• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Sibomana Athanase wavuze ko ntacyo atinya kuki yikanga baringa?   |   16 Sep 2026

  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Ubwanditsi 12 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ikipe ya Raja Cassablanca yo mu gihugu cya Maroc yaraye yegukanye igikombe cya CAF Confederations Cup ya 2021, ni nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya JS Kalbie yo mu gihugu cya Algeria ibitego 2 kuri 1 mu mukino wabereye mu mujyi wa Cotonou mu gihugu cya Benin.

Ni umukino wa nyuma watangiye ikipe ya Raja itangira neza ubwo hari ku munota wa gatanu w’umukino nibwo rutahizamu w’umunya Maroc Soufiane Rahimi yafunguye amazamu y’ikipe ya Kablie, ntibyaje gutinda ko haboneka ikindi gitego cya kabiri cyatsinzwe na rutahizamu ukomoka muri Kongo Kinshasa Ben Malango ubwo hari ku munota wa 14 w’umukino.

Iminota 45 y’igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye Raja iyoboye ku bitego bibiri ku busa.

Bavuye ku ruhuka ku munota wa 46 w’umukino, ikipe ya JS Kablie yabonye igitego kimwe cy’impozamarira cyatsinzwe na Mohammed Zakaria, nyuma y’iminota 15 ubwo hari kuwa 63 ikipe ya Raja yabonye ikarita itukura kuri Omar Arjoune ukina mu kibuga hagati, gusigara ari abakinnyi 10 mu kibuga ntacyo byafashije Kablie kuba yakwegukana itsinzi kuko umukino warangiye kuri bya bitego 2 bya Raja kuri 1 cya Kablie bityo ikipe yari ihagarariye igihugu cya Maroc yegukana igikombe ityo.

Raja Casssablanca yegukanye igikombe cyayo cya kabiri cya CAF Confederations Cup nyuma yaho yaherukaga kwegukana iki gikomebmu mwaka w’imikino wa 2019 ubwo yatwaye iki gikombe itsinze ikipe ya As Vita Club ku giteranyo cy’ibitego 4–3 mu mikino yombi.

CAF Confederations Cup ya 2020-2021 yatangiye gukinwa guhera ku itariki ya 27 Ugushyingo 2020 riza gusubikwa ku ya 19 Gashyantare 2021 kubera koronavirusi yari yibasiye isi, iri rushanwa ryaje komgera gukina ku ya 10 Werurwe 2021 risozwa kuya 10 Nyakanga 2021.

Iri rushanwa ryakinwemo imikino 61 hatsindwamo ibitego 11, kugeza ubu risojwe rutahizamu wa Raja Cassablanca Ben Malango ariwe watsinze ibitego byinshi aho kugeza ubu ayoboye abandi n’ibitego bitandatu.
Nyuma yo kwegukana iri rushanwa, ubuyobozi bwa Raja Cassablanca bwemereye buri mukinnyi agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 12 by’amadorali y’Amerika.

Iyi kipe kandi ikaba itegereje kuzakina umukino uruta iyindi ku mugabane wa Afurika uzwi nka CAF Super Cup izakina n’ikipe izatwara irushwanwa rya CAF Champions League, ni umukino uteganyijwe ku itariki ya 17 Nyakanga 2021 ukazahuza ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri na Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo.

2021-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Ubwanditsi 04 Oct 2017
U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo

U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo

RUSHYASHYA 26 Aug 2026
Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ubwanditsi 12 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  yageze i Kinshasa aho  yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi
POLITIKI

Perezida Kagame yageze i Kinshasa aho yitabiriye umuhango w’ishyingurwa na Etienne Tshisekedi

Ubwanditsi 31 May 2019
Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana
Mu Mahanga

Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Uko Gén. Prime Niyongabo, agemura ibiryo, intwaro n’ibikoresho, n’uko atanga imiti  mu nkambi y’imyitozo igamije gutera u Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Uko Gén. Prime Niyongabo, agemura ibiryo, intwaro n’ibikoresho, n’uko atanga imiti mu nkambi y’imyitozo igamije gutera u Rwanda.

Ubwanditsi 18 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru