• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na Kayumba Nyamwasa mu bikorwa bya RNC

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo afatanije na Kayumba Nyamwasa mu bikorwa bya RNC

Ubwanditsi 04 Jan 2018 ITOHOZA

Leta y’u Burundi nayo iravugwaho gufatanya n’iya Uganda mu gutera inkunga RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, batoza urubyiruko rwo mu nkambi z’impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Uganda na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.

Hamaze iminsi hatangijwe inkambi nshya ya RNC mu gace ka West Nile muri Uganda, itorezwamo urubyiruko rwakuwe mu nkambi z’impunzi hirya no hino muri Uganda, iyi nkambi ikaba ari iya 2 ku yindi isanzwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu gace kitwa Minembwe.

Iyi nkambi ngo yaba iyoborwa n’urwego rushinzwe ubutasi  rw’ingabo za Uganda, CMI, ikaba yakira inkunga irimo ibintu by’ibanze nk’ibiribwa, intwaro, imiti ndetse n’amafaranga biturutse mu gihugu cy’u Burundi, bihagarariwe n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo.

Bamwe mu bari muri iyo nkambi bageze I Burundi aho bahawe ubufasha n’umugaba w’ingabo z’u Burundi General Prime Niyonga, wabaherekeje bakambuka muri Congo I Minembwe ahari inkambi ya RNC.

Leta ya Uganda yo itungwa agatoki mu bikorwa mu nkambi z’impunzi birimo gushakisha imyirondoro y’abakiri bato no kubakangurira kwinjira mu ishyaka RNC riyobowe na Kayumba Nyamwasa.

Uyu mugambi wo gufasha ishyaka RNC umaze iminsi ukorerwa mu nkambi za Nyakivara ndetse na Bweyale Kiryandongo, aho uyobowe na CMI.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, mu nkambi y’impunzi z’Abanyarwanda ya Nyakivara hiriwemo abantu bo mu ishyaka rya RNC baherekejwe n’abakozi ba CMI, aho bagendaga bakora ubukangurambaga cyane mu rubyiruko bwo kubinjiza mu ishyaka RNC, bagenda babasaba imyirondoro barangiza bakagenda bagasiga babijeje ko bazagaruka vuba.

Nubwo uru rubyiruko rurimo gukangurirwa gutwarwa muri RNC, hari andi makuru avuga ko bamwe bashobora kuba bicwa mu gihe banze kujya muri iyo myitozo ya RNC.

Murizo nkambi kandi hakunze kugaragaramo Rugema Kayumba, mubyara wa Kayumba Nyamwasa aho aza ayobowe na Brig. Gen. Abel Kandiho ari na we ushyiraho itsinda ry’abakozi ba CMI riba ribaherekeje muri ibyo bikorwa. Bakaba baherutse gukwirakwiza igihuha cy’amakuru ajyanye n’ishimutwa ry’insoresore mu nkambi z’impunzi z’Abanyarwanda muri Uganda, ibi ngo bigakorwa mu izina ry’u Rwanda hagamijwe kuyobya uburari.

Mu mezi ashize, havuzwe kandi indi raporo yagaragaje ko hari abasirikare 2 barimo Maj. Habib Mudathir ndetse na Capt. Sibo Charles batorotse inkambi z’impunzi zigenzurwa na UNHCR mu gace ka Arua, ubu bakaba ari bamwe mu bagenda bakangurira abasore bakiri bato mu nkambi z’impunzi ngo babajyane mu myitozo y’ishyaka RNC ikorerwa muri West Nile muri Uganda, ahagana ku nkengero za Sudani y’Epfo na RDC.

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Ubwanditsi 26 Jan 2020
Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Ubwanditsi 03 Apr 2017
USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Paris : Inyandiko   zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi  zishobora gushyirwa ku karubanda

Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Ubwanditsi 14 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Big Farious w’i Burundi yarushinze bwa kabiri (Amafoto)
SHOWBIZ

Big Farious w’i Burundi yarushinze bwa kabiri (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa
INKURU NYAMUKURU

Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe
Mu Mahanga

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Ubwanditsi 07 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru