• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Ubwanditsi 02 Nov 2016 ITOHOZA

Mu kiganiro Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James aherutse guha urubyiriko rw’abasore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, yabasangije urugendo rwe kugeza yinjiye mu ngabo zabohoye igihugu.

Gen Kabarebe yabwiye uru rubyiruko ko amateka mabi banyuzemo ndetse n’ubuzima bugoye bahura na bwo bikwiye kubatera umujinya ariko ubaganisha ku gukora bashaka gutera imbere aho guheranwa na byo.

Kabarebe yavuze ko yagiye mu gisirikare nyuma yo guhura n’ibyago bikomeye Abanyarwanda bameneshwaga n’ubutegetsi bwa Uganda.

Yagize ati “Ntabwo nagiye mu gisirikare kuvuga ngo ngiye kubohora u Rwanda, ntabwo nahereye mu gisirikare cy’Inkotanyi, nahereye mu gisirikare cya Uganda, ntabwo nari nzi ko mu buzima bwanjye nzigera mba umusirikare kuko ikintu nangaga kibaho ku Isi, nangaga ikintu cyitwa umusirikare, numvaga nk’Imana imbajije ngo ni iki ushaka nagukorera navuga ngo ica abasirikare bose! Kubera ko aho twabaga twabanaga n’abasirikare babi cyane.”

Yakomeje avuga ko aba basirikare bangaga abantu ariko byagera ku Munyarwanda bakamwanga urunuka.

Umunsi umwe arimo ajya ku ishuri ngo yageze ahantu ahasanga abasirikare bakina amakarita bakimubona bahita babireka batangira kumwigiraho kurasa ariko kubera intera yari aho yanyuraga n’aho bari ku bw’amahirwe ntibamuhamya.

Mu mwaka wa 1982 ubwo Leta ya Uganda yirukanaga Abanyarwanda bari biganjemo aborozi b’inka, yari ari mu biruhuko.

Ngo bamwe biganjemo ababyeyi barabapakiye babageza ku mupaka, abandi na we yarimo bakora urugendo rw’iminsi 21 bashoreye inka.

Gen Kabarebe yagize ati “Ubwo njyewe numvaga kuza mu Rwanda ari ibintu byiza, naravugaga nti ‘ese ubu baraduhimye! Turi abanyarwanda batwirukanye badusubiza mu Rwanda reka twitahire’. Ubwo ababyeyi bacu ntabwo tuzi iyo bagiye kuko twatandukanye na bo twe tuguma dushoreye inka. Iwacu gusa twari dufite inka 200 ariko ku mupaka twahagejeje nka 60.

Nyuma y’iminsi 21 tuba twituye ku mupaka w’u Rwanda, hari akagezi kitwa Umuyanja gatandukanya Uganda n’u Rwanda harimo amazi make, ubwo ariko mu nzira tuba tuje dutoragura utundi twana tw’utunyarwanda twatakaye, tugeze aho ku muyanja dutangiye kwambuka u Rwanda turarubona ari rwiza cyane turishima tuti ‘abatwirukanaga turabacitse’.”

Avuga ko muri iyi minsi yose bagendaga barwana n’abantu bameze nk’interahamwe, kuba bari bageze ku mupaka ngo bakaba barumvaga barokotse.

Bakigera mu mazi y’umuyanja n’inka ngo bagiye kubona babona imodoka yo mu bwoko bwa ‘Jeep’ ije ibasanga ituruka Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, aha ngo akaba ari bwo bwa mbere yari abonye umusirikare w’u Rwanda.

Ativ“Umusirikare araje, ati ‘muri kuva hehe? Musubireyo n’ibyo bika byanyu ntaho byakwirwa muri uru Rwanda!’ Turinginga tuti ‘baratwica’ kandi koko barababonaga badukurikiye, baranga…noneho umusirikare niba yari kaporari niba yari iki areba akana gato cyane, ati ‘ni ko sha ubundi mu Rwanda mwahunze iki’? Akana ntikadukozeho! kati ‘Twahunze abahutu!’.”

Aba basirikare bacyumva uyu mwana ngo barasetse cyane bakajya bamusubirishamo, hanyuma ngo bahita bababwira bati “Ba sha abo mwahunze barahari ntaho bagiye, bati ‘murabona ko u Bugande burabanze, n’u Rwanda rurabanga ni ukuvuga ko n’Imana ibanga’, bati ‘rero nta handi mwajya mwigumire muri ayo mazi, ntimwibeshye ngo muvemo!’.”

Kuva saa yine z’igitondo kugera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba bari mu mazi n’inka kuko ntibashoboraga gusubira inyuma cyangwa ngo bakomeze bajya mu Rwanda kuko bari bategetswe kutarenga aho.

Kabarebe ati “Ayo masaha namaze mu Muyanja ni yo yatumye njya mu gisirikare, uwo munsi ni bwo natekereje ndavuga nti ‘nta kundi, nta yandi mahitamo umuntu afite!’.”

Uburyo yarwanye n’intare

Bumaze kwira ngo kaporali watanze amabwiriza amaze kugenda bigiriye inama yo gushorera inka bakambuka ariko berekeza iya pariki.

Ubwo saa sita z’ijoro bageze muri pariki bahise bacana umuriro bararyama.

Hashize akanya gato yahise yumva intare yivuga, ngo akaba yarajyaga yumva bavuga ko iyo intare yivuze iba ikugezeho mu minota mike.

Mu kanya gato yahise yumva intare iteruye inka irimo inywa amaraso “ubwo haba hajeho intambara, iya kaporali irarangiye haje intambara y’intare, nari ntararwana n’intare mu buzima ariko najyaga numva bavuga ngo iyo urwana n’intare ikaza igusanga ugatera intambwe uhunga iragufata. Kandi ubwo mu Mutara kera sogokuru ubyara data intare yari yarahamwiciye, ndavuga nti ‘iyi ntare yishe sogokuru ntabwo iri bunyicire hano’. Mfata inkoni ndwana n’intare, ifata inyama zose z’inka ifata ibyatsi ibinkubita mu maso irasimbuka kumfata ndayikubita inkoni, igasimbuka ngo ifate ku ijosi nkayihindukirana nkayikubita, abana ndabatinyura turwana n’intare burinda bucya, mu gitondo irambuka iragenda’.”

Muri icyo gitondo bahise berekeza ahitwa i Mahega mu Mutara, hakaba ngo ariho hari hashyizwe inka zose zakuwe Uganda zarahapfiriye.

Basanze inka zarapfiriye muri iki gishanga batangiye gushakisha aho ababyeyi babo bajyanwe baza kubasanga mu nkambi y’ahitwa i Kanyinya.

-4539.jpg

Gen. James Kabarebe Minisitiri w’Ingabo z’Igihugu

Bakigerayo basanze amakamyo abiri yuzuye intumbi zabaga zazize macinya, inzara. Kuko hari haratanzwe amabwiriza ko nta biryo bigomba kuhagera ahita afatwa mu bagombaga kujya gushyingura abo bantu.

Amaze gusanga bose bafashwe na macinya ni bwo yahise afata inzira ya pariki asubira Uganda, aho yagiye Kampala hejuru y’inka mu ikamyo aho yakomerejeho ashakisha uko yinjira mu gisirikari cya Museveni.

Yakomeje agira ati“noneho rero intambara ya Uganda tuyirangije, nibwo haje intambara yo kubohora u Rwanda, bavuze intambara yo kubohora u Rwanda mbyumvise nti wa muvunamuheto kaporari! Nti nzashaka kaporari ariko naramubuze, n’ubwo ntibukaga n’isura ye! ”

Source : Izuba rirashe

2016-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro

Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 19 Sep 2020
Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Amakimbirane muri FDLR-FOCA, hagati ya Gen.Ntawunguka alias OMEGA na Gen. Byiringiro, nyuma y’urupfu rwa Mudacumura

Ubwanditsi 08 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!
Mu Mahanga

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Perezida Kagame yihakanye umukandida wa MDC uvuga ko yagize uruhare mu kongera kubaka u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Kagame yihakanye umukandida wa MDC uvuga ko yagize uruhare mu kongera kubaka u Rwanda

Ubwanditsi 30 May 2018
Abo muri RNC bariye karungu nyuma y’uko Kayumba Nyamwasa atorotse inama yari kubarizwamo iby’amafaranga yariye
Amakuru

Abo muri RNC bariye karungu nyuma y’uko Kayumba Nyamwasa atorotse inama yari kubarizwamo iby’amafaranga yariye

Ubwanditsi 09 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru