• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abaturage b’i Goma muri Kongo barishimira uburyo bakiriwe mu Rwanda ubwo bahahungiraga muri izi mpera z’icyumweru, ikirunga cya Nyiragongo kirimo kuruka. Baboneyeho kwamagana Martin Fayulu na Denis Mekwege bavuga ibinyoma ku Rwanda.

Abaturage b’i Goma muri Kongo barishimira uburyo bakiriwe mu Rwanda ubwo bahahungiraga muri izi mpera z’icyumweru, ikirunga cya Nyiragongo kirimo kuruka. Baboneyeho kwamagana Martin Fayulu na Denis Mekwege bavuga ibinyoma ku Rwanda.

Ubwanditsi 23 May 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Muri izi mpera z’icyumweru ikirunga cya Nyiragongo cyarutse kiganisha mu mujyi wa Goma no mu nkengero zawo, bituma abaturage basaga 5000 bahungira i Rubavu mu Rwanda. Nubwo mu Rwanda hari amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 kandi abaturanyi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bakaba batayubahiriza uko bikwiye, ntibyabujejije Leta y’u Rwanda kubafungurira umupaka kugirango ubuzima bwabo budatwarwa n’iruka rya Nyiragongo.

Bakigera mu Rwanda , nk’uko bisanzwe mu muco w’Abanyarwanda, abo bavandimwe bo muri Kongo bakiranywe urugwiro, bahabwa iby’ibanze nk’amazi n’ibiribwa, ibikoresho by’isuku,n’ibindi, banashyirwa ahantu barindiwe umutekano. Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru Nyiragongo yari yacishije make, bituma abo Banyekongo batangira gusubira iwabo. Leta y’uRwanda yongeye kubakorera ibintu byabakoze ku mutima, ubwo yatangaga amabisi yo kubatwara, aho gukubita amaguru basubira mu byabo.

Dr Dennis Mukwege urajwe ishinga no guharabika u Rwanda

Ku mbuga nkoranyambaga abo Banyekongo bagaragaje amarangamutima, bashimira ibikorwa by’ubumuntu Abanyarwanda babagaragarije. Baboneyeho kwamagana abanyapolitiki b’iwabo babateranya n’uRwanda, babinyujije mu byegeranyo n’amadisikuru abiba urwango, kandi mu by’ukuri Abanyarwanda n’Abanyekongo, cyane abaturiye umupaka w’ibihugu byombi, ngo basangiye gupfa no gukira.

Uwo abenshi bagarutseho ni Martin Fayulu wigeze kwiyamamariza kuyobora Kongo ariko agatsindwa na Félix Tshisekedi. Uyu Fayulu akunze kumvikana atuka uRwanda, arushinja uruhare mu bibazo byose biba muri Kongo. Usanga atishimiye kuba ibihugu byombi bikora ibishoboka ngo umubano ube mwiza. Aba Banyekongo bamwibukije ko ubwo Abanyarwanda bashyashyanaga bagoboka ababahungiyeho, we ntacyo yakoze ngo abatabare cyangwa abatabarize, maze bamusaba kureka ibinyoma n’imvugo zirimo ubwenge buke.

Undi Abanyekongo batarebeye izuba, ni Dr Denis Mukwege, nawe wumvikanye kenshi ashinja uRwanda imfu z’Abanyekongo, maze kuri twitter n’izindi nkoranyambaga, yibutswa ko Leta y’uRwanda yirirwa aharabika, yamurushije guha agaciro ubuzima bw’abari mu kaga. Bagize bati:”Amahirwe ni uko uRwanda rutajya ruha agaciro amagambo yabyu mabi. Kwirirwa murutukira kuri BBC na RFI ntibirubuza gukora igikwiye”
Uwitwa Dr AWAZI nawe yanditse yamagana abanyapolitiki bateranya Abanyekongo n’abanyarwanda, yibutsa ko atari ubwa mbere uRwanda rutabara Abanyekongo ngo kuko no muw’2002 ubwo nanone Nyiragongo yarukaga, impunzi nyinshi zahungiye I Rubavu na Musanze, kandi zifatwa neza cyane.

Dr Awazi ati:”Icyo gihe Guverinoma ya Kongo yari yanshinze guhuza ibikorwa by’ubutabazi. Inkunga zose zavaga mu Rwanda zitanzwe na Leta y’icyo gihugu, abagiraneza b’abanyarwanda n’imiryango itari iya Leta ikorera mu Rwanda.”

Hari kandi German Kazadi Kayembe we wagize ati:”Abatuka uRwanda kenshi ni abataruzi bakurikira buhumyi abanyapolitiki b’abagome. Uramutse ugeze mu Rwanda wabona ikinyuranyo. Ubuyobozi bw’uRwanda bukorera mu mucyo, nta ruswa nk’iba iwacu, abasirikari n’abapolisi bafite ikinyabupfura. Twime amatwi ibinyoma bya Fayulu ka Mukwege”
Simplice Kipangala we ati:” Mu gihe uRwanda rugaragaza umuhate n’umutima wo gufasha, iwacu baba bahugiye mu gusahura imitungo y’abahunze.

Imfashanyo nta na rimwe ziragera kubo zagenewe.Dushimiye intambwe Abanyarwanda bamaze gutera mu myumvire n’imikorere, kandi tugire ubutwari bwo kubigiraho”
Muri make rero,abaturanyi koko ni “abazimyamuriro”. Abirirwa bahembera inzangano hagati y’abavandimwe bakwiye kwamaganwa cyane.

Nubwo ntawakwifuza ko ingorane zibaho, ariko zinabaye zikwiye kuba umwanya wo kuvanaho urwikekwe no kwerekana ko ibivugwa n’abanyapolitiki nka Martin Fayulu na Denis Mukwege ari amateshwa.

2021-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022
Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Uganda : Imvuru zadukiriye  Umujyi  wa Kasese

Uganda : Imvuru zadukiriye Umujyi wa Kasese

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Gen Semugeshi wabaga muri FDLR yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 09 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya
Amakuru

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare
Mu Mahanga

Abagabo batatu bafatanywe inka icumi bakekwaho kwiba mu karere ka Nyagatare

Ubwanditsi 17 Sep 2016
RDC: Abashinwa babiri batawe muri yombi nyuma yo gufatwa batwaye imodoka y’igipolisi
Mu Rwanda

RDC: Abashinwa babiri batawe muri yombi nyuma yo gufatwa batwaye imodoka y’igipolisi

Ubwanditsi 08 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru