• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Igitekerezo cy’Umusomyi Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Igitekerezo cy’Umusomyi Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Ubwanditsi 02 Sep 2016 POLITIKI

Rushyashya n’ikinyamakuru gifite ibyitso hose kw’isi ari nayo mpamvu ar’ikinyamakuru kizewe.

Kugez’ubu nta wunyomoza inkuru zanditswe kuko ar’iz’ukuri uretse abambari b’ibigarasha kuko bihisha muri media yitwa Rugali kandi ibigarasha bifite impamyabushobozi yo gusebya no kuba ibigwari ku rubuga rwa politike.Ubwo buswa bwuzuye kuri za media zabo kuko bananiwe kugira icyo babwira Abanyarwanda,mu rwego rwa politike,ariko bakifashisha amazimwe n’amatiku bahererekanya ku mbuga,nabo ngo babone icyo bavuga.

Ariko uhakana ubugore ngo aragarama.Hazagire unyomoza rushyashya ku makuru y’ibigarasha byo hanze aha,atange naza preuves maze natwe abanditsi tuzahe rushyashya noneho amakuru y’akar’imurore k’izi nyangarwanda tubana,cyane cyane muri Diaspora.Uwo tutaziye se tuzi nyina.Habayeho ugihe Abanyarwanda bahungaga igihugu bitewe n’imyifatire yabo mibi,bakurikiranwaho ibyaha bitandukanye.

Ar’abajura,ar’abagambanyi,ar’abatekamutwe,ar’abishakira amaramuko yabo,yewe ndetse n’abanyeshuli boherezwa na Leta kwiga.barangiza amashuli bagahitamo kuguma mu mahanga.

Hari n’Interahamwe zahunze Gacaca,hari Abajenosideri banyanyagijwe n’Abazungu cyane cyane Abafaransa ku butaka bw’i Burayi no muri Amerika,hagakubitiraho,Ibigarasha byatatiye igihango.Kubera ipfunwe,ikimwaro no hugemuka,bageze mu mahanga bashinga za radio zituka ubutegetsei bwacu twitoreye,ndetse bamwe babigiramo business bacuruza utugambo tudafutuye.

-3933.jpg

Perezida Kagame kurugamba rwo kubohora Igihugu

Maze haduka haje abiyita ko babanye na Kagame mw’ishyamba,abiyise inkoramutima ze,nkaho we atagira umuryango n’inshuti zidahemuka.Abo bageze hanze,za Nterahamwe ziti tugize Imana tubonye noneho abantu bazadufasha urugamba rwo kwangiza igihugu n’ubuyobozi,kandi bari hafi ya Nyakubahwa Paul Kagame.Baravuga ye! Barasebya biratinda,ureste ko babaye nk’incoreke zivug’amazimwe,abantu b’abagabo nka Jean Paul Turayishimye,wubahutse kuniga umukecuru abitumwe na Kayumba shebuja.

Iyo nkuru ntawutayizi.Ubu niwe uhagarariye Radio Mazimwe ya RNC.Vuvuzela Serge Ndayizeye urara mu modoka kuko yirukanwe mu nzu n’umugore we.Himbara ,Drug Addict,Redcom uwo nyina yashatse guta mu ruzi bamugarurira hafi,ndetse n’izindi ndindagizi ntiriwe mvuga amazina kuko ni benshi.

Rero burya si buno twari twarabahariye urubuga,rwo gusenya igihugu na H.Ewacu,muvuga amahomvo ,mwubahuka umuryango we muwandagaza nkuko ubwanyu mwandagariye ku gasozi.Kuv’ubu mukenyere duhangane,tubashyire ku karubanda amanywa y’ihangu,mumenye ko tutazatinya ababakingira ikibaba bar’i Kigali bihishe inyuma y’imyanya bahawe no kwitwaza Ubuhutu ngo nuko ntawukoma rutenderi.

Ntawe tuvumbaho imyanya n’amaramuko.hanze twifashe neza cyane mu gaciro twahawe na His Excellency.Ntawuzadukanga ahubwo tuzamukandagira.Murabe mwumva,abo mbwira mukuruguture amatwi Museruke niba mufite ukuri mukugaragaze,mujye ahabona.Ibyo binyoma mukwiza hose ngo muramuke,ntibizabagaburira ubuziraherezo.

Twe dufite igihugu nyabagendwa,dufite Intare Umwami w’ishyamba,turarya turahumeka,turatarama bigatinda,umutekano wacu turanawugemura mu mahanga,Abanyarwanda turakeye,Abari n’abategarugori barasa na bike,baremye nta mupanga bikeka.Ya majosi yongeye kuba maremare kuko inka zikamwa.Iyo nzara muririmba ni mwe muyifite,cyane cyane y’ubutegetsi mutazapfa mubonye.

Ibyabananiye mu kiri mu gihugu sibyo muzashobora mwububa,muhakirizwa.

Mwitonde,murye izo ntica ntikize y’Abazungu,ahasigaye muharire Intore Izirusha intambwe,ubushobozi bwo kuyobora igihugu kuko ngo Agati gateretswe n’Imana ntigahungabanywa n’umuyaga.

Ntako mutagize ariko muraruhira ubusa.

-3932.jpg

Mutezintare Jean-Michel
Cleveland-Ohio

2016-09-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit

U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Rwanda -Uganda :  Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye  [ Igice 5 ]

Rwanda -Uganda : Ibidasanzwe Perezida Kagame yagezeho mu miyoborere ye [ Igice 5 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Ubwanditsi 10 Mar 2025
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino
Mu Mahanga

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Ubwanditsi 21 Jan 2020
Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi
Amakuru

Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Ubwanditsi 12 Jul 2021
Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro
HIRYA NO HINO

Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 24 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru