• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Ubwanditsi 12 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ikipe ya Raja Cassablanca yo mu gihugu cya Maroc yaraye yegukanye igikombe cya CAF Confederations Cup ya 2021, ni nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya JS Kalbie yo mu gihugu cya Algeria ibitego 2 kuri 1 mu mukino wabereye mu mujyi wa Cotonou mu gihugu cya Benin.

Ni umukino wa nyuma watangiye ikipe ya Raja itangira neza ubwo hari ku munota wa gatanu w’umukino nibwo rutahizamu w’umunya Maroc Soufiane Rahimi yafunguye amazamu y’ikipe ya Kablie, ntibyaje gutinda ko haboneka ikindi gitego cya kabiri cyatsinzwe na rutahizamu ukomoka muri Kongo Kinshasa Ben Malango ubwo hari ku munota wa 14 w’umukino.

Iminota 45 y’igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye Raja iyoboye ku bitego bibiri ku busa.

Bavuye ku ruhuka ku munota wa 46 w’umukino, ikipe ya JS Kablie yabonye igitego kimwe cy’impozamarira cyatsinzwe na Mohammed Zakaria, nyuma y’iminota 15 ubwo hari kuwa 63 ikipe ya Raja yabonye ikarita itukura kuri Omar Arjoune ukina mu kibuga hagati, gusigara ari abakinnyi 10 mu kibuga ntacyo byafashije Kablie kuba yakwegukana itsinzi kuko umukino warangiye kuri bya bitego 2 bya Raja kuri 1 cya Kablie bityo ikipe yari ihagarariye igihugu cya Maroc yegukana igikombe ityo.

Raja Casssablanca yegukanye igikombe cyayo cya kabiri cya CAF Confederations Cup nyuma yaho yaherukaga kwegukana iki gikomebmu mwaka w’imikino wa 2019 ubwo yatwaye iki gikombe itsinze ikipe ya As Vita Club ku giteranyo cy’ibitego 4–3 mu mikino yombi.

CAF Confederations Cup ya 2020-2021 yatangiye gukinwa guhera ku itariki ya 27 Ugushyingo 2020 riza gusubikwa ku ya 19 Gashyantare 2021 kubera koronavirusi yari yibasiye isi, iri rushanwa ryaje komgera gukina ku ya 10 Werurwe 2021 risozwa kuya 10 Nyakanga 2021.

Iri rushanwa ryakinwemo imikino 61 hatsindwamo ibitego 11, kugeza ubu risojwe rutahizamu wa Raja Cassablanca Ben Malango ariwe watsinze ibitego byinshi aho kugeza ubu ayoboye abandi n’ibitego bitandatu.
Nyuma yo kwegukana iri rushanwa, ubuyobozi bwa Raja Cassablanca bwemereye buri mukinnyi agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 12 by’amadorali y’Amerika.

Iyi kipe kandi ikaba itegereje kuzakina umukino uruta iyindi ku mugabane wa Afurika uzwi nka CAF Super Cup izakina n’ikipe izatwara irushwanwa rya CAF Champions League, ni umukino uteganyijwe ku itariki ya 17 Nyakanga 2021 ukazahuza ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri na Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo.

2021-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Perezida Kagame na Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Perezida Kagame na Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Ubwanditsi 10 Apr 2016
Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Ubwanditsi 18 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lt Gen Mushyo Kamanzi  niwe  Mugaba  mukuru  mushya w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo
ITOHOZA

Lt Gen Mushyo Kamanzi niwe Mugaba mukuru mushya w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Wari uzi ko Diamond Platinumz ubu wabaye ikirangirire yibye nyina umubyara ngo akunde atangire umuziki? Incamake y’ubuzima we
SHOWBIZ

Wari uzi ko Diamond Platinumz ubu wabaye ikirangirire yibye nyina umubyara ngo akunde atangire umuziki? Incamake y’ubuzima we

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru