• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida Kagame ashyigikiye Golden State Warriors mu mikino ya nyuma ya NBA

Perezida Kagame ashyigikiye Golden State Warriors mu mikino ya nyuma ya NBA

Ubwanditsi 03 Jun 2016 IMIKINO

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko ashyigikiye ikipe ya Golden State Warriors mu mikino ya nyuma y’irushanwa ry’umukino wa basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA).

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Kamena 2016 nibwo hatangira imikino ya nyuma bita “NBA Finals” hagati ya Golden State Warriors na Cleveland Cavaliers nk’uko zari zahuye umwaka ushize.

Nk’umukunzi w’imikino muri rusange cyane cyane umupira w’amaguru, tennis na basketball; Perezida Kagame ashyigikiye ko Golden State Warriors yisubiza igikombe yegukanye umwaka ushize.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Perezida Kagame yishimiye ko Golden State Warriors yabonye itike yo gukina imikino ya nyuma y’iri rushanwa rikomeye ku Isi muri uyu mukino nyuma yo gutsinda Oklahoma City Thunder imikino 4 kuri 3 mu mikino ya nyuma yo mu Burengerazuba.

-2843.jpg

Perezida Paul Kagame aherutse mu nama yiga ku iterambere rya basketball muri Afurika i Toronto, akaba yagaragaje ko afana Golden State Warriors (Ifoto/Village Urugwiro)

Perezida Kagame nyamara anakunda Oklahoma City Thunder kuko yanditse agira ati “Wari wisanga muri ibi bihe? Amakipe nkunda kurusha ayandi yahuriye ku mikino ya nyuma ya NBA mu Burengerazuba. OKC v GSW. Nishimiye iyatsinze iyo ari yo yose.”

-2837.jpg

Yongeyeho ati “Nuko nuko Golden State Warriors !!! Nzabashyigikira muri uru rugendo muzahuramo na Cleveland Cavaliers.”

-2838.jpg

Mu mukino ya nyuma y’irushanwa rya NBA bita “NBA Playoffs”, amakipe 8 mu Burengerazuba n’andi 8 mu Burasirazuba ahura hagati yayo akishakamo imwe imwe ku mpande zombi bityo izo ebyiri zigahurira ku mikino ya nyuma.

Buri kipe ikina n’iyindi imikino 7 ariko itanze indi imikino 4 ni yo iba itsinze.

Imikino ya nyuma yo ku rwego rw’igihugu cyose ari yo “NBA Finals” na yo ni uko bigenda kugeza ubwo imwe itanga indi gutsinda imikino ine.

Mu mwaka ushize, Golden State Warriors iyobowe na Stephen Curry yatsinze Cleveland Cavaliers ya LeBron James, imikino 4 kuri 1 yegukana gutyo igikombe cya shampiyona ya NBA cy’umwaka wa 2014-2015 hashize imyaka 40.

-2839.jpg

Ishusho igaragaza uko imikino ya NBA Playoffs yagenze na gahunda y’uko NBA Finals zizakurikirana (Ifoto/Internet)

-2840.jpg

Ikipe zombi Perezida Kagame afana (Golden State Warriors na Oklahoma City Thunder) zahuriye ku mikino ya nyuma yo mu Burengerazuba (Ifoto/NBA)

-2841.jpg

Warriors ni yo yegukanye igikombe cyo mu gace k’Uburengerazuba (Ifoto/NBA)

-2842.jpg

Cleveland Cavaliers ni yo yegukanye igikombe cyo mu gace k’Uburasirazuba (Ifoto/NBA)

Source: Izuba rirashe

2016-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impera z’icyumweru zisize amakipe ahagaririye u Rwanda adahiriwe mu marushanwa atandukanye y’intoki ya BeachVolleyball , Volleyball ndetse na Basketball

Impera z’icyumweru zisize amakipe ahagaririye u Rwanda adahiriwe mu marushanwa atandukanye y’intoki ya BeachVolleyball , Volleyball ndetse na Basketball

Ubwanditsi 19 Jul 2021
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye siporo rusange , aboneraho gusura ibice bitandukanye birimo Biryogo

Ubwanditsi 01 May 2022
AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali

Ubwanditsi 26 Jun 2025
Lionel Messi yakuyeho agahigo Cristiano Ronaldo yari amaranye iminsi

Lionel Messi yakuyeho agahigo Cristiano Ronaldo yari amaranye iminsi

Ubwanditsi 30 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ –  Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…
ITOHOZA

Macron muri UN ati: Jenosides, France, amakosa, ibibi byinshi, uruhare…

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya
POLITIKI

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru