• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda yongeye gutangaza ko ntacyo yahindura ku cyemezo cy’inkiko zo mu Rwanda zakatiye Ingabire Victoire nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo icyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse rusubiramo ko rutazemera ko Urukiko nyafurika rukoreshwa mu kugerageza guhindura ibyo ubutabera bw’igihugu bwakoze.

Urukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu n’Abaturage rufite icyicaro I Arusha muri Tanzania, rwari rwahaye u Rwanda amezi 6 yo gusubiza Ingabire Victoire, wakatiwe igifungo cy’imyaka 15, uburenganzira bwe.

Kubw’uru rukiko, ngo ubutabera bw’u Rwanda bwirengagije uburenganzira bwa Ingabire Victoire bwo gutangaza icyo umuntu atekereza ndetse n’uburenganzira bwo kunganirwa mu mategeko. Mu gihe rero ngo icyo gihe cy’amezi 6 cyenda kurangira, umwunganizi wa Ingabire, Me Catherine Buisman akaba asaba ibisobanuro guverinoma y’u Rwanda, aho yandikiye minisiteri y’ubutabera nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.

Uyu mwunganizi wa Ingabire avuga ko uburyo Ingabire afunzwemo burushaho kuba bubi kuva icyemezo gisaba gusubizwa uburenganzira bwe cyafatwa.

Avuga ko kuva icyo cyemezo cyafatwa habaye guceceka ndetse nta ngamba zafashwe ku ruhande rwa guverinoma y’u Rwanda. Yongeyeho ko ibintu byarushijeho kuba nabi akaba atemerewe kubonana n’umuryango we, kuba atagisurwa n’abantu bo mu ishyaka rye, FDU-Inkingi ngo kuko nabo bafunze.

Ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda ariko, ngo nta mpamvu yo kurekura Ingabire Victoire cyangwa kwita ku cyemezo cy’Urukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, avuga ko urubanza rwa Ingabire rwaburanishijwe uko bikwiye kandi ko :“twasobanuye neza ko bidashoboka kuri Guverinoma y’u Rwanda kwemera ko urukiko nyafurika ruba igikoresho cyo kugerageza guhindura ibyo ubutabera bw’igihugu bwakoze.”

Ambasaderi Nduhungirehe yakomeje agira ati: “Kuri twe icyo kibazo cyakemuwe n’Urukiko rw’Ikirenga rwakatiye bidasubirwa ingabire Victoire imyaka 15 y’igifungo”.

Amb. Nduhungirehe yongeyeho ko hari n’abandi bantu, barimo abagize uruhare muri jenoside bagakatirwa n’inkiko z’u Rwanda bashaka gukoresha uru rukiko nyafurika mu nyungu za politiki. U Rwanda ngo rukaba rwaritandukanyije n’uru rukiko kandi rukaba rutekereza ko inzego z’ubutebera za Afurika zidakwiye gukoreshwa mu nyungu za politiki.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Ubwanditsi 23 Oct 2024
Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Ubwanditsi 28 May 2021
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Imvano y’urwango rwa Museveni ku Banyarwanda

Ubwanditsi 14 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzego z’iperereza n’umutekano za Afurika mu nama I Kigali yiga ku korohereza urujya n’uruza rw’abantu muri Afurika
POLITIKI

Inzego z’iperereza n’umutekano za Afurika mu nama I Kigali yiga ku korohereza urujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 27 May 2017
Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa
Mu Rwanda

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017
APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah
Amakuru

APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah

RUSHYASHYA 03 Jun 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru