• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda yongeye gutangaza ko ntacyo yahindura ku cyemezo cy’inkiko zo mu Rwanda zakatiye Ingabire Victoire nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo icyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse rusubiramo ko rutazemera ko Urukiko nyafurika rukoreshwa mu kugerageza guhindura ibyo ubutabera bw’igihugu bwakoze.

Urukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu n’Abaturage rufite icyicaro I Arusha muri Tanzania, rwari rwahaye u Rwanda amezi 6 yo gusubiza Ingabire Victoire, wakatiwe igifungo cy’imyaka 15, uburenganzira bwe.

Kubw’uru rukiko, ngo ubutabera bw’u Rwanda bwirengagije uburenganzira bwa Ingabire Victoire bwo gutangaza icyo umuntu atekereza ndetse n’uburenganzira bwo kunganirwa mu mategeko. Mu gihe rero ngo icyo gihe cy’amezi 6 cyenda kurangira, umwunganizi wa Ingabire, Me Catherine Buisman akaba asaba ibisobanuro guverinoma y’u Rwanda, aho yandikiye minisiteri y’ubutabera nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.

Uyu mwunganizi wa Ingabire avuga ko uburyo Ingabire afunzwemo burushaho kuba bubi kuva icyemezo gisaba gusubizwa uburenganzira bwe cyafatwa.

Avuga ko kuva icyo cyemezo cyafatwa habaye guceceka ndetse nta ngamba zafashwe ku ruhande rwa guverinoma y’u Rwanda. Yongeyeho ko ibintu byarushijeho kuba nabi akaba atemerewe kubonana n’umuryango we, kuba atagisurwa n’abantu bo mu ishyaka rye, FDU-Inkingi ngo kuko nabo bafunze.

Ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda ariko, ngo nta mpamvu yo kurekura Ingabire Victoire cyangwa kwita ku cyemezo cy’Urukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, avuga ko urubanza rwa Ingabire rwaburanishijwe uko bikwiye kandi ko :“twasobanuye neza ko bidashoboka kuri Guverinoma y’u Rwanda kwemera ko urukiko nyafurika ruba igikoresho cyo kugerageza guhindura ibyo ubutabera bw’igihugu bwakoze.”

Ambasaderi Nduhungirehe yakomeje agira ati: “Kuri twe icyo kibazo cyakemuwe n’Urukiko rw’Ikirenga rwakatiye bidasubirwa ingabire Victoire imyaka 15 y’igifungo”.

Amb. Nduhungirehe yongeyeho ko hari n’abandi bantu, barimo abagize uruhare muri jenoside bagakatirwa n’inkiko z’u Rwanda bashaka gukoresha uru rukiko nyafurika mu nyungu za politiki. U Rwanda ngo rukaba rwaritandukanyije n’uru rukiko kandi rukaba rutekereza ko inzego z’ubutebera za Afurika zidakwiye gukoreshwa mu nyungu za politiki.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Ubwanditsi 10 Jun 2024
RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi

RUSHYASHYA 15 May 2026
Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Ubwanditsi 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yahawe uburenganzira bwo gutangira ingendo muri Amerika
UBUKERARUGENDO

RwandAir yahawe uburenganzira bwo gutangira ingendo muri Amerika

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’
IMIKINO

Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe
ITOHOZA

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru