• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

U Rwanda rukomeje kwemeza ko ntacyo rwahindura ku cyemezo cy’urukiko rwakatiye Ingabire Victoire

Ubwanditsi 31 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda yongeye gutangaza ko ntacyo yahindura ku cyemezo cy’inkiko zo mu Rwanda zakatiye Ingabire Victoire nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo icyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse rusubiramo ko rutazemera ko Urukiko nyafurika rukoreshwa mu kugerageza guhindura ibyo ubutabera bw’igihugu bwakoze.

Urukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu n’Abaturage rufite icyicaro I Arusha muri Tanzania, rwari rwahaye u Rwanda amezi 6 yo gusubiza Ingabire Victoire, wakatiwe igifungo cy’imyaka 15, uburenganzira bwe.

Kubw’uru rukiko, ngo ubutabera bw’u Rwanda bwirengagije uburenganzira bwa Ingabire Victoire bwo gutangaza icyo umuntu atekereza ndetse n’uburenganzira bwo kunganirwa mu mategeko. Mu gihe rero ngo icyo gihe cy’amezi 6 cyenda kurangira, umwunganizi wa Ingabire, Me Catherine Buisman akaba asaba ibisobanuro guverinoma y’u Rwanda, aho yandikiye minisiteri y’ubutabera nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.

Uyu mwunganizi wa Ingabire avuga ko uburyo Ingabire afunzwemo burushaho kuba bubi kuva icyemezo gisaba gusubizwa uburenganzira bwe cyafatwa.

Avuga ko kuva icyo cyemezo cyafatwa habaye guceceka ndetse nta ngamba zafashwe ku ruhande rwa guverinoma y’u Rwanda. Yongeyeho ko ibintu byarushijeho kuba nabi akaba atemerewe kubonana n’umuryango we, kuba atagisurwa n’abantu bo mu ishyaka rye, FDU-Inkingi ngo kuko nabo bafunze.

Ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda ariko, ngo nta mpamvu yo kurekura Ingabire Victoire cyangwa kwita ku cyemezo cy’Urukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, avuga ko urubanza rwa Ingabire rwaburanishijwe uko bikwiye kandi ko :“twasobanuye neza ko bidashoboka kuri Guverinoma y’u Rwanda kwemera ko urukiko nyafurika ruba igikoresho cyo kugerageza guhindura ibyo ubutabera bw’igihugu bwakoze.”

Ambasaderi Nduhungirehe yakomeje agira ati: “Kuri twe icyo kibazo cyakemuwe n’Urukiko rw’Ikirenga rwakatiye bidasubirwa ingabire Victoire imyaka 15 y’igifungo”.

Amb. Nduhungirehe yongeyeho ko hari n’abandi bantu, barimo abagize uruhare muri jenoside bagakatirwa n’inkiko z’u Rwanda bashaka gukoresha uru rukiko nyafurika mu nyungu za politiki. U Rwanda ngo rukaba rwaritandukanyije n’uru rukiko kandi rukaba rutekereza ko inzego z’ubutebera za Afurika zidakwiye gukoreshwa mu nyungu za politiki.

2018-05-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2020
Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2018
Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Ubwanditsi 20 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu
Mu Rwanda

Perezida Kagame yashimye ubutwari bw’abahaze ubuzima babohora igihugu

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo
SHOWBIZ

Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa
Amakuru

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Ubwanditsi 02 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru