• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Ubwanditsi 03 Jun 2016 ITOHOZA

Nyuma yo gufungura ishami muri Orlando muri Leta ya Florida muri America n’ I Namur mu Bubiligi muri uyu mwaka, Ministere y’Ijambo ry’Ukuri (Authentic Word Ministries) yafunguye ku mugaragaro Itorero ryayo Zion Temple Celebration Center Indiana muri Leta ya Indiana muri America. Ikaba iri ahitwa South Bend mu gace bita Michiana kabarizwa hagati ya Indiana na Michigan.

Nyuma y’igiterane cy’iminsi itatu cyabaye kuva taliki ya 27 -29/05/2016 cyari kiyobowe n’Umuyobozi Mukuru wa Authentic Word Ministries na Zion Temple Celebration Center ku Isi hose Apostle Dr. Paul Gitwaza itorero Zion Temple Nichiana rikaba ryarafunguwe ku mugaragaro, iri shami rikaba rije ryiyongera ku yandi matorero ya Zion agera kuri 45 ari hirya no hino ku Isi hose.

Iki giterane kikaba cyari kitabiriwe n’abantu barenga 120 baturutse muri Leta zitandukanye zo muri America nka Indiana, Michigan, Illinois, Texas, North Dakota, New York, Calfornia, Georgia, New Jersey, Florida, Massachusetts, ndetse hakaba hari n’abari bakitabiriye bavuye mu Rwanda no muri Canada.

Mu ijambo ry’Imana yigishije, Apostle Dr. Paul Gitwaza yasabye abari aho guha Imana imitima yabo nayo ikabaha umutima wayo kuko aribwo babasha kuyikorera neza no gukunda abantu nkuko ibakunda, ababwira ko umurimo w’Imana ukorwa n’umutima ugakomezwa n’amasengesho, yababwiye kandi ko itorero ridakwiriye kuba nk’ikidendezi ko ahubwo rikwiriye kuba umugezi utemba rikazana impinduka nziza aho rikorera hose mu nzego zose mu boroheje n’abakomeye, ahangaha yababwiye ko bagomba kugira ubwenge bagafata ubutaka n’igihugu Imana yabahaye, by’umwihariko akaba yarasabye itorero rya Zion Temple Indiana ryashinzwe rugomba gusibura Amariba yari yarasibwe (ITANGIRIRO 26:18-22) rikazana ububyutse muri Indiana nk’ubwigeze kuzanwa n’Umukozi w’Imana Lester Frank Samrall mu 1957-1996.

Nyuma y’inyigisho yahatanze Apostle Paul Gitwaza yafunguye ku mugaragaro itorero Zion Temple Michiana anasengera abashumba Francois na Assumpta Bayingana kuribera abayobozi bakuru no kuba Abashumba bemewe muri Zion Temple ku Isi hose no mu mashyirahamwe ibarizwamo.

-2860.jpg

Pastori Francois na Assumpta Bayingana bayoboye Zion Temple Indiana.

Mu ijambo Pasteur Francois na Assumpta Bayingana bagejeje ku bari aho bashimiye Intumwa Paul Gitwaza n’ubuyobozi bwa Zion Temple muri rusange ko bashoboye kubihanganira bakabaha umwanya uhagije wo kwitegura gukora uyu murimo bahamagariwe kuko bari bamaze hafi imyaka igera ku 10 bakora nka Cellule y’amasengesho, bakaba barashimye icyizere bagiriwe kandi bavuga ko biteguye gukorera Imana no kuzana impinduka muri ako gace batuyemo. Twabibutsa ko uyu Pasteur Bayingana Francois yigeze kuba umukinnyi ukomeye muri Rayon Sports mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abari aho bose by’umwihariko abatuye muri Michiana bishimiye gutangira kwa Zion Temple muri ako gace banishimira abashumba bahawe, ndetse benshi bishimira ko igiterane cyasojwe bongeye guhemburwa mu mwuka.

Mu gusoza hakaba hari umuhanuzikazi w’umuzungukazi witwa Wendy wavuze ko ibya Zion Temple Imana yabibahishuriye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ubwo bari barimo bakorera umurimo w’Imana mu Rwanda ngo babwiwe ko hazaza itorero ryitwa Zion rizazana ububyutse mu Rwanda no mu Isi yose ndetse rikazagera n’i Siyoni nyayo I Yerusalemu kandi ibi byamaze gusohora kuko Zion Temple yamaze no gushinga biro yayo I Yerusalemu.

-2859.jpg

Apostle Gitwaza asengera abashumba

-2858.jpg

Apostle Gitwaza n’umuhanzi Willy Uwizeye Iburyo.

-2857.jpg

Iki giterane cyari cyitabiriwe bishimishije.

-2856.jpg

Mu bari bacyitabiriye bavuye mu Rwanda harimo Pasteur Fifi Cameroun (Zion Temple Gisozi), Pasteur Barbara Umuhoza (Zion Temple Gatenga), Pasteur Jean Bosco Kanyengoga( Zion Temple Nyarutarama-Kagugu), Evangelist Christian Ibambasi (Zion Temple Kibagabaga) na Deborah Irakiza (Zion Temple Gatenga).

Gahunda ihari ngo Ni uko hazashingwa Zion Temple muri Leta zose zigize America uko ari 50, itahiwe gufungurwa ikaba ari Zion Temple Dallas muri Leta ya Texas tukaba tuzabagezaho amakuru yabyo mu minsi iri imbere.

Mugire amahoro y’Imana.

Article by Claude Ndayishimiye

2016-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Uganda: CMI Irashinjwa Kugwatira Telephone Y’Umwamikazi Wa Rwenzururu

Ubwanditsi 25 Jul 2018
Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Ubwanditsi 13 Aug 2018
FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.

FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.

Ubwanditsi 23 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amajwi y’agateganyo: FPR Inkotanyi ku isonga na 75 %, nta mukandida wigenga urageza kuri 5%
INKURU NYAMUKURU

Amajwi y’agateganyo: FPR Inkotanyi ku isonga na 75 %, nta mukandida wigenga urageza kuri 5%

Ubwanditsi 04 Sep 2018
Nyamasheke: Abakandida-Depite Ba FPR/Inkotanyi Bahawe Umukoro Mbere Yo Kwizezwa Amajwi
Mu Rwanda

Nyamasheke: Abakandida-Depite Ba FPR/Inkotanyi Bahawe Umukoro Mbere Yo Kwizezwa Amajwi

Ubwanditsi 17 Aug 2018
‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda  yabonye mu Rwanda ngo niyo  yatumye ajya gutabara muri Congo
ITOHOZA

‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda yabonye mu Rwanda ngo niyo yatumye ajya gutabara muri Congo

Ubwanditsi 15 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru