Facebook ya Bobi Wine haciye itangazo ryuzuza ibyaraye bibaye rishimangira ko uyu mudepite na bagenzi be bajyanwe gufungirwa ahatazwi muri Arua.

Uwaryanditse yagize ati “Ubu tuvugana, nta kanunu dufite kuri Bobi Wine kuko telefone ze zitari ku murongo, abashinzwe umutekano ntibatubwira niba bamufunze cyangwa batamufunze.”

“Mu ijoro ryacyeye, abasirikare ba SFC[Special Force Command] na Polisi, bataye muri yombi benshi mu bagenzi barimo Depite Zaake Francis, DEPITE Karuhanga, Nyanzi Fred ndetse na candida-depite Kassiano Wadri. Abenshi mu batawe muri yombi bakubiswe bandi bajyanwa mu bitaro.”

“Abashinzwe umutekano bakoze umukwabu banatambika bariyeri mu mihanda ahantu hose ubundi bajagajaga amahoteli bakekaga ko bagenzi bacu bacumbitsemo. Bangije imodoka zacu banatwara ibintu byose byarimo.”

Uwanditse iri tangazo yakomeje avuga ko “bagifite umurambo wa nyakwigendera. Ntabwo tuzi igihe bawuduhera kugira ngo tumuherekeze mu cyubahiro.”

Uwarashe umushoferi wa Bobi Wine, ngo “yari agambiriye gutwara ubuzima bwa Bobi Wine. Twari mu rugendo mu mahoro, tuvuye mu bikorwa byo kwamamaza dusubira kuri hoteli, nibwo abashinzwe umutekano barekuye umuriro maze isasu rimwe rifata uwari wicaye muri Tundra mu mwanya Bobi asanzwe yicaramo.”

Bobi Wine amaze igihe kinini ahanganye na Perezida Museveni, kuva yakwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda yagiye agaragaza guhangana gukomeye n’umukuru w’igihugu ndetse afatwa nk’umwe mu bahezanguni biyunze kuri Kizza Besigye Kifefe, umwanzi wa Museveni w’ibihe byose.

2018-08-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

Ubwanditsi 31 May 2018
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade
Mu Mahanga

Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Ubwanditsi 03 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru