• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Ikibazo cy’iterabwoba Perezida Kagame akibona nk’icyakemuka ngo n’ubwo gikomeye

Editorial 28 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu nama y’Akanama k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe Gashinzwe Amahoro n’Umutekano, yabereye i Addis Ababa muri Ethiopie ku wa Gatandatu tariki ya 27 Mutarama 2018, yibanze cyane ku kibazo cy’iterabwoba, Perezida Kagame yakigarutseho avuga ko n’ubwo kugikemura bigoranye ariko bishoboka.

Perezida Kagame avuga ko muri Afurika hagaragara impamvu z’iterabwoba kandi na none hakaba n’izindi zituruka hanze ziryongera harimo n’impamvu y’abimukira , gusa agashimangira ko bishoboka gushakirwa umuti.

Avuga ko ubu abakora iterabwoba baturuka mu bihugu batsinzwemo, bakajya kurihembera mu bindi, yagize ati “Abakora iterabwoba baraturuka mu bice batsinzwemo ku rwego rufatika nka Syria, Iraq, barashakisha aho bakwihisha ngo bahakorere bagere ku ntego. Urwo ruhurirane rurarushaho gukomeza ikibazo.”

Perezida Kagame avuga ko umuti w’ibi bibazo mbere na mbere ari ukwishyira hamwe kw’ibihugu, bigashaka umuti w’ikibazo bigihereye mu mizi.

Ati “Dukeneye kujya ku mizi y’ibi byose tukareba hejuru y’ibyo uko ibihugu byakwishyira hamwe, bigasuzuma bihereye mu mizi y’ikibazo, impamvu zituma kigorana ariko tukanashyira imbaraga zacu hamwe”.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rwiteguye kuba umufatanyabikorwa ukomeye muri ibi bikorwa byo guhashya iterabwoba kandi rufatanyije n’ibindi bihugu biri muri uru rugamba.

Iki kibazo cy’iterabwoba, Perezida Kagame avuga ko gikomeye ariko ko cyakemuka, ati “Ntabwo ntekereza ko ari ikibazo kitakemuka nubwo gikomeye cyane. Ariko dushobora guhuza imbaraga, hari amakuru y’iperereza aba ahari dushobora gusangira, ubundi hakagira igikorwa duhereye kuri ibyo.”

Iyi nama yibanze ku kibazo cy’iterabwoba, yabanjirije Inteko rusange ya 30 y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU),  itangira kuri iki Cyumweru tariki ya 28 Mutarama 2018.

Iyi nama iraba iyobowe na Perezida Kagame, ibiteganywa kuyikorerwamo no itorwa ry’ubuyobozi bw’inama y’inteko rusange ndetse n’umuyobozi wa AU mu mwaka wa 2019.

2018-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Congo Brazzaville: Perezida Kagame asanga Afurika itatera imbere abaturage batagenderana

Editorial 11 Sep 2019
Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC

Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC

Editorial 25 Jul 2020
Uganda: NRM inyuma y’ibiganiro mu nteko byo kongera manda y’Abadepite

Uganda: NRM inyuma y’ibiganiro mu nteko byo kongera manda y’Abadepite

Editorial 20 Dec 2017
Kwicisha bugufi no guteza imbere Abanyarwanda, mu bizaranga FPR mu myaka 2 iri imbere

Kwicisha bugufi no guteza imbere Abanyarwanda, mu bizaranga FPR mu myaka 2 iri imbere

Editorial 17 Dec 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    November 6, 20186:50 am -

    Ararota kumanywa kinaramukomereye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 01 May 2025
Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC
IMIKINO

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Editorial 06 Mar 2018
Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Editorial 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru