• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Ubwanditsi 11 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nk’uko bitangazwa n’ ikinyamakuru mpuzamahanga cy’Abongereza, Reuters, igihugu cy’Afrika y’Epfo gikomeje kongera umubare w’abasirikari bacyo muri Kongo, aho bafatanya na Leta y’icyo gihugu ndetse n’abajenosideri ba FDLR gutsemba Abakongomani.

Reuters ivuga ko muri iyi minsi 7 ishize, indege yo mu bwoko bwa Cargo IL-76, ifite nomero EX-76008, yakoze ingendo nibura eshanu hagati ya Pretoria na Lubumbashi, kugeza ubu ikaba imaze kuzana abasirikari bari hagati ya 700 na 800, biyongera ku bandi basanzwe mu ntambara ya Kongo.

Afrika y’Epfo isanganywe abasirikari babarirwa mu 3.000 muri Kongo, barimo abari muri SADC n’abari muri Monusco.

Nyuma y’aho M23 ifatiye ikibuga cy’indege cya Goma, ndetse ikaba isatira n’icya Kavumu muri Kivu y’Amajyepfo, abasirikari ba SADC barimo n’abo muri Afrika y’Epfo, bafite ingorane mu kugeza abarwanyi, ibikoresho n’ibiribwa ku murongo w’urugamba mu burasirazuba bwa Kongo, bakaba rero bifashisha ikibuga cy’ingege cya Lubumbashi, kiri mu bilometero 1.500 mu majyepfo ya Goma!

Hari n’amakuru avuga ko SADC irimo gukoresha n’ikibuga cya Bujumbura, ariko umutekano w’ibihanyuzwa ukaba utizewe neza, kuko cyegeranye na Kivu y’Amajyepfo M23 yamaze gushingamo ibirindiro.

Ibi byo kongera umubare w’abasirikare muri Kongo, Perezida Ramaphosa arabikora agamije kwihorera ku mutwe wa M23, uherutse kwisasira ingabo nyinshi z’Afrika y’Epfo, mu ntambara yo kwigarurira umujyi wa Goma n’inkengero zawo.

Afrika y’Epfo ivuga ko yapfushije abasirikari 14, ndetse imirambo yabo ikaba yaramaze kugezwa muri Afrika y’Epfo, icyakora ababikurikiranira hafi bemeza ko uwo mubare urenga cyane, kuko abasirikari b’Afrika y’Epfo batashoboye kwegeranya imirambo yose ya bagenzi babo, dore ko ngo yari inyanyagiye ahabereye imirwano.

Magingo aya kandi hari abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo bari mu maboko ya M23, nk’imfungwa z’intambara. Kongera umubare w’ingabo muri Kongo rero, nabyo ngo byaba biri mu mugambi wo kubabohoza ku ngufu, no kwisubiza ibikoresho bya gisirikari byinshi kandi bya rutura, M23 yafatiye i Goma.

Afrika y’Epfo irakomeza gutiza umurindi intambara ya Kongo, yirengagije ko inama yahurije Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba na bagenzi babo bo mu Muryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, i Dar Es Salaam, mu mpera z’icyumweru gishize, yanzuye ko iyo miryango yombi yafasha Kongo kurangiza ikibazo cyayo binyuze gusa mu nzira y’imishyikirano.

Ramaphosa arongera umubare w’abasirikari muri Kongo, mu gihe ahubwo Inteko Ishinga Amategeko imwotsa igitutu, isaba ko n’ abanzwe yo bataha vuba na bwangu, none ararushaho kubashora mu ibagiro.

Abaturage b’Afrika y’Epfo binubira ko Ramaphosa yohereje abana babo gupfira mu ntambara afitemo inyungu ze bwite. Ngo bapfa ku bwinshi kuko batazi neza agace barwaniramo, ndetse ngo batanafite ibikoresho bihagije.

Abasesengura intambara ya Kongo bahamya ko kurwanya M23 ari ubwiyahuzi, kuko ifite impamvu irwanira, ikagira ubuhanga n’umurava kurusha abo ihanganye nabo.

2025-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Ubwanditsi 07 Apr 2024
U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Ubwanditsi 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa mu mazi abira nyuma yo kwamburwa ubuhunzi na Afurika y’Epfo
POLITIKI

Kayumba Nyamwasa mu mazi abira nyuma yo kwamburwa ubuhunzi na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 29 May 2017
Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro
INKURU NYAMUKURU

Brazaville : Abanyarwanda bakuriweho sitati y’ ubuhunzi barahigwa bufuni na buhoro

Ubwanditsi 06 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru