• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Ubwanditsi 03 Jun 2016 ITOHOZA

Nyuma yo gufungura ishami muri Orlando muri Leta ya Florida muri America n’ I Namur mu Bubiligi muri uyu mwaka, Ministere y’Ijambo ry’Ukuri (Authentic Word Ministries) yafunguye ku mugaragaro Itorero ryayo Zion Temple Celebration Center Indiana muri Leta ya Indiana muri America. Ikaba iri ahitwa South Bend mu gace bita Michiana kabarizwa hagati ya Indiana na Michigan.

Nyuma y’igiterane cy’iminsi itatu cyabaye kuva taliki ya 27 -29/05/2016 cyari kiyobowe n’Umuyobozi Mukuru wa Authentic Word Ministries na Zion Temple Celebration Center ku Isi hose Apostle Dr. Paul Gitwaza itorero Zion Temple Nichiana rikaba ryarafunguwe ku mugaragaro, iri shami rikaba rije ryiyongera ku yandi matorero ya Zion agera kuri 45 ari hirya no hino ku Isi hose.

Iki giterane kikaba cyari kitabiriwe n’abantu barenga 120 baturutse muri Leta zitandukanye zo muri America nka Indiana, Michigan, Illinois, Texas, North Dakota, New York, Calfornia, Georgia, New Jersey, Florida, Massachusetts, ndetse hakaba hari n’abari bakitabiriye bavuye mu Rwanda no muri Canada.

Mu ijambo ry’Imana yigishije, Apostle Dr. Paul Gitwaza yasabye abari aho guha Imana imitima yabo nayo ikabaha umutima wayo kuko aribwo babasha kuyikorera neza no gukunda abantu nkuko ibakunda, ababwira ko umurimo w’Imana ukorwa n’umutima ugakomezwa n’amasengesho, yababwiye kandi ko itorero ridakwiriye kuba nk’ikidendezi ko ahubwo rikwiriye kuba umugezi utemba rikazana impinduka nziza aho rikorera hose mu nzego zose mu boroheje n’abakomeye, ahangaha yababwiye ko bagomba kugira ubwenge bagafata ubutaka n’igihugu Imana yabahaye, by’umwihariko akaba yarasabye itorero rya Zion Temple Indiana ryashinzwe rugomba gusibura Amariba yari yarasibwe (ITANGIRIRO 26:18-22) rikazana ububyutse muri Indiana nk’ubwigeze kuzanwa n’Umukozi w’Imana Lester Frank Samrall mu 1957-1996.

Nyuma y’inyigisho yahatanze Apostle Paul Gitwaza yafunguye ku mugaragaro itorero Zion Temple Michiana anasengera abashumba Francois na Assumpta Bayingana kuribera abayobozi bakuru no kuba Abashumba bemewe muri Zion Temple ku Isi hose no mu mashyirahamwe ibarizwamo.

-2860.jpg

Pastori Francois na Assumpta Bayingana bayoboye Zion Temple Indiana.

Mu ijambo Pasteur Francois na Assumpta Bayingana bagejeje ku bari aho bashimiye Intumwa Paul Gitwaza n’ubuyobozi bwa Zion Temple muri rusange ko bashoboye kubihanganira bakabaha umwanya uhagije wo kwitegura gukora uyu murimo bahamagariwe kuko bari bamaze hafi imyaka igera ku 10 bakora nka Cellule y’amasengesho, bakaba barashimye icyizere bagiriwe kandi bavuga ko biteguye gukorera Imana no kuzana impinduka muri ako gace batuyemo. Twabibutsa ko uyu Pasteur Bayingana Francois yigeze kuba umukinnyi ukomeye muri Rayon Sports mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abari aho bose by’umwihariko abatuye muri Michiana bishimiye gutangira kwa Zion Temple muri ako gace banishimira abashumba bahawe, ndetse benshi bishimira ko igiterane cyasojwe bongeye guhemburwa mu mwuka.

Mu gusoza hakaba hari umuhanuzikazi w’umuzungukazi witwa Wendy wavuze ko ibya Zion Temple Imana yabibahishuriye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ubwo bari barimo bakorera umurimo w’Imana mu Rwanda ngo babwiwe ko hazaza itorero ryitwa Zion rizazana ububyutse mu Rwanda no mu Isi yose ndetse rikazagera n’i Siyoni nyayo I Yerusalemu kandi ibi byamaze gusohora kuko Zion Temple yamaze no gushinga biro yayo I Yerusalemu.

-2859.jpg

Apostle Gitwaza asengera abashumba

-2858.jpg

Apostle Gitwaza n’umuhanzi Willy Uwizeye Iburyo.

-2857.jpg

Iki giterane cyari cyitabiriwe bishimishije.

-2856.jpg

Mu bari bacyitabiriye bavuye mu Rwanda harimo Pasteur Fifi Cameroun (Zion Temple Gisozi), Pasteur Barbara Umuhoza (Zion Temple Gatenga), Pasteur Jean Bosco Kanyengoga( Zion Temple Nyarutarama-Kagugu), Evangelist Christian Ibambasi (Zion Temple Kibagabaga) na Deborah Irakiza (Zion Temple Gatenga).

Gahunda ihari ngo Ni uko hazashingwa Zion Temple muri Leta zose zigize America uko ari 50, itahiwe gufungurwa ikaba ari Zion Temple Dallas muri Leta ya Texas tukaba tuzabagezaho amakuru yabyo mu minsi iri imbere.

Mugire amahoro y’Imana.

Article by Claude Ndayishimiye

2016-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Ubwanditsi 23 May 2018
UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Ubwanditsi 12 Mar 2024
HIMBARA YACITSE URURONDOGORO NYUMA YO KUBONA UKO KAGAME YAKIRIWE MURI SENEGAL NA GUINEA-CONAKRY

HIMBARA YACITSE URURONDOGORO NYUMA YO KUBONA UKO KAGAME YAKIRIWE MURI SENEGAL NA GUINEA-CONAKRY

Ubwanditsi 14 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ –  Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘  n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).
ITOHOZA

Kivu y’Amajyepfo : Intambara iraca ibintu hagati y’Umutwe wa ‘ Gumino Banyamulenge ‘ n’abarwanyi b’Umutwe wa Mai-Mai (Aoci).

Ubwanditsi 31 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru