• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Mu Burundi, muri ba basirikari 500 bavanywe muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize hasigaye ngerere

Ubwanditsi 22 Jan 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Aba ni abasirikari basaga 500 b’Abarundi bavanywe muri Kivu y’Amajyaruguru muri Kongo kuva tariki 10 Ukuboza umwaka ushize, bajyanwa mu bigo bya gisirikari binyuranye, birimo icya Mujejuru, Rebero na Cibitoke, bazira kuba barabajije impamvu nyakuri ituma bajya gutakariza ubuzima mu ntambara igihugu cyabo kidafitemo inyungu.

Amakuru dukesha ibitangazamakuru binyuranye, aravuga ko kuva izo ntwaramuheto zagezwa mu Burundi zatangiye kwicwa urwagashinyaguro, harimo kubicisha inkoni, kubima amazi n’ibyo kurya, ndetse bagatabwa mu byobo rusange bamwe bataranashiramo umwuka.

Imiryango yabo rero, ndetse n’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu, biratabariza bake bagihumeka, kuko ngo niba ubutegetsi bwa Jenerali NEVA butunamuye icumu, nabo mbarwa basigaye ushatse wababarira iminsi yo kubaho.

Ayo makuru avuga ko ubu abakirushya iminsi bimuriwe muri gereza mbi cyane ya Muzinda, aho badasurwa, ntibavuzwe, mbese bariho mu buzima burutwa no gupfa ukavaho.

Abenshi mu bari muri ako kaga, ni abahoze mu gisirikari cyo ku butegetsi bwa Perezida Buyoya, biganjemo abo mu bwoko bw’Abatutsi, ari naho abakurikiranira hafi ibyo mu Burundi bemereza ko uyu mugambi uri muri gahunda ndende ya Hutu-pawa no kwihorera, biranga ubutegetsi bwa CNDD-FDD.

Abo mu miryango yabo bagerageje kubaza akanunu k’abavandimwe babo, ndetse ngo banamenye igihe bazagerezwa imbere y’inkiko, ubuyobozi bubasubiza ko abo basirikari bagiye muri RED-Tabara irwanya ubutegetsi, abandi ngo bakaba barahisemo kwifatanya na bene wabo b’Abatutsi bo mu mutwe w’Abanyekongo wa M23.

Kuva u Burundi bwatangira kohereza abasoda gufatanya na Leta ya Kongo kurwanya M23, abamaze kugwa mu mirwano barabarirwa mu bihumbi, ndetse M23 ikaba idasiba kumurika abo yagize imfungwa z’intambara. Imwe mu mpamvu zituma bahura n’uruva gusenya, ni ukutamenya neza agace barwaniramo, kuba baravangavanzwe n’imitwe yitwara kijura, ariko cyane cyane kubera kutagira impamvu yo kurwana.

Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse kwishongora ku baburiye ababo muri iyo ntambara ireba Abanyekongo ubwabo, ko nta gitangaje kuba umusirikari yagwa ku rugamba, kabone niyo baba benshi, ngo kuko ariyo miterere y’inshingano zabo. Icyo atashoboye gusobanura ariko, ni impamvu Abarundi bambikwa impuzankano(uniform) z’igisoda cya Kongo, aho kwambara umwambaro uranga, ukanatera ishema intwaramuheto z’uBurundi, niba koko zariyemeje kumenera amaraso abaturanyi beza b’Abanyekongo.

2024-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Uganda : Andi makuru agaragaza uburyo CMI na RNC barimo guhatira abanyarwanda kwinjira mu gisirikare cya Kayumba

Ubwanditsi 29 Apr 2019
Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Imikino ibanza ya ½ cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo iratangira Gicumbi na Etoile de l’Est zibanza hanze

Ubwanditsi 09 Oct 2021
Hahamagawe abakinnyi 12 b’ikipe y’igihugu y’abagore ikina umukino wa sitting volley yitegura Paralempike ya 2020 izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021

Hahamagawe abakinnyi 12 b’ikipe y’igihugu y’abagore ikina umukino wa sitting volley yitegura Paralempike ya 2020 izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021

Ubwanditsi 13 Mar 2021
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Ubwanditsi 18 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0
Amakuru

Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Ubwanditsi 19 Sep 2022
Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye
Mu Rwanda

Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye

Ubwanditsi 17 Apr 2017
AMERIKA: Umunyarwandakazi Magaly Pearl ari gukorana indirimbo na Producer Masterkraft wamamaye muri Nigeria
SHOWBIZ

AMERIKA: Umunyarwandakazi Magaly Pearl ari gukorana indirimbo na Producer Masterkraft wamamaye muri Nigeria

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru