• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Ubwanditsi 11 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nk’uko bitangazwa n’ ikinyamakuru mpuzamahanga cy’Abongereza, Reuters, igihugu cy’Afrika y’Epfo gikomeje kongera umubare w’abasirikari bacyo muri Kongo, aho bafatanya na Leta y’icyo gihugu ndetse n’abajenosideri ba FDLR gutsemba Abakongomani.

Reuters ivuga ko muri iyi minsi 7 ishize, indege yo mu bwoko bwa Cargo IL-76, ifite nomero EX-76008, yakoze ingendo nibura eshanu hagati ya Pretoria na Lubumbashi, kugeza ubu ikaba imaze kuzana abasirikari bari hagati ya 700 na 800, biyongera ku bandi basanzwe mu ntambara ya Kongo.

Afrika y’Epfo isanganywe abasirikari babarirwa mu 3.000 muri Kongo, barimo abari muri SADC n’abari muri Monusco.

Nyuma y’aho M23 ifatiye ikibuga cy’indege cya Goma, ndetse ikaba isatira n’icya Kavumu muri Kivu y’Amajyepfo, abasirikari ba SADC barimo n’abo muri Afrika y’Epfo, bafite ingorane mu kugeza abarwanyi, ibikoresho n’ibiribwa ku murongo w’urugamba mu burasirazuba bwa Kongo, bakaba rero bifashisha ikibuga cy’ingege cya Lubumbashi, kiri mu bilometero 1.500 mu majyepfo ya Goma!

Hari n’amakuru avuga ko SADC irimo gukoresha n’ikibuga cya Bujumbura, ariko umutekano w’ibihanyuzwa ukaba utizewe neza, kuko cyegeranye na Kivu y’Amajyepfo M23 yamaze gushingamo ibirindiro.

Ibi byo kongera umubare w’abasirikare muri Kongo, Perezida Ramaphosa arabikora agamije kwihorera ku mutwe wa M23, uherutse kwisasira ingabo nyinshi z’Afrika y’Epfo, mu ntambara yo kwigarurira umujyi wa Goma n’inkengero zawo.

Afrika y’Epfo ivuga ko yapfushije abasirikari 14, ndetse imirambo yabo ikaba yaramaze kugezwa muri Afrika y’Epfo, icyakora ababikurikiranira hafi bemeza ko uwo mubare urenga cyane, kuko abasirikari b’Afrika y’Epfo batashoboye kwegeranya imirambo yose ya bagenzi babo, dore ko ngo yari inyanyagiye ahabereye imirwano.

Magingo aya kandi hari abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo bari mu maboko ya M23, nk’imfungwa z’intambara. Kongera umubare w’ingabo muri Kongo rero, nabyo ngo byaba biri mu mugambi wo kubabohoza ku ngufu, no kwisubiza ibikoresho bya gisirikari byinshi kandi bya rutura, M23 yafatiye i Goma.

Afrika y’Epfo irakomeza gutiza umurindi intambara ya Kongo, yirengagije ko inama yahurije Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba na bagenzi babo bo mu Muryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, i Dar Es Salaam, mu mpera z’icyumweru gishize, yanzuye ko iyo miryango yombi yafasha Kongo kurangiza ikibazo cyayo binyuze gusa mu nzira y’imishyikirano.

Ramaphosa arongera umubare w’abasirikari muri Kongo, mu gihe ahubwo Inteko Ishinga Amategeko imwotsa igitutu, isaba ko n’ abanzwe yo bataha vuba na bwangu, none ararushaho kubashora mu ibagiro.

Abaturage b’Afrika y’Epfo binubira ko Ramaphosa yohereje abana babo gupfira mu ntambara afitemo inyungu ze bwite. Ngo bapfa ku bwinshi kuko batazi neza agace barwaniramo, ndetse ngo batanafite ibikoresho bihagije.

Abasesengura intambara ya Kongo bahamya ko kurwanya M23 ari ubwiyahuzi, kuko ifite impamvu irwanira, ikagira ubuhanga n’umurava kurusha abo ihanganye nabo.

2025-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Ubwanditsi 10 Sep 2022
U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽

U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽

RUSHYASHYA 10 Mar 2026
Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Ubwanditsi 14 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi
Mu Mahanga

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.
INKURU NYAMUKURU

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru