• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

Ubwanditsi 11 Apr 2016 Mu Mahanga

Guverinoma y’u Rwanda yateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers bivuga ko umwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda yafunguye konti muri banki zo mu bihugu byo hanze mu myaka ya za 90 hagamijwe kunyereza imisoro.

Ikinyamakuru Panama Papers kivuga ko, Brig. Gen. Emmanuel Ndahiro, umwizerwa wa perezida Kagame nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga, wigeze kuba umuganga we, umujyanama mu bijyanye n’umutekano n’umuvugizi, yabaye umuyobozi (Director) w’ikigo kitwa Debden Investiments Limited cyari cyanditse muri British Virgin Islands muri Nzeri 1998.

-2617.jpg

Brig. Gen. Ndahiro Emmanuel

Byavuzwe ko iki kigo cya Debden gitunze indege

Ngo ubwo yabaga umuyobozi w’icyo kigo, handitswe ko Ndahiro yabaga mu nkengero za London y’uburengerazuba.

Muri raporo ya Panama Papers kandi havugwamo undi Munyarwanda witwa Hatari Sekoko, wigeze kuba mu ngabo z’u Rwanda kuri ubu akaba yikorera, bikavugwa ko icyo kigo cyari icye (Company’s owner).

-2616.jpg

Hatari Sekoko

Agira icyo ivuga kuri ibi byatangajwe na Panama Papers, Minisiteri y’imari y’u Rwanda yavuze ko Debden Investiments Ltd, ari ikigo cyashinzwe mu 1998 na Guverinoma y’inzibacyuho yari iriho mu Rwanda nk’igikoresho cyagombaga guha umutekano serivisi z’ingenzi za leta icyo gihe yakoreraga mu buryo burimo amananiza.

-2618.jpg

Clever Gatete Minisitiri w’Imari.

Itangazo Chimpreports ivuga ko yabashije kubona kuri uyu wa Kabiri rivuga ko izo serivisi harimo gukodesha mu buryo bwizewemo umutekano uburyo bwo gutwara abayobozi ba guverinoma.

Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko Debden Investiments Ltd yakoreshejwe mu mucyo kandi nta nyungu z’umuntu ku giti cye zari zikurikiranwe cyangwa ngo habeho guhererekanya amafaranga mu buryo bunyuranije n’amategeko no gukwepa imisoro. Iki kigo ngo kikaba cyarafunzwe mu 2010.

Panama Papers mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo yashyize ku karubanda inyandiko zigaragaza ukuntu abayobozi, abacuruzi bakomeye n’ibindi bikomerezwa hirya no hino ku Isi harimo no mu Rwanda bagiye bakoresha uburyo bw’amanyanga ngo babashe kunyereza imisoro mu bihugu byabo babifashijwemo n’ikigo cyo muri Panama cyitwa Mossak Fonseka.

Inyandiko za Panama Papers zigaragaza uburyo Mossak Fonseka yafashije abakiriya bayo guhishira amafaranga afite inkomoko mbi [itemewe n’amategeko], guhunga ibihano, ndetse no gukwepa imisoro.

Muri iki cyumweru miliyoni 11 z’inyandiko zari zifitwe n’ikigo gishinzwe guhagararira abantu mu mategeko Mossak Fonseka zahawe igitangazamauru cy’Ubudage Sueddeutche Zeitung, nacyo kiziha ikigo gikora itangazamakuru ricukumbuye (ICIJ) maze zihita zikwira hose ku buryo nka Ministiri w’intebe wa Iceland, Sigmundur Gunnlaugsson, yeguye, abaye umuntu ukomeye wa mbere uhutajwe n’amakuru yasohowe n’ibinyamakuru byo muri Panama.

Ayo makuru yakuwe mu kigo cy’abunganira abantu mu mategeko- Mossack Fonseca- yagaragaje ko Bwana Gunnlaugsson afite ikigo cy’ubucuruzi cyitwa Wintris afatanije n’umugore we. Ariko ntabwo yigeze avuga uwo mutungo ubwo yinjiraga mu nteko nshinga mategeko. Yarezwe ko yahishe za miliyoni z’amadolari. Bwana Gunnlaugsson yavuze ko yagurishije imigabane ku mugore we, kubera izo mpamvu aravuga ko ari nta kosa yakoze.

Abantu barenga 70 ku isi, barimo abakuru b’ibihugu bari k’ubuyobozi n’ababuvuyeho, baravugwa muri izo nyandiko.

Umwanditsi wacu

2016-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka  Genocide ku bufatanye na FDLR

Kagame aremeza ko i Burundi hashobora kwaduka Genocide ku bufatanye na FDLR

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Tombola ya 1/4 cy’imikino ya UEFA Champions league isize Real Madrid izahura na Chelsea naho Manchester City izakine na Atletico Madrid

Ubwanditsi 18 Mar 2022
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ubwanditsi 19 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi
Amakuru

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Ubwanditsi 24 May 2022
U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu
Amakuru

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.
Amakuru

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Ubwanditsi 14 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru