• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Ubwanditsi 02 Nov 2016 ITOHOZA

Mu kiganiro Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James aherutse guha urubyiriko rw’abasore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, yabasangije urugendo rwe kugeza yinjiye mu ngabo zabohoye igihugu.

Gen Kabarebe yabwiye uru rubyiruko ko amateka mabi banyuzemo ndetse n’ubuzima bugoye bahura na bwo bikwiye kubatera umujinya ariko ubaganisha ku gukora bashaka gutera imbere aho guheranwa na byo.

Kabarebe yavuze ko yagiye mu gisirikare nyuma yo guhura n’ibyago bikomeye Abanyarwanda bameneshwaga n’ubutegetsi bwa Uganda.

Yagize ati “Ntabwo nagiye mu gisirikare kuvuga ngo ngiye kubohora u Rwanda, ntabwo nahereye mu gisirikare cy’Inkotanyi, nahereye mu gisirikare cya Uganda, ntabwo nari nzi ko mu buzima bwanjye nzigera mba umusirikare kuko ikintu nangaga kibaho ku Isi, nangaga ikintu cyitwa umusirikare, numvaga nk’Imana imbajije ngo ni iki ushaka nagukorera navuga ngo ica abasirikare bose! Kubera ko aho twabaga twabanaga n’abasirikare babi cyane.”

Yakomeje avuga ko aba basirikare bangaga abantu ariko byagera ku Munyarwanda bakamwanga urunuka.

Umunsi umwe arimo ajya ku ishuri ngo yageze ahantu ahasanga abasirikare bakina amakarita bakimubona bahita babireka batangira kumwigiraho kurasa ariko kubera intera yari aho yanyuraga n’aho bari ku bw’amahirwe ntibamuhamya.

Mu mwaka wa 1982 ubwo Leta ya Uganda yirukanaga Abanyarwanda bari biganjemo aborozi b’inka, yari ari mu biruhuko.

Ngo bamwe biganjemo ababyeyi barabapakiye babageza ku mupaka, abandi na we yarimo bakora urugendo rw’iminsi 21 bashoreye inka.

Gen Kabarebe yagize ati “Ubwo njyewe numvaga kuza mu Rwanda ari ibintu byiza, naravugaga nti ‘ese ubu baraduhimye! Turi abanyarwanda batwirukanye badusubiza mu Rwanda reka twitahire’. Ubwo ababyeyi bacu ntabwo tuzi iyo bagiye kuko twatandukanye na bo twe tuguma dushoreye inka. Iwacu gusa twari dufite inka 200 ariko ku mupaka twahagejeje nka 60.

Nyuma y’iminsi 21 tuba twituye ku mupaka w’u Rwanda, hari akagezi kitwa Umuyanja gatandukanya Uganda n’u Rwanda harimo amazi make, ubwo ariko mu nzira tuba tuje dutoragura utundi twana tw’utunyarwanda twatakaye, tugeze aho ku muyanja dutangiye kwambuka u Rwanda turarubona ari rwiza cyane turishima tuti ‘abatwirukanaga turabacitse’.”

Avuga ko muri iyi minsi yose bagendaga barwana n’abantu bameze nk’interahamwe, kuba bari bageze ku mupaka ngo bakaba barumvaga barokotse.

Bakigera mu mazi y’umuyanja n’inka ngo bagiye kubona babona imodoka yo mu bwoko bwa ‘Jeep’ ije ibasanga ituruka Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, aha ngo akaba ari bwo bwa mbere yari abonye umusirikare w’u Rwanda.

Ativ“Umusirikare araje, ati ‘muri kuva hehe? Musubireyo n’ibyo bika byanyu ntaho byakwirwa muri uru Rwanda!’ Turinginga tuti ‘baratwica’ kandi koko barababonaga badukurikiye, baranga…noneho umusirikare niba yari kaporari niba yari iki areba akana gato cyane, ati ‘ni ko sha ubundi mu Rwanda mwahunze iki’? Akana ntikadukozeho! kati ‘Twahunze abahutu!’.”

Aba basirikare bacyumva uyu mwana ngo barasetse cyane bakajya bamusubirishamo, hanyuma ngo bahita bababwira bati “Ba sha abo mwahunze barahari ntaho bagiye, bati ‘murabona ko u Bugande burabanze, n’u Rwanda rurabanga ni ukuvuga ko n’Imana ibanga’, bati ‘rero nta handi mwajya mwigumire muri ayo mazi, ntimwibeshye ngo muvemo!’.”

Kuva saa yine z’igitondo kugera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba bari mu mazi n’inka kuko ntibashoboraga gusubira inyuma cyangwa ngo bakomeze bajya mu Rwanda kuko bari bategetswe kutarenga aho.

Kabarebe ati “Ayo masaha namaze mu Muyanja ni yo yatumye njya mu gisirikare, uwo munsi ni bwo natekereje ndavuga nti ‘nta kundi, nta yandi mahitamo umuntu afite!’.”

Uburyo yarwanye n’intare

Bumaze kwira ngo kaporali watanze amabwiriza amaze kugenda bigiriye inama yo gushorera inka bakambuka ariko berekeza iya pariki.

Ubwo saa sita z’ijoro bageze muri pariki bahise bacana umuriro bararyama.

Hashize akanya gato yahise yumva intare yivuga, ngo akaba yarajyaga yumva bavuga ko iyo intare yivuze iba ikugezeho mu minota mike.

Mu kanya gato yahise yumva intare iteruye inka irimo inywa amaraso “ubwo haba hajeho intambara, iya kaporali irarangiye haje intambara y’intare, nari ntararwana n’intare mu buzima ariko najyaga numva bavuga ngo iyo urwana n’intare ikaza igusanga ugatera intambwe uhunga iragufata. Kandi ubwo mu Mutara kera sogokuru ubyara data intare yari yarahamwiciye, ndavuga nti ‘iyi ntare yishe sogokuru ntabwo iri bunyicire hano’. Mfata inkoni ndwana n’intare, ifata inyama zose z’inka ifata ibyatsi ibinkubita mu maso irasimbuka kumfata ndayikubita inkoni, igasimbuka ngo ifate ku ijosi nkayihindukirana nkayikubita, abana ndabatinyura turwana n’intare burinda bucya, mu gitondo irambuka iragenda’.”

Muri icyo gitondo bahise berekeza ahitwa i Mahega mu Mutara, hakaba ngo ariho hari hashyizwe inka zose zakuwe Uganda zarahapfiriye.

Basanze inka zarapfiriye muri iki gishanga batangiye gushakisha aho ababyeyi babo bajyanwe baza kubasanga mu nkambi y’ahitwa i Kanyinya.

-4539.jpg

Gen. James Kabarebe Minisitiri w’Ingabo z’Igihugu

Bakigerayo basanze amakamyo abiri yuzuye intumbi zabaga zazize macinya, inzara. Kuko hari haratanzwe amabwiriza ko nta biryo bigomba kuhagera ahita afatwa mu bagombaga kujya gushyingura abo bantu.

Amaze gusanga bose bafashwe na macinya ni bwo yahise afata inzira ya pariki asubira Uganda, aho yagiye Kampala hejuru y’inka mu ikamyo aho yakomerejeho ashakisha uko yinjira mu gisirikari cya Museveni.

Yakomeje agira ati“noneho rero intambara ya Uganda tuyirangije, nibwo haje intambara yo kubohora u Rwanda, bavuze intambara yo kubohora u Rwanda mbyumvise nti wa muvunamuheto kaporari! Nti nzashaka kaporari ariko naramubuze, n’ubwo ntibukaga n’isura ye! ”

Source : Izuba rirashe

2016-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024
CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

Ubwanditsi 30 Oct 2018
Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana

Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana

Ubwanditsi 25 Dec 2019
Ubutabera : Kumena icyumba cy’Umwami Kigeli V byari ububandi – Ubuhamya bwa Marie-Claire Cyibukayire

Ubutabera : Kumena icyumba cy’Umwami Kigeli V byari ububandi – Ubuhamya bwa Marie-Claire Cyibukayire

Ubwanditsi 03 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )
ITOHOZA

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Ubwanditsi 12 Jul 2016
Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi
Amakuru

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi
POLITIKI

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Ubwanditsi 07 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru