• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ubwanditsi 29 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Rubavu na Nyaruguru, Col Pascal Muhizi yijeje abaturage ko umutekano ku mbibi z’igihugu aho bashinzwe umutekano wifashe neza neza 100%, abasaba kwima amatwi ibivugwa n’abarwanya ubutegetsi bari hanze y’igihugu kuko ngo ntaho bamenera ngo bahungabanye umutekano.

Col Pascal Muhizi uyobora ingabo mu turere twa Nyabihu na Rubavu mu nama n’abaturage bo mu Murenge wa Gisenyi, yabanje guhumuriza abaturage abizeza ko umutekano wifashe neza.

“Ku mutekano rero, ku mbibi z’igihugu, cyane cyane twebwe aho tudipoloyinga ahangaha kuva kuri grande barriere..kugenda tukagabana no mu majyaruguru y’igihugu, Musanze, umutekano ni mwiza. Ku mbibi z’igihugu nk’ingabo z’igihugu dushinzwe,umutekano ni mwiza 100%. Nta n’ikibazo kinahari.”

Col Muhizi kandi yakomeje amara impungenge abaturage ko mu karere bakoreramo nk’ingabo no mu bice bafitemo inyungu no mu bice byo hirya kure biboneka ko umwanzi yabyifashisha akabatera, hose bahagenzura ku buryo nta bwoba habateye.

Kimwe no mu zindi nama ubuyobozi bw’akarere n’ubw’ingabo bagiriye mu yindi mirenge itandukanye, Col Muhizi yongeye gushimangira ko umuturage uzahishira ushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’abarutuye nawe bizamugwa nabi.

Yanabasabye kwima amatwi abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari hanze y’igihugu.

Ati: “Impamvu iyo tuvuga intambara cyangwa se tugaragaza amakenga yatuma abantu bagaruka mu byo babayemo, ntabwo ari ubwoba. Ni uko tuzi intambara icyo ivuze kuko, ihungabanya abantu. Ariko twe nta ntambara tubona nta na threat tubona…nta bya bindi mwirirwa bamwe musoma..ngo tract..ngo ziraje.., ntabwo nabuza umuntu usoma gusoma ibi bintu, ariko unabishoboye wanabireka. Kuko ibintu byandikwa niba ari na Ferdinand Nahimana mu Burayi.., ibintu byandikwa na nde iyo ngiyo kure..urabisoma ngo inkuru iri interesting ni iyihe irimo? Usibye kukurangaza ko Abanyarwanda dukunda rimwe na rimwe amakuru atari na meza, ariko bazahirahire noneho baze bavaneho iyo ntambara y’amagambo ..ni baze.”

Col. Muhizi Pascal yakomeje asaba abaturage gutangira amakuru ku gihe kugirango babashe guhashya abajura n’abambura abaturage ibyabo ku buryo hari uduce tumwe na tumwe ngo abantu batinya kunyuramo kubera amabandi ahabarizwa. Yavuze ko ku ruhande rwabo nabo barimo guhiga abakora ubu bujura mu buryo bwose.

Yagize ati: “Mu mujyi naho ubujura bwari bumazemo iminsi, turabona ko bugabanuka, kandi turacyakomeza kubahiga bukware dukoresheje ubwenge ubwo ari bwo bwose, hajyamo abasirikare bambaye uniform, twakoresha…dupfa kubarwanya gusa tukabahashya tukabamaramo. Kuko njye ntabwo naturana n’umujura ngo umuntu bamunigiye hariya..ngo bamukuyemo umukufi..ngo agakapu ngo ntagenda, ngo mu ikoromero nta muntu uhaca ninjoro, ubwo se ubwo tuba tumaze iki?”

Ubuyobozi bw’ingabo kandi bwahaye gasopo abantu bakoresha inzira zitazwi mu masaha ya ninjoro bajya cyangwa bava muri Congo kuko abazabikora bizabagiraho ingaruka.

Col Muhizi ati: “Izo nzira uzinyuramo wese ninjoro aba afite ikimugenza kandi kitari cyiza. Iyo tugufatiyemo rero ni ukuvuga ..tuvugana ururimi rwa gisirikare kuko nawe ubwo uba uri umusirikare ninjoro.”

 

2018-07-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Abajenosideri n’ibigarasha byo muri Mozambique mu bihuha bitagira epfo na ruguru basebya RDF

Ubwanditsi 09 Feb 2022
Cyamunara, amanyanga no kugambanira imitungo y’Abaturage mu ma Banki,  bikomeje kuzambya ubukungu bw’u Rwanda

Cyamunara, amanyanga no kugambanira imitungo y’Abaturage mu ma Banki, bikomeje kuzambya ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Dec 2019
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ubwanditsi 21 Jan 2021

2 Ibitekerezo

  1. Jimmy
    July 29, 201812:10 pm -

    Turashimira ingabo z’Ihugu zitubera ahakomeye. Turashimira na colonel Pascal kubwubunyamwuga, ubutwari ndetse nubupfura bimuranga.

    Subiza
  2. niyogihozo
    July 31, 20186:13 am -

    Byizaaaaa. Murakoze afande Pascal kandi umurimo mukora ni mwiza Imana izajye ibaha umugisha natwe tubari inyuma . Imana izamure u Rwanda rwacu irutuzemo ituze ingoma ibihumbi.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!
Amakuru

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024
Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi
Mu Rwanda

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ubwanditsi 04 Mar 2017
RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba
ITOHOZA

RDC: Urunturuntu mu nyeshyamba za Gumino zikorana n’iza Kayumba

Ubwanditsi 09 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru