• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Nixon Karuhanga ushinjwa gushimuta Joel Mutabazi, ibye byose byashyizwe hanze

Uganda: Nixon Karuhanga ushinjwa gushimuta Joel Mutabazi, ibye byose byashyizwe hanze

Ubwanditsi 03 Jun 2018 ITOHOZA

Ofisiye mu gipolisi cya Uganda, Abby Kitagenda yatawe muri yombi ku wa Mbere tariki ya 28 Gicurasi 2018, ahaswe ikiboko n’abashinzwe iperereza mu gisirikare cya Uganda, avuga iby’amabwiriza bahabwaga na SSP Nixon Karuhanga , ubu ufunzwe ashinjwa gushimuta Joel Mutabazi.

Nk’uko ikinyamakuru Spyreports kibitangaza, Abby Kitagenda yatangaje ko SSP Nixon Karuhanga ariwe wabahaga amabwiriza yo kwica no gushimuta ababaga bashaka kubangamira gahunda ze.

Iki kinyamakuru gitangaza ko uyu mupolisi yavuze n’akari imurori ubwo yahatwaga ikiboko, mu rwego rwo kwanga ko akomeza gukorerwa iyicarubozo n’urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza, ahitamo kumena amabanga, avuga ko ibyo bakoraga byose byabaga ari ku mabwiriza bahawe na SSP Nixon Karuhanga Agasirwe.

Yagize ati “icyo mugomba kumenya ni uko nakoze ibyo nakoze byose ku mabwiriza nahabwaga aturutse ku bankuriye, nizeye ko mwumva neza icyo nshatse kuvuga ‘amabwiriza aturutse ibukuru”.

Yakomeje avuga ko abo bicaga, ibyo bibaga ndetse n’abo bashimutaga barimo na Joel  Mutabazi,… ngo byakorwaga ku bw’amabwiriza yabaga avuye ibukuru.

Abby Kitagenda avuga ko ari we wahagaritse imodoka yari itwaye AIGP Kaweesi, imaze guhagarara abicanyi bahera ko barasa Kaweesi n’abo bari kumwe.

Nyuma y’aya makuru yatanzwe n’uyu mupolisi, mu byaha SSP Nixon Karuhanga yashinjwaga, bishobora kwiyongeraho icyo kwica AIGP Kaweesi wari umuvugizi wa polisi ya Uganda.

SSP Nixon Karuhanga n’abandi bofisiye, hamwe n’umunyarwanda Rene Rutagungira, bafunzwe bakurikiranyweho gushimuta Lt. Joel Mutabazi wahoze mu basirikare barinda Perezida Kagame, ngo bakamushyikiriza u Rwanda mu buryo bunyuranyijwe n’amategeko, ubu akaba yarakatiwe n’inkiko za gisirikare mu Rwanda, igifungo cya burundu.

Ku ruhande rw’u Rwanda, umuvugizi wa Polisi, CP Theos Badege yahakanye ibivugwa ko Lt Joel Mutabazi yashimuswe agashyikirizwa u Rwanda. Avuga ko rwamuhawe hakurikijwe amategeko mpuzamahanga yo guhererekanya abanyabyaha.

 

2018-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na  Kayumba Nyamwasa  mu bikorwa bya RNC

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na Kayumba Nyamwasa mu bikorwa bya RNC

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Icyo Umwami Kigeli yasize avuze  mbere y’uko atanga k’ uzamusimbura ku bwami

Icyo Umwami Kigeli yasize avuze mbere y’uko atanga k’ uzamusimbura ku bwami

Ubwanditsi 26 Oct 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Peres
    June 3, 20185:20 pm -

    Ko numva mubivugana ubwoba da!!!? Ko mbona mubyandikana ubwoba ? Bite? Rushyashya? Harimo iki muri iyi dosiye ya Mutabazi na Kaweesi?
    Kawesi yari umugabo yicwa n imbwa…Mutabazi ..we ntacyo mvuze ..kuba agi humeka ni igitangaza. Mukomeze Mutugezeho ayo makuru. Harakurikiraho na Kayihura, na …ba …ntuzaaaaa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin
INKURU NYAMUKURU

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha
INKURU NYAMUKURU

Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.
Mu Mahanga

Vision 2020,irasiga abanya Bugesera bose bakoresha amazi meza.

Ubwanditsi 03 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru