• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Amerika : Igisirikare cyo mu kirere gihangayikishijwe bikomeye na missiles z’ubwirinzi (S-400) z’u Burusiya n’u Bushinwa

Ubwanditsi 23 May 2018 ITOHOZA

Urwego rw’ubwirinzi mu kirere u Burusiya n’u Bushinwa bifite ngo busobanuye ko indege zigezweho za Amerika zishinzwe kugenzura ikirere zishobora guhanurwa ku munsi wa mbere w’intambara igihe yaba yadutse hagati y’ibi bihugu by’ibihangange kw’isi, bikaba byatuma Abanyamerika barwana buhumyi ku rugamba rwo hasi nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga ushinzwe igisirikare cyo mu kirere cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, USAF.

Umunyamabanga ushinzwe igisirikare cyo mu kirere, Heather Wilson, akaba yatangarije ibi komite ishinzwe ubwirinzi ya Senat ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko n’amavugurura bateganya ku ndege zabo, agaragaza ko ikoranabuhanga ry’Abarusiya n’Abashinwa risobanuye ko zizaba ari igipimo cyoroshye nk’uko byatangajwe na Air Force Times.

Madamu Heather Wilson akaba yavugaga ku ndege y’intambara ikoreshwa nka radar ishinzwe gukusanya amakuru ikayaha abasirikare bari ku butaka yiswe E-8C JSTARS.

Iyi nkuru iravuga ko igisirikare cyo mu kirere kitari kumvikana n’abagize Senat bashaka gusimbuza iyi ndege ya JSTARS izindi ndege nshya 17 nubwo cyo kitabishaka.

Igisirikare cyo mu kirere ahubwo cyon go kikaba cyifuza kwihutisha umugambi wacyo w’uburyo butembeye imbere bwo guhangana n’urugamba. Ubu buryo bukaba bugamije guhuriza hamwe ikoreshwa ry’indege zifite abapilote, izidatwarwa n’abapilote zizwi nka drones, ndetse n’ibyogajuru kugirango bagere ku rwego nk’urwo abakeba bariho.

Abagize Senat badakozwa uyu mugambi nabo bakaba bavuga ko batazawutera inkunga y’imari irenze 50% mu gihe JSTARS yaba ishyizwe ku ruhande.

Heather Wilson mu cyumweru gishize akaba yarakomeje gushimangira ko nubwo indege za JSTARS zavugururwa zikongererwa ikoranabuhanga zitahangana n’ubwirinzi bw’Abarusiya n’Abashinwa mu gihe cy’intambara. Avuga ko missile z’Abarusiya n’Abashinwa ziraswa mu kirere zivuye ku butaka (surface-to-air missiles) zifite ubushobozi bwo kugera kure cyane kubw’ibyo indege yabo ikaba yahanurwa ku munsi wa mbere w’urugamba.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba ngo zizi ubwirinzi bwo mu kirere bw’u Burusiya ndetse na missiles zabwo z’ubwirinzi zizwi nka S-400 kugeza ubu zifatwa nk’iza mbere ku Isi zishobora kurasa ikintu kiri mu birometero 400 mu kirere.

Mu kwezi gushize, u Bushinwa nabwo bwabashije kugura ubu bwirinzi bwa S-400 bituma buba igihugu cya kabiri gihanganye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika gitunze iri koranabuhanga rikataje. Bikavugwa ko S-400 ihangayikishije ubuyobozi bw’ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukaba buri gushaka uko bwaziba iki cyuho.

Mu gihe rero ngo kuri ubu u Burusiya bushaka kuzamura ubushobozi bwa S-400 bagakora S-500, birasaba ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’inshuti zazo muri NATO, bongera umuvuduko kuko Abarusiya bashaka gushyira S-500 ku rwego rwo kurasa mu birometero 600 mu kirere akaba ari intera ndende cyane ku buryo nta kintu cyabasha kuvogera ikirere cy’u Burusiya.

 

 

 

2018-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Abantu bataramenyekana bigabije urugo rw’Umwami Kigeli biba impano ze zose

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Ubwanditsi 06 Jan 2020
Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Urupfu rwa Nyampinga wa mbere w’u Burundi rwatunguye benshi

Ubwanditsi 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 11 Feb 2019
Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!
Amakuru

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Ubwanditsi 11 Feb 2025
U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

Ubwanditsi 31 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru